Ni igikorwa bamaze iminsi bakora, aho babashije kwishakamo miliyoni eshatu z’amafaranga y’u Rwanda.
Aya mafaranga yamaze gushyikirizwa Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga ndetse azatangirwa abatishoboye bo mu Karere ka Rutsiro kuri uyu wa Gatatu.
Umuyobozi w’ihuriro ry’abanyarwanda baba muri Mozambique, Baziga Louis, yavuze ko ‘Nubwo bari mu mahanga bazirikana ko hari abanyarwanda batishoboye bari mu gihugu.’
Ati “Twatekereje ko hari abanyarwanda bamwe na bamwe badafite ubushobozi bwo kwishyura mutuelle, twumva twagira umubare runaka w’abantu twishyurira.”
Baziga yasobanuye ko hari byinshi bakenera ku Rwanda bakabibona, akaba ariyo mpamvu nabo batekereje gufasha bagenzi babo n’igihugu, kuko gifite abantu bagihoza ku mutima.
Avuze ko bifuzaga gukusanya amafaranga yo kwishyurira bantu benshi kuruaho, ariko bahura n’imbogamizi zaume bitagerwaho.
Baziga yakomeje asobanura ko iyo ari intangiriro. Ati “Turitegura gukomeza gukora, byanadushobokera, tukagira imirimo igaragara ikorwa n’abanyarwanda bari Mozambique.”



















TANGA IGITEKEREZO