Uyu muhango wabaye ku wa Gatanu tariki ya 4 Nyakanga 2025, witabiriwe na bamwe mu bayobozi ba Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Hongrie, bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’icyo gihugu, abahagarariye ibihugu byabo n’abikorera.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Hongrie, Marguerite Françoise Nyagahura, yavuze ko Umunsi wo Kwibohora ufite amateka afite uburemere n’agaciro gakomeye ku Banyarwanda.
Ati “Ni umunsi twibuka ubutwari n’ubwitange bwa bamwe muri twe baharanira amahoro, ubumwe n’agaciro tubayeho uyu munsi mu mudendezo.”
Yavuze kandi ko kubera ubuyobozi bwiza bureba kure burangajwe imbere na Perezida Kagame, u Rwanda rwashoboye kwiyubaka rugera kuri byinshi mu rwego rw’ubumwe n’ubwiyunge, iterambere mu bukungu, imibereho myiza, amahoro n’umutekano.
Ati “U Rwanda rwashoboye kubaka umubano n’ibihugu bitandukanye ku Isi, aho rwashoboye kubyigiraho byinshi no kwakira inkunga yarufashishije mu ntabwe yo kwiyubaka.”
Katalin Nyirati, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Afurika muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubucuruzi ya Hongrie, yerekanye ishema bafitiye Abanyarwanda ku bw’ubutwari bwabo, ubumwe, kudateshuka ku ntego mu kwiyubakira igihugu gitekanye no kubanisha abenegihugu amahoro.
Yavuze ko amateka yo kwibohora no gushobora kubaka u Rwanda nyuma ya Jenoside, ari ayo gufatirwaho urugero, agaragaza ko icyo cyerekezo n’iyo myumvire u Rwanda rubisangiye na Hongrie.
Yashimye kandi umubano urangwa hagati y’u Rwanda na Hongrie uburyo utera imbere, atanga urugero rw’imishinga ihari, ingendo z’abayobozi ndetse n’icyemezo cy’ibihugu byombi cyo gufungura ibiro bihagarariye inyungu zabyo.
Abitabiriye uwo muhango kandi basusurukijwe n’imbyino za Kinyarwanda, zabyinwe n’itorero ryitwa Ibitangaza, rigizwe ahanini n’abanyeshuri biga muri kaminuza zitandukanye zo muri Hongrie.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!