00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda baba muri Mozambique bizihije Umunsi w’Umuganura (Amafoto)

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 29 August 2023 saa 08:21
Yasuwe :

Ku bufatanye n’Umuryango w’Abanyarwanda baba mu mahanga (Rwandan Community Abroad), Abanyarwanda baba muri Mozambique bizihije Umunsi w’Umuganura, bibutswa inshingano bafite zo kunganira bagenzi babo bari mu gihugu baherutse kwibasirwa n’ibiza.

Ibi bikorwa byabaye ku wa 27 Kanama 2023 mu Mujyi wa Matola ho mu Ntara ya Maputo nk’umujyi ubarizwamo Abanyarwanda benshi, byitabiriwe n’abagera kuri 500.

Ababyitabiriye barimo abayobozi bo muri Ambasade y’u Rwanda muri Mozambique, abayobozi muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda n’ab’Urugaga rw’Abikorera, PSF bari muri Mozambique aho bitabiriye imurikagurisha mpuzampahanga ry’ubucuruzi rya 58 ryitwa Fiera Internacional de Maputo (FACIM).

Ibikorwa byaranze uyu munsi birimo ibya siporo ku bagabo n’abagore b’Abanyarwanda baba mu mahanga nyuma Abanya-Mozambique n’Abanyarwanda biganjemo abakiri bato basusurutsa abitabiriye mu mbyino gakondo.

Uhagarariye Abanyarwanda baba muri Mozambique, Ndabarasa Theophile yashimiye abitabiriye ibirori, abasaba gukomeza uwo muco cyane ko ibirori nk’ibi bituma barushaho kumenyana no gukomeza kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu cyabo cy’inkomoko.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique, Claude Nikobisanzwe na we yashimiye itsinda ryateguye ibyo birori, yibutsa abitabiriye amateka n’inkomoko by’Umuganura mu Rwanda, abereka ko kwari ukwishimira umusaruro wagezweho no gutera inkunga abarumbije.

Ashingiye kuri iyo nkomoko, Amb. Claude Nikobisanzwe yibukije Abanyarwanda baba muri Mozambique kwibuka bagenzi babo baherutse kwibasirwa n’ibiza biherutse kwibasira Intara z’Uburengerazuba, Amajyepfo n’Amajyaruguru mu Rwanda byishe abarenga 135, bakabatera inkunga ariko batibagiwe na bagenzi babo baba muri iki gihugu bafite amaduka aherutse kwibasirwa n’inkongi.

Amb. Claude Nikobisanzwe yabibukije kandi gukomeza kunga ubumwe, abereka ko ari byo byatumye u Rwanda rugera aho rugeze ubu mu iterambere nyuma y’imyaka 29, ndetse ko ubwo bumwe ari bwo bukomeje gutuma u Rwanda ruba ikimenyabose mu kwihuta mu iterambere.

Ni ubutumwa kandi yaherekeresheje inama zisaba abo Banyarwanda baba muri Mozambique, kwigisha abana babo Ikinyarwanda, indangagaciro n’Umuco Nyarwanda kugira ngo bazakure bazi neza ibiranga igihugu bakomokamo.

Kuri ubu umubano w’u Rwanda na Mozambique wifashe neza aho ibihugu byombi bifitanye amasezerano y’ubufatanye mu nzego zitandukanye zirimo, ubucuruzi, ubutabera ndetse u Rwanda kuri ubu ni rwo ruri ku isonga mu gutsinsura ibyihebe byari byarayogoje Intara ya Cabo Delgado.

Abanyarwanda baba muri Mozambique bizihije Umuganura banakina imikino itandukanye irimo n'umupira w'amaguru
Abagore b'Abanyarwanda baba muri Mozambique baconze ruhago
Abanyarwanda baba muri Mozambique baserutse no mu mbyino gakondo
Abarenga 500 bitabiriye umuhango wo kwizihiza Umuganura wabereye mu Ntara ya Maputo
Amb Nikobisanzwe yasabye Abanyarwanda baba muri Mozambique kwigisha abana babo Ikinyarwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages