00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urugendo rw’u Rwanda rurakomeje- Amb James Kimonyo ku Kwibohora 32

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 5 July 2026 saa 07:45
Yasuwe :

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, James Kimonyo, yavuze ko nubwo mu myaka irenga 30 ishize, u Rwanda rumaze kugera kuri byinshi benshi batatekerezaga, urugendo rugikomeje kandi hakiri ikivi cyo kusa.

Yabigarutseho ubwo abadiplomate n’inshuti z’u Rwanda bo muri Afurika, Aziya, u Burayi n’ahandi ku Isi, bari bateraniye i Beijing muri St Regis Hotel mu Karere ka Chaoyang, mu birori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 32 yo Kwibohora k’u Rwanda.

Ni ibirori byibanze ku kwishimira intambwe igihugu kimaze gutera nyuma y’ihagarikwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 no gukuraho ubutegetsi bubi.

Byagarutse kandi ku gushimangira umubano mwiza hagati y’u Rwanda n’u Bushinwa, mu gihe ibihugu byombi byitegura kwizihiza imyaka 55 y’umubano ushingiye kuri dipolomasi.

Mu ijambo rye, Ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa, James Kimonyo, yasabye abari aho kuzirikana ko urugendo rwo kubaka igihugu rugikomeza.

Yagize ati “Ibi bitwibutsa ko tutaragera iyo tujya, binyuze mu kutwibutsa neza ko urugendo rw’u Rwanda rukomeje.”

“Kwibohora si ukwibuka gusa intsinzi ku kibi, ahubwo ni no kwishimira ukwihangana kudasanzwe kw’abaturage bacu hamwe n’ubuyobozi bufite icyerekezo bwafashije u Rwanda kuzamuka, kwiyubaka no gutera imbere.”

Liu Xianfa, wari uhagarariye Guverinoma y’u Bushinwa muri ibi birori, yashimangiye ubufatanye bw’ibihugu byombi avuga ko “Mu buyobozi bw’icyerekezo bwa Perezida Xi Jinping na Perezida Paul Kagame, u Bushinwa n’u Rwanda bizakomeza kugendera hamwe mu nzira igana ku iterambere.”

Liu Xianfa yanagaragaje ko ubufatanye mu by’ubukungu ku bihugu byombi bukomeje gutanga umusaruro ufatika, aho ibyo u Rwanda rwohereza mu Bushinwa byiyongereyeho 42% mu mwaka wa 2025 kubera gahunda y’u Bushinwa yo gukuraho imisoro ku bicuruzwa bya Afurika.

Ati “Mu myaka isaga 50 ishize, nubwo imiterere y’Isi igenda ihindagurika, u Bushinwa n’u Rwanda buri gihe byagiye byubahana kandi bigafashanya, ibyatumye hubakwa ubucuti bwa kivandimwe ndetse byera imbuto nziza mu bufatanye mu nzego zinyuranye.”

Ibi birori byabaye umwanya wo gusubiza amaso inyuma hagamijwe gushima abigomwe byose ngo igihugu kibe kigeze aho kiri uyu munsi.

Isabukuru yo Kwibohora yibutsa amateka yanditswe tariki ya 4 Nyakanga 1994, ubwo ingabo za RPA ziyobowe na Perezida Paul Kagame zafataga Umurwa Mukuru wa Kigali, zigahagarika Jenoside yakorewe Abatutsi yari imaze gutwara ubuzima bw’inzirakarengane zirenga miliyoni imwe.

Ubu butwari bwabaye iherezo ry’ubutegetsi bwari bwarimakaje ivangura n’urwango rwabuzaga amahwemo Abanyarwanda kugeza ubwo abenshi baba impunzi mu bihugu bituranyi.

Ibyo byasimbuwe n’icyerekezo gishya gishingiye ku bumwe, kubazwa inshingano, no gutekereza byagutse , byatumye u Rwanda rwiyubaka rwihuse rwongera kuba igihugu gitekanye kandi gitera imbere cyane muri Afurika.

Ibi birori byitabiriwe n'abantu b'ingeri zitandukanye
Ambasaderi w'u Rwanda mu Bushinwa, James Kimonyo, yasabye abari aho kuzirikana ko urugendo rwo kubaka igihugu rugikomeza
Liu Xianfa, wari uhagarariye Guverinoma y'u Bushinwa muri ibi birori, yashimangiye ubufatanye bw'ibihugu byombi
Hishimiwe intambwe u Rwanda rumaze gutera, hakatwa cake
Hashimiwe abanyeshuri b'Abanyarwanda mu Bushinwa basoje amasomo yabo muri uyu mwaka
Abari aho basusurikijwe n'imbyino gakondo z'u Rwanda
Abahagarariye ibihugu byabo mu bya gisirikare mu Bushinwa bitabiriye uyu muhango
Abahagarariye ibihugu byabo mu Bushinwa bifatanyije n'u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages