Yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu ubwo Abanyarwanda baba mu Buholandi bizihizaga umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore, ubusanzwe wizihizwa buri mwaka tariki 8 Werurwe.
Muri uyu muhango witabiriwe n’ingeri z’abanyarwanda n’inshuti zabo, baturutse mu bice by’iki gihugu no mu bihugu bituranye nk’u Bubiligi n’ahandi, Ambasaderi Nduhungirehe yavuze ko ibyo u Rwanda rumaze kugeraho mu guteza imbere umugore, ari ibyo kwishimira.
Ati “U Rwanda ruzwi nk’igihugu cyashyize imbere uburenganzira bw’umugore. Kugira umugore mu ikoranabuhanga no guhanga udushya nabyo ni iby’ingenzi cyane ariko urugendo ruracyari rurerure ahanini tugendeye ku mateka twanyuzemo aho abagore bakandamizwaga cyane, niyo mpamvu u Rwanda rwashyize imbaraga mu politiki yo gukemura iki kibazo”.
Amb. Nduhungirehe yagarutse ku bimenyetso byerekana uburyo abagore b’abanyarwandakazi batejwe imbere, aho kuri ubu bihariye 61 % mu myanya y’Inteko Ishinga Amategeko, gushyiraho amategeko arengera umugore n’umukobwa n’ibindi.
Ati “Kera byari bizwi ko abahungu aribo bonyine bazungura ababyeyi babo abakobwa bo inshingano zabo kwari ugushyingirwa bakajya mu yindi miryango, ubu ibintu byarahindutse […] umubare w’abakobwa bari mu mashuri abanza n’ayisumbuye uracyari hejuru, gusa iyo ugeze muri za kaminuza usanga hakirimo ikibazo, iki ni ikibazo tugomba guhangana nacyo , niba imibare igaragaza ko ari benshi mu gihugu bakagombye kwiganza ahantu hose kandi ibi turi kubikoraho bizashoboka.”
Ambasaderi Nduhungirehe yavuze ko mu isi iyobowe n’ikoranabuhanga, abagore bakwiriye kugiramo uruhare runini.
Ati “Abagore batagize uruhare mu bijyanye n’iterambere ry’ikoranabuhanga no guhanga udushya ntabwo twagera ku ntego zihamye. Ni abantu b’ingenzi cyane mu kwigisha no mu myanya y’akazi mu bijyanye n’ikoranabuhanga.”
Yatanze urugero rw’uburyo kuri ubu abagore batunze telefone mu Rwanda usanga bari kuri 55.6% mu gihe abagabo bagera 71.4%. Mu mijyi, abagore batunze telefone 79% mu gihe abatuye mu bice by’icyaro bagera kuri 46%.
Ati “Turacyafite ikibazo cyo kuziba iki cyuho mu bijyanye n’ikoranabuhanga, ariko Leta y’u Rwanda yatangiye igikorwa cyo gukemura iki kibazo, turizera ko ibi kandi bizakemuka bitari kera.”
Kamali Hilda uyobora Ishami ry’iterambere n’uburinganire bw’abagore muri Diaspora nyarwanda mu Buholandi, mu ijambo rye ry’umunsi yashimye ko u Rwanda rwakoze byinshi mu guteza imbere abagore n’abakobwa.
Ati “Igihugu cyacu cyakoze byinshi mu guteza imbere uburinganire bw’abagabo n’abagore. U Rwanda ruri mu bihugu icumi bya mbere byagabanyije ubusumbane hagati y’abagore n’abagabo. U Rwanda nicyo gihugu gifite abagore benshi mu buyobozi, mu mashuri, abagore bemerewe kwandikwaho imitungo nubwo hakiri imbogamizi.”
Yongeyeho ati “Umunsi mpuzamahanga wahariwe abagore, ugamije kwishimira ibyagezweho ariko turacyafite inshingano zo kugeza uburinganire mu nzego zose, tuvanaho inzitizi zose zibabuza kwisanga mu ikoranabuhanga.”
Yashimiye abagore bo mu Rwanda uburyo bakomeje kwigaragaza mu kurenga imbogamizi zihari, bagakora ibituma bagira uruhare mu iterambere.
Yashimiye Ambasade y’u Rwanda mu Buholandi ku bufasha yabahaye mu kwitegura uyu munsi wahariwe abagore.
Ati “Ambasade y’u Rwanda mu Buholandi yadufashije gutegura iki gikorwa, twari dufite abagore batanze ibiganiro ku bijyanye n’uburinganire n’ubwuzuzanye mu ikoranabuhanga no guhanga udushya […] Hari n’abamuritse ibyo bakora birimo ibitabo banditse byakikwigisha abana bakurira ino Ikinyarwanda cyangwa n’undi wese waba utakizi ariko ushaka gutangira kucyiga.”
Lisette Neza Ntukabumwe yavuze umuvugo ugaruka ku gaciro k’umugore , aho agaragaza ko kuba umugore ari impano ikomeye ari nayo mpamvu akwiye koko kuzirikanwa.
Mu muvugo we yagize ati “Ubugore narabuhawe kandi nzanabutanga, bishatse kuvuga ko kuba umugore ni nk’impano igomba gukomeza kuba uruhererekane mu bantu batuye Isi.”
Yakomeje agira ati “Buri nkuru yose itangirira ku mubyeyi, umugabo abyarwa n’umugore. Uyu munsi turashaka kumuha agaciro kuko ibyo dufite byose byavuye ku mugore. Ubugore ni inkuru itangirana natwe kandi ntabwo izarangirana natwe.”
Uyu muhango waranzwe no guha umwanya abagore n’abakobwa b’abanyarwandakazi bakamurika ibyo bakora, banagira n’umwanya w’ubusabane nyuma y’imyaka 3 badahura ngo bidagadurire hamwe muri iki gikorwa ngarukamwaka, kubera icyorezo cya Covid-19.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!