Kwikanga kongera kuruka kwa Nyiragongo bituruka ku kuba ngo abaturage barabonye ukwiyongera kw’imyotsi ku gasongero kacyo, nk’uko Radio Okapi yabitangaje.
Nyiragongo ni ikirunga cyo mu misozi kiri mu bwoko bwa stratovolcan, giherereye muri Repulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu bilometero nka 20 mu Majyaruguru y’Umujyi wa Goma n’ikiyaga cya Kivu mu Burengerazuba bw’u Rwanda.
Iki kirunga ni kimwe mu bigize uruhererekane rw’ibigize ‘Virunga’ kikaba ari na cyo gisigaye cyonyine gishobora kuruka kuko ibindi byazimye.
Uretse kuba cyegereye ahatuwe n’abaturage benshi, iruka ryacyo mu mwaka wa 2002, ibisa n’igikoma n’amabuye atukura byamanukaga biva kuri cyo bifatwa nk’ibyihuta kurusha iby’ibindi birunga ku Isi, byatumye Nyiragongo ifatwa nk’ikirunga kigishobora kuruka (Actif) ndetse giteye impungenge kurusha ibindi muri Afurika.
Nyiragongo iri ku butumburuke bwa metero 3470 muri Parike y’igihugu ya Virunga. Ubwo yarukaga mu 2002 yahitanye abasaga 100 naho 13% by’umujyi wa Goma birangirika.
Amafoto y’ikirunga cya Nyiragongo mu bihe bitandukanye



















TANGA IGITEKEREZO