00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

LeBron James yashimye imyambaro ya Moshions Sudani y’Epfo yaserukanye

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 28 July 2024 saa 03:12
Yasuwe :

Rurangiranwa muri Basketbal, LeBron James, wamamaye muri NBA mu ikipe ya Los Angeles Lakers; yashimye imyambaro kipe y’Igihugu ya Sudani y’Epfo yaserukanye mu Mikino Olempike uyu mwaka, yahanzwe n’nzu ya Moshions ya Turahirwa Moses.

Yabivuze nyuma y’ubutumwa bwatambukijwe ku rubuga rwa ‘LeagueFits’, bugaragaza ko Ikipe y’Igihugu ya Sudani y’Epfo yitabiriye imikino Olempike 2024 yambaye neza.

Mu bitekerezo byatanzwe kuri aya amafoto yashyizwe kuri uru rubuga aherekejwe n’ubutumwa, LeBron James, yanditse agaragaza ko aba basore bari bambaye neza.

Ati “Abahungu basa neza.’’

Ubwo imikino ya Olempike yatangiraga abinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze, Turahirwa Moses yagaragaje ko yishimiye kuba ari we wambitse Ikipe y’Igihugu ya Basketball ya Sudani y’Epfo.

Ati “Dutewe ishema no kugera i Paris aho twambitse Ikipe y’Igihugu ya Sudani y’Epfo yitabiriye Imikino Olempike, imyenda yose yahanzwe inakorwa na Moshions.”

Ikipe y’Igihugu ya Sudani y’Epfo iherutse guca igikuba nyuma yo gutsindwa bigoranye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika amanota 101 kuri 100 mu mukino wa gicuti bakinnye bitegura imikino Olempike.

Imikino Olempike yatangijwe ku mugaragaro mu muhango wabaye ku wa Gatanu, tariki 26 Nyakanga 2024 i Paris mu Bufaransa ku mugezi wa Seine.

Ni ku nshuro ya 33 iyi mikino igiye gukinwa mu mpeshyi kuva habaye iya mbere i Athènes mu Bugereki mu 1896.

LeBron James yishimiye imyambaro Moshions yambitse Ikipe y’Igihugu ya Sudani y’Epfo
Abakinnyi ba Sudani y'Epfo mu myambaro ya Moshions
LeBron James yishimiye uburyo Sudani y'Epfo yaserutse yambaye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages