Uyu muhango wayobowe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Turukiya, Lt. Gen Ceasar Kayizari, washimiye cyane abahagarariye Abanyarwanda kugera kuri iki gikorwa, ndetse abibutsa ko bagomba gukoresha neza ubwo buryo bashyizeho buzabafasha gutanga amakuru.
Umuyobozi w’Abanyrwanda baba muri Turukiya, Mbarushimana Hassan, yavuze ko ibi bikorwa biri mu byo bari bariyemeje gukora none ubu bikaba byamaze gushyirwa ahagaragara kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Ukuboza 2015.
Mbarushimana ashima ubwitange Abanyarwanda baba muri Turukiya bagaragaza kugira ngo ibikorwa nk’ibyo bibashe kugerwaho ndetse agashimira ubuyobozi bwa Ambassade y’u Rwanda bwakomeje kubatera ingabo mu bitugu mu buryo butandukanye, harimo inama bubagira mu bikorwa byabo bya buri munsi.
’Like Rwandans’, ni umuyoboro uzafasha guhuza ibikorwa byinshi by’Abanyarwanda batuye muri Turukiya nk’uburyo bwo kumurika igihugu cyabo aho bagiye n’aho batuye.
Hifashishijwe urubuga www.rct.rw, Abanyarwanda baba muri Turukiya bazashobora kubona no gutanga amakuru akenewe ndetse banamenye amahirwe aboneka mu Rwanda mu bijyanye n’ishoramari.
Imwe mu mpamvu nyamukuru yatumye hatekerezwa uru rubuga, ni ukwerekana andi mahirwe ari muri Turkey mu burezi ku bashaka kuhakomereza amasomo.
Igihugu cya Turukiya giherereye ku migabane ibiri, Asia n’uBurayi, ubu hakaba habarirwa Abanyarwanda bagera ku 153.



















TANGA IGITEKEREZO