00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ambasaderi Karamba yakiriye abo mu rugaga rw’Abavoka mu Rwanda bitabiriye inama y’akarere i Addis Ababa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 28 November 2025 saa 11:49
Yasuwe :

Ambasaderi w’u Rwanda muri Ethiopie, Charles Karamba, yahuye n’itsinda ry’Abanyarwanda bahagarariye Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda mu nama ngarukamwaka ihuza ingaga z’Abavoka muri Afurika y’Iburasirazuba, i Addis Ababa.

Bahuye kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2025, i Addis Ababa ahabereye iyi nama, nk’uko byatangajwe na Ambasade y’u Rwanda muri Ethiopie.

Nyuma y’uku guhura, Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda (RBA), rubinyujije ku rubuga rwa X, bashimiye Ambasaderi Karamba wakiranye urugwiro itsinda ribahagarariye muri Ethiopie.

Bati "Wakoze Amb. Charles Karamba ku bwo kwakira itsinda rya RBA. ibitekerezo byawe bidasanzwe, inama zifatika ndetse n’ibiganiro byubaka wagiranye n’abitabiriye iyi nama, byerekanye ishusho ngari kandi byongera uruhare rwabo muri iyi nama."

Ihuriro ry’Inganga z’Abavoka muri Afurika y’Iburasirazuba (EALS) irizihiza imyaka 30 imaze iteza imbere ubutabera, kwihuriza hamwe kw’akarere, kubahiriza amategeko muri Afurika y’Iburasirazuba. U Rwanda rukomeje kuba ku isonga mu guteza imbere umuryango w’abanyamategeko uhamye kandi uhuje imbaraga.

East Africa Law Society (EALS) ni ihuriro ry’abanyamategeko bo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, yashinzwe mu 1995, rikagira icyicaro i Arusha muri Tanzania. Rihuza ingaga z’abanyamategeko bo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, harimo Kenya, Uganda, Tanzania, u Rwanda, u Burundi, Sudani y’Epfo na Zanzibar, ndetse n’abanyamategeko ku giti cyabo barenga ibihumbi bibarizwa muri ibyo bihugu.

Inshingano za EALS ni uguteza imbere umwuga w’ubwunganizi mu mategeko, kurengera ihame ry’ubutabera, guteza imbere imiyoborere myiza no kurengera uburenganzira bwa muntu mu karere. Ikora binyuze mu bikorwa byo guhugura abanyamategeko, gushyigikira ubufatanye mu by’amategeko hagati y’ibihugu, kunoza imikorere ihuriweho yo gutanga ubutabera, no kuba ijwi rihagarariye ubutabera, demokarasi n’imiyoborere myiza muri Afurika y’Iburasirazuba.

Ambasaderi Karamba yakiriye abo mu rugaga rw'Abavoka mu Rwanda bitabiriye inama ya EAC i Addis Ababa
Amb. Karamba yagiranye ibiganiro b'abanyamategeko baturutse mu Rwanda
Inama ya EALS yabereye muri Ethiopie

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages