00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda baba muri Kenya bizihije Umuganura

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 25 September 2023 saa 12:52
Yasuwe :

Umuryango mugari w’Abanyarwanda baba muri Kenya bizihije Umunsi w’Umuganura, bashimirwa uruhare bakomeje kugira mu iterambere ry’u Rwanda.

Ibi birori byitabiriwe n’abasaga 500 barimo Abanyarwanda baba muri Kenya n’inshuti zabo, waranzwe n’ibikorwa bitandukanye byagarutse ku muco w’u Rwanda nko guha abana amata, imbyino za Kinyarwanda no guca imigani.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Kenya, Martin Ngoga, yabwiye abitabiriye ibi birori ko Umuganura usobanuye byinshi ku bumwe bw’Abanyarwanda.

Ati “Umuganura ni ikimenyetso cy’ubumwe bwarangaga Abanyarwanda bo hambere, abantu bishyiraga hamwe mu kwishimira imbuto z’ibyo bakoreye ndetse banakasangira n’abataragize umusaruro uhagije. Uyu ni umuco ugifite agaciro kuri uyu munsi kuko ubumwe nibwo u Rwanda rwubakiyeho.”

Yakomeje ashimira Abanyarwanda baba muri iki gihugu uburyo badahwema kugira uruhare mu iterambere ry’u Rwanda by’umwihariko ku bufasha batanze ku bagizweho ingaruka n’ibiza.

Ati “Ndabashimira uburyo mwafashije abavandimwe bacu bagizweho ingaruka n’ibiza byabaye muri Gicurasi uyu mwaka, n’uburyo iteka muhora mugira uruhare mu gufasha guverinoma mu bikorwa by’iterambere. Abanyarwanda nitwe igihugu cyacu gifite mujye muhora mubizirikana.”

Umuganura ni umuhango ukomeye mu muco n’amateka by’u Rwanda kuko utuma Abanyarwanda bunga ubumwe bagasangirira hamwe ibyo bungutse.

Abanyarwanda baba muri Kenya bishimiye ibirori by'Umuganura
Uyu muhango witabiriwe n'abasaga 500
Muri ibi birori habayemo n'umwanya wo guca imigani
Abana bahawe amata mu kwizihiza Umunsi w'Umuganura
Abanyarwanda baba muri Kenya basusurikijwe mu mbyino za Kinyarwanda
Ambasaderi w'u Rwanda muri Kenya, Martin Ngoga yashimiye Abanyarwanda baba muri iki gihugu ku bw’umusanzu bagira mu iterambere ry'igihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages