Ni ibihembo bigiye gutangwa ku nshuro ya kabiri, cyane ko byaherukaga mu mwaka ushize.
Ibi bihembo byateguwe na SupraFamily Ltd isanzwe itegura amarushanwa atandukanye ateza imbere impano nka Supra Voice, Rwanda Influencers Award, Miss Supranational n’andi.
Aba banyamideli bahatanye bazavamo 20 bazakomeza mu kindi cyiciro bazamenyekana ku wa 7 Ukwakira. Aha batanu ba mbere bazakomeza kubera amatora yo kuri ’internet’ naho akanama nkemurampaka kazatoranya 15 bazaza biyongera kuri aba. Batatu ba mbere bazamenyekana ku wa 21 Ukwakira.
Muri iri rushanwa uzahiga abandi azashakirwa ikigo mpuzamahanga kizamufasha kwagura impano ye kinamuhuze n’inzu mpuzamahanga z’imideli, anegukane 1.000.000 Frw.
Gutanga ibi bihembo byaherukaga kuba mu birori byabereye kuri Century Park i Nyarutarama ku mugoroba wo ku wa 19 Ugushyingo 2022. Ni umugoroba wahiriye Semana Cynthia kuko ari we wegukanye umwanya wa mbere.
Semana wahize abandi, yahawe ibihembo birimo 1.000.000Frw, yishyurirwa urugendo rumutembereza Dubai n’Ikigo cyo muri Nigeria gitembereza ba mukerarugendo, Wizygbe Tours.
Icyo gihe, Rudasingwa Teddy yabaye uwa kabiri ahembwa no gutemberezwa ibice bitandukanye mu Rwanda na 300.000 Frw
Mutesi Ruth wari ufite abafana benshi yegukanye umwanya wa gatatu ahabwa igihembo cyiswe ‘Face Of Africa’ giherekejwe na 300.000 Frw.
Usibye guhemba abamurika imideli kandi hatanzwe n’ibindi bihembo byo gushimira abagira uruhare mu iterambere ry’imideli mu Rwanda.
Muri iki cyiciro cyiswe ‘Best Model’, uwahize abandi mu gutambuka mu mideli yabaye Umufite Anitha wabaye Igisonga cya Gatatu cya Miss Supranational Rwanda 2019. Umuhanzi mwiza w’imideli yabaye Patrick Muhire washinze Inkanda House.
Ukora ’makeups’ zo mu mideli wahize abandi yabaye Umurungi Nadia, uwafashe amafoto meza y’imideli aba Muhizi Serge washinze studio y’amafoto ya Elevatix Studio afatanyije Promesse Kamanda.
Umunyamideli Kabano Franco wari ku ntebe y’abagize akanama nkemurampaka, akaba n’Umuyobozi wa WBM (Webest model) yahawe igihembo cya ‘Achievement Awards’ ashimirwa uruhare agira mu gufasha abanyamideli bo mu Rwanda kwitabira imurikwa ry’imideli hirya no hino ku Isi.
Ushaka kugira umunyamideli uha amahirwe wakanda hano
Amafoto: Raoul Habyarimana



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!