Ni muri urwo RwegoUrwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB, rwahawe umwanya rukamurikira amashusho agaragaza ubukerarugendo mu Rwanda muri uyu muhango wo gufungura ku mugaragaro iri murikagurisha ryafunguwe na Minisitiri ushinzwe Ubukerarugendo na Siporo muri iki gihugu.
Nk’umufatanyabikorwa w’imena, u Rwanda ruhagarariwe muri iki gihugu na Amb. Prof. Shyaka Anastase, akaba ari umwe mu bafashe ijambo rifungura iri murikagurisha.
Mu ijambo rye, Amb. Shyaka yashimye umubano uri hagati y’ibihugu byombi ukomeje kugenda neza ndetse ashimira n’abateguye iri Murikagurisha kuba bagize u Rwanda umufatanyabikorwa w’imena, ku nshuro yarwo ya mbere rwitabira iri murika rya "TT Warsaw-2025".
Yagarutse kandi kuri Visit Rwanda, ati "Ni ikirango cy’ubudasa bw’u Rwanda, kandi u Rwanda ni indashyikirwa mu kwakira abarugana".
Mu ijambo rya Minisitiri w’Ubukerarugendo na Siporo, yashimiye u Rwanda ko rwemeye kuba umufatanyabikorwa muri iki gikorwa.
Ati "Nakwibutsa abateraniye aha ko twishimiye uko u Rwanda rwateguye Shampiyona y’Isi y’isiganwa ry’amagare-2025 i Kigali."
Amb. Shyaka, mu kiganiro na IGIHE, yashimiye RDB, ashimira abakora ibikorwa bishingiye ku bukerarugendo, ibigo bigera ku munani byaturutse mu Rwanda.
Ati "Ni iby’agaciro kuba turi kumwe hano, kuko bazadufasha kumurika ibyiza by’u Rwanda mu bukerarugendo muri iyi minsi itatu tuzamara hano."
Iki gikorwa cyagaragayemo itorero Icyeza ryo muri Pologne, aho abasore n’inkumi barigize batembye mu nka, bakizihira ababareba.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!