00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

"Ubumwe bw’Abanyarwanda ni umusaruro twishimira n’imbuto tugomba kuhira tudacogora", Amb. Shyaka

Yanditswe na Karirima A. Ngarambe
Kuya 6 August 2023 saa 03:40
Yasuwe :

Abanyarwanda baba muri Pologne n’inshuti z’u Rwanda bizihije umunsi w’Umuganura, Ambasaderi w’u Rwanda muri iki gihugu, Prof Shyaka Anastase ababwira ko ubumwe bwabo ari wo musaruro wishimirwa kandi bukwiye kuhirwa umunsi ku wundi.

Iki gikorwa cyo kwizihiza umuganura muri Pologne cyabaye ku wa Gatandatu tariki ya 5 Kanama 2023, kibanzirizwa n’ibikorwa by’imikino yahuje Abanyarwanda n’inshuti zabo.

Waranzwe kandi n’ubusabane ndetse n’igitaramo cy’urubyiruko rw’Abanyarwanda baba muri Pologne bibumbiye mu Itorero Icyeza.

Umunsi w’Umuganura wabereye mu rugo rwa Ambasaderi w’u Rwanda muri Pologne, Prof Shyaka Anastase, wabwiye IGIHE ko ari ibyishimo kuba Abanyarwanda baba muri icyo gihugu, bizihirije hamwe Umuganura.

Ati “Ubwabyo kugira Ambasade imaze imyaka ibiri iduhuza nk’Abanyarwanda nabyo biri mu byo tuganura, kuko ni politiki nziza y’igihugu yo kwagura amarembo no kwegereza u Rwanda Abanyarwanda hirya no himo ku Isi.”

Ambasaderi Shyaka yakomeje avuga ko Umuganura ari isoko y’ubumwe n’ishingiro ryo kwigira nka zimwe mu ndangagaciro z’ibanze z’Abanyarwanda.

Yavuze ko nubwo Umuganura ari ugusangira no kwishimira umusaruro ariko Ubumwe bw’Abanyarwanda ari wo musaruro usumba indi ikwiye kwishimirwa.

Ati “Ubumwe bw’Abanyarwanda niwo musaruro usumba indi tugomba kwishimira kandi ni nabwo tugomba gukomeza kubiba no kuhira kugira ngo bukomere kuko nibwo busigasiye umutekano n’iterambere by’Igihugu cyacu."

Yasabye Abanyarwanda baba muri Pologne gukomeza kurangwa n’ubumwe bugaragarira mu bufatanye, gutabarana no gusangira.

Yifatanyije n’abandi babyeyi baha abana amata nk’ikimenyetso kimwe gikorwa mu buryo bwo gusangira mu Muganura ariko abana bakabanza bagashira inzara n’inyota, abakuru bakaboneraho umwanya wabo, mu gihe abana baba bari mu dukino twabo.

Ukuriye Abanyarwanda baba muri Pologne, Nyombayire Allan yashimiye ubwitabire Abanyarwanda bagaragaje bavuye mu Ntara zitandukanye zo muri iki gihugu.

Ku rundi ruhande ukuriye Itorero Icyeza, Bwami Arnaud yibukije urubyiruko ku mateka y’Umuganura mu Rwanda rwo hambere n’icyo bisobanuye kuba ukizihizwa na magingo aya.

Abanyarwanda baba muri Pologne bahuriye hamwe bizihiza Umuganura
Umuhango wo kwizihiza Umuganura wari wateguwe hakurikijwe umuco w'Abanyarwanda
Hakinwe umukino ushushanya uko Umuganura wizihizwaga mu mateka
Ambasaderi w'u Rwanda muri Pologne, Prof Shyaka Anastase aha abana amata
Uyu munsi w'Umuganura wabaye amahirwe yo gusabana hagati y'Abanyarwanda baba muri Pologne
Kuri uyu munsi w'Umuganura urubyiruko rw'Abanyarwanda ruba muri Pologne rwahuriye mu bikorwa by'imikino
Ambasaderi Shyaka yibukije ko ubumwe bw'Abanyarwanda ari umusaruro ukwiriye kwishimirwa
Nyuma yo kwizihiza Umuganura hafashwe ifoto y'urwibutso

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages