Karekezi Justin uyobora Team Production yavuze ko iki gitaramo giteganyijwe tariki 11 Kamena 2023 i Bruxelles mu Bubiligi.
Mu kiganiro na IGIHE, Karekezi yagize ati “Nibyo koko twatumiye umuhanzi Israël Mbonyi uzwi cyane kandi ukunzwe mu ndirimbo zo guhimbaza Imana. Uyu muhanzi kubera ukuntu yitabirwa, ni ibintu turi gutegura twitonze.”
Igitaramo kizatangira saa cyenda z’amanywa ku isaha y’i Bruxelles mu gihe imiryango ya Birmingham palace aho kizabera izafungurwa guhera saa saba z’amanywa.
Ati “Israël Mbonyi twamutumiye kubera abantu benshi mu ngeri zose bamwifuzaga, bashimangira ko indirimbo ze mu njyana ihimbaza Imana zibafasha, zikabubaka.”
Karekezi yavuze ko gutumira Mbonyi atari impanuka ahubwo babishingiye ku buryo akunzwe mu ndirimbo zo guhimbaza Imana, akaba yaragiye anabigaragaza mu bitaramo yagiye akorere mu bindi bihugu nka Canada, Australia n’u Burundi.
Israël Mbonyi afite agahigo ku kuba ari we muhanzi wabashije kuzuza BK Arena i Kigali wenyine.
Ati “"Muri ibi bitaramo Abanyarwanda baza kwerekana inganzo y’u Rwanda mu mahanga, hanyuma n’urubyiruko rw’u Rwanda ruba mu mahanga rukabona ko bishoboka kugira uruhare mu iterambere ry’uruganda rw’ubuhanzi.”
Ku bashaka kugura amatike yo kwinjira muri iki gitaramo bashobora kuyabona banyuze aha: my.weezevent.com.
Karekezi yagize ati “Ni byiza kwibikaho kare amatike azasohoka mu ntangiriro z’icyumweru gitaha, uzagurira itike ye kuri uwo murongo azishyura 30€ naho uguze ahageze ku muryango ni 40€, abana guhera ku myaka 8 kugeza kuri 15 ni 15€. Uwakenera ibindi bisobanuro yahamagara kuri +32 496 396 126.”
Team Production kuva yashingwa mu 1999 isanzwe itumira abahanzi batandukanye bo mu Rwanda no ku Mugabane w’Afurika muri rusange , bagasusurutsa abanyafurika batuye i Burayi ari nako bafashwa kumenyekanisha ibihangano byabo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!