Mu bitabiriye iki gikorwa harimo abadipolomate bakorera mu mujyi wa Auckland, inshuti z’u Rwanda n’abakirisitu bo muri urwo rusengero.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Nouvelle-Zélande, Jean de Dieu Uwihanganye, mu butumwa bwe bwasomwe na Clare de Lore uhagarariye inyungu z’u Rwanda muri iki gihugu, yavuze ko kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ari uguha agaciro n’icyubahiro abishwe no gufata mu mugongo abayirokotse. Yashimangiye ko inshingano yo gukumira Jenoside ari iya buri wese.
By’umwihariko, Ambasaderi Uwihanganye yashimiye umunya-Nouvelle-Zélande Jonathan Moses, uruhare yagize rwafashije guhamya ibyaha abajenosideri ruharwa.
Uyu mugabo wabaye umushinjacyaha mu rukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) kuva muri 2001 kugeza muri 2009, yafashije abacamanza, akoresheje ibimenyetso, guhamya ibyaha Col. Renzaho Tharcisse wari Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali na Padiri Seromba Athanase, bombi bakaba barakatiwe gufungwa burundu.
Mu butumwa bwe kandi, Ambasaderi Uwihanganye yagaragaje ko n’ubwo Jenoside yakorewe Abatutsi yahagaritswe, hakigaragara ikibazo cy’ingengabitekerezo yayo ndetse n’ihakana ryayo, cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga, ibi ahanini bigakorwa n’abayigizemo uruhare n’abambari babo.
Yakomeje agira ati "Nta shiti, dufatanyije twese hamwe, tuzatsinda [abahakanyi n’abambari babo]."
Imbaraga zo kwibuka
Jonathan Moses kuri ubu usigaye ari umucamanza mu rukiko rw’akarere ka Manukau, mu kiganiro yahaye abitabiriye iki gikorwa yavuze ko kwibuka amateka mabi, by’umwihariko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bifasha mu gutegura ejo heza hazaza, ashimangira ko kwibuka ari ngombwa kugira ngo ibyabaye bidasubira.
Yashimye intambwe Leta y’u Rwanda yateye mu kubaka ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!