Uyu mukobwa wari umaze kwigaragaza i Burayi, ku wa 10 Nzeri 2023, yamuritse imyambaro ya Ulla Johnson, mu birori byabereye muri Powerhouse Arts.
Iyi myambaro yerekanye ni iy’abagore ya ‘ready to wear’. Ni imwe mu yafunguye ibirori bya New York Fashion Week byatangiye ku wa 8 Nzeri 2023.
Christine Munezero ni Umunyarwandakazi w’imyaka 25 ukomeje kuzamura ibendera ry’u Rwanda mu kumurika imideli ku ruhando mpuzamahanga binyuze mu bigo bikomeye bakorana n’ibirori yagiye yitabira nka Milan Fashion Week, Paris Fashion, London Fashion Week n’ibindi.
Uyu mukobwa akorana n’ibigo bikomeye mu mideli nka Maison Valentino, Maison Malgiela, Chroe, Dior, Versace, Maxmara, Gucci, Courrèges, Giambattiste Vali n’ibindi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!