00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imyambaro mishya ya Balmain yibwe

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 19 September 2023 saa 11:31
Yasuwe :

Inzu y’Imideli y’Abafaransa, Balmain, yatangaje ko imyambaro yayo mishya yari yakozwe yibwe, iri kuva ku kibuga cy’indege ijyanwa ku iduka ryayo riri mu Mujyi wa Paris.

Umuyobozi ushinzwe Ubuhanzi muri Balmain, Olivier Rousteing, yatangaje ko ubu bujura bwabaye ku wa Gatandatu ushize, hakaba hibwe ibihangano bisaga 50 bishya, byagombaga kuzamurikwa mu Birori by’Imideli ‘Paris Fashion Week’ biteganyijwe gutangira ku wa 25 Nzeri 2023.

Rousteing yavuze ko byibwe n’itsinda ry’amabandi ataramenyekana, biri kuvanwa kuri kimwe mu bibuga by’indege by’i Paris bijyanwa ku iduka ryayo riherereye muri uyu mujyi.

Yatangaje bari gukora ibishoboka byose mu kugaruza ibyibwe kandi ko ntakizabasibya kwitabira ‘Paris Fashion Week’.

Balmain ni imwe mu nzu z’imideli zikomeye mu Bufaransa. Yatangijwe na Pierre Alexandre Claudius Balmain mu 1945, ikora ibintu bitandukanye birimo imyenda, inkweto, amasakoshi, imibavu n’ibindi kuri ubu ifite amaduka hirya no hino ku Isi.

Imyambaro mishya ya Balmain yibiwe mu Bufaransa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages