Kwiyandikisha ku bifuza kuzitabira iki gikorwa gihuriza hamwe abanyarwanda n’inshuti zarwo, biri gukorwa binyuze kuri www.rwandaday.rw.
Rwanda Day igiye kuba nyuma y’imyaka ine itaba kubera impamvu zitandukanye zirimo n’icyorezo cya Covid-19. Izabera i Washington DC mu Cyumweru cya mbere cya Gashyantare 2024 ku itariki ebyiri n’eshatu.
Exciting news!
The long-awaited #RwandaDay returns after a temporary pandemic pause.
Join us in Washington D.C. from Feb 2 to 3, 2024.
Mark your calendar and REGISTER TODAY at https://t.co/mULHmIY8RY to secure your seat!
Stay tuned for more details. pic.twitter.com/XbRgXe20e0— Rwanda Day (@RwandaDay) December 22, 2023
Yaherukaga kuba mu 2019 mu Mujyi wa Bonn mu Budage ubwo yari yitabiriwe n’Abanyarwanda baturutse mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane w’u Burayi.
Ni umunsi umaze kumenyerwa nk’uhuza Abanyarwanda bo mu gihugu, ababa mu mahanga n’inshuti z’u Rwanda, bagahuzwa n’intego imwe yo kuganira ku cyarushaho guteza imbere igihugu cyabo.
Yatangiye gutegurwa mu 2010 ndetse imaze kuba inshuro 10. Mbere y’uko ibera mu Budage, yari imaze kwitabirwa n’abantu basaga ibihumbi 35.
Imaze kubera mu mijyi irimo Bruxelles, Chicago, Paris, Boston, Londres, Toronto, Atlanta, Dallas, Amsterdam, San Francisco, Ghent na Bonn.
Inkuru bifitanye isano: Rwanda Day igiye kubera i Washington DC



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!