00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Centrafrique: Perezida Touadéra yifatanyije n’Abanyarwanda mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 17 April 2023 saa 09:43
Yasuwe :

Abanyarwanda batuye n’abakorera muri Centrafrique n’inshuti zabo bahuriye kuri Ledger Hotel i Bangui, mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umuhango wabaye ku mugoroba wo ku wa 14 Mata 2023 witabiriwe na Perezida wa Repubulika ya Centrafrique Prof Faustin Archange Touadéra, n’Intumwa yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Ambasaderi Valentine Rugwabiza.

Hari kandi abagize guverinoma ya Centrafrique n’abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga, ingabo z’u Rwanda n’abapolisi bari mu butumwa bwa Loni muri Centrafrique hamwe n’Abanyarwanda batuye n’abakorera muri Centrafrique n’inshuti zabo.

Uhagarariye abadipolomate b’u Rwanda muri Centrafrique, Olivier Kayumba, yavuze ko kwibuka Jenoside ari umwanya mwiza wo guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bazira uko bavutse, guhumuriza abayirokotse no gushimira Abanyarwanda bafashe iya mbere bagahagarika Jenoside bakabohora igihugu.

Yakomeje avuga ko ibyabaye mu Rwanda ari isomo ku Banyarwanda ndetse no ku isi yose.

Ati "Ni umwanya mwiza umuryango nyarwanda n’isi muri rusange, bakwiye guhagurukira hamwe bakigira ku mateka mabi yabaye mu Rwanda, bakarwanya ingengabitekerezo ya Jenoside n’imvugo zihembera urwango mu rwego rwo gukumira ko Jenoside yazongera kubaho ahandi ku isi."

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga muri Centrafrique wari uhagarariye guverinoma, Sylvie Baipo Temon, yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi ari kimwe mu byaha ndengakamere byakorewe ku mugabane wa Afurika nyuma y’ubucakara.

Yakomeje avuga ko ubumwe bw’abaturage ari zo mbaraga, ashimira ubufatanye n’ubwiyunge by’Abanyarwanda nyuma y’amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi. Yaboneyeho no gushimira imbaraga ubuyobozi bw’u Rwanda bukoresha mu kugarura amahoro muri Centrafrique.

Uyu muhango waranzwe no kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi no gucana urumuri rw’icyizere nk’ikimenyetso cy’ubuzima n’urwibutso rw’icuraburindi u Rwanda rwavuyemo rutazigera rusubiramo ukundi, ndetse n’ubuhamya bw’uwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi.

Abanyarwanda n'inshuti zabo bahuriye mu gikorwa cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi
Abapolisi n'abasirikare b'u Rwanda bari mu butumwa bw'amahoro muri Centrafrique bitabiriye igikorwa cyo kwibuka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages