00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Corneille yongeye kuririmba mu Kinyarwanda

Yanditswe na

Richard Irakoze

Kuya 22 October 2013 saa 10:34
Yasuwe :

Mu myiteguro ikaze yo kurangiza Album ye ya gatandatu, umuhanzi Corneille Nyungura ukomoka mu Rwanda ari gushyira hanze indirimbo nshya ziyigize; ubu yashyize hanze iyitwa “Tu mérites mieux” yafatanyanyije na Gage.
Iyi ndirimbo y’urukundo iri mu njyana ya Reggae, itangizwa n’amagambo abiri y’ikinyarwanda akomeza kugenda agarukamo, ari yo “Ugomba kubyumva”.
Haba mu njyana n’amagambo ayigize, iyi ndirimbo nshya ya Corneille yumvikanamo agahinda agaragariza umukunzi aba aririmbira agira ati (…)

Mu myiteguro ikaze yo kurangiza Album ye ya gatandatu, umuhanzi Corneille Nyungura ukomoka mu Rwanda ari gushyira hanze indirimbo nshya ziyigize; ubu yashyize hanze iyitwa “Tu mérites mieux” yafatanyanyije na Gage.

Kuwa Kabiri tariki 19 Ugushyingo, Corneille azamurika Album nshya yise Entre Nord Et Sud

Iyi ndirimbo y’urukundo iri mu njyana ya Reggae, itangizwa n’amagambo abiri y’ikinyarwanda akomeza kugenda agarukamo, ari yo “Ugomba kubyumva”.

Haba mu njyana n’amagambo ayigize, iyi ndirimbo nshya ya Corneille yumvikanamo agahinda agaragariza umukunzi aba aririmbira agira ati “Ukwiye ibyiza biruta ibyo, wigenda usize urukundo rwawe”.

Nyungura, w’imyaka 36, uzasohora Album ye nshya yise "Entre Nord et Sud" kuwa 18 Ugushyingo 2013, aheruka gutangaza ko azaza mu Rwanda, agira ati "Ukuri ni uko u Rwanda ari igihugu cyambyaye, ndagikumbuye kandi nzaza, biranditse".

Yaherukaga kuririmba mu Kinyarwanda mu ndirimbo yise "Iwacu".

Kuri iyi Album "Entre Nord et Sud" hagaragaraho kandi indirimbo "Nostalgie" yaririmbanye n’umuraperi uri kubica bigacika muri Afurika wo muri Nigeria witwa Ice Prince.

Hanagaragaraho kandi indirimbo "Les sommets de nos vies" aririmbamo iby’ukugaruka kwe i Kigali mu Rwanda.

Indirimbo “Tu mérites mieux" ya Corneille na Gage [amajwi n’amagambo]

Indirimbo Ensemble ya Corneille igaragaramo Sonia Rolland

Umva indirimbo Corneille aririmbamo ukuzaza kwe i Kigali mu Rwanda:

Corneille yanditse kuri twitter ko ateganya kuzagaruka mu Rwanda
Corneille na se n'abavandimwe be
Corneille areba nyina mu maso
Mu bukwe bwa Corneille, uyu mugore we Sofia yaramutunguye atuma azirikana ku muryango we wishwe
Nyungura ari kumwe n'umugore we Sofia
Nyungura acuranga ari kumwe n'umugore we Sofia
Umunyamideli Sofia de Medeiros, umugore wa Corneille

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages