Izo moto abo bakobwa bashyikirijwe kuri uyu wa 03 Werurwe 2023, ziri mu mushinga BK Foundation ifatanyijemo n’Ikigo gifasha abagore kujya mu rwego rw’ubwikorezi butangiza ikirere, Safi Universal Link, SUL n’Umujyi wa Kigali.
Ni inkunga iri mu nkingi eshatu za BK Foundatiion zirimo guteza imbere ubuzima, gushyigikira abahanga udushya no kurengera ibidukijije.
Umuyobozi Mukuru wa BK Group Plc, Béata Habyarimana, yavuze ko iyo nkunga igamije kuzamura abagore mu rwego rw’imari.
Ati “Ni uruhare rwacu mu iterambere kandi twishimiye ko binjiye mu rwego rw’imirimo ikunze kwitirirwa iy’abagabo. Kubera ko Werurwe ari n’ukwezi kwahariwe abagore n’abakobwa, twumvise tugomba kubatera inkunga kugira ngo bumve ko bagomba kujya mu mirimo iyo ari yo yose ibabyarira inyungu harimo n’iyo yitirirwa abagabo.”
Ni igikorwa cyishimiwe n’abagenerwabikorwa barimo na Iratuzi Jeanne D’Arc uvuga ko usibye ko gutwara moto ari impano ye ariko “izanandinda kuba nasabiriza cyangwa kujya mu bindi bitari byiza nshaka amafaranga.”
Uwamahoro Rose we ngo iki gikoresho kizanamufasha kwerekana ko gutwara moto atari iby’igitsina gabo gusa, bikazagaragazwa n’umusaruro azakura mu gutwara abagenzi kuko abantu “bagomba kumva ko abagore bashoboye. Tuzerekana itandukaniro”
SUL igitangira iyi gahunda yatangiranye n’abagore n’abakobwa 120. Babanza guhabwa amahugurwa y’amezi icyenda ku bijyanye n’ubwikorezi butangiza ikirere n’andi masomo yo kwiteza imbere, nyuma bakajya gukorera impushya z’agateganyo n’iza burundu utsinze agahabwa moto.
Umuyobozi muri SUL ushinzwe ibijyanye no guteza imbere ubucuruzi Jerry Ndayishimiye yavuze ko bakataje mu gushaka abafatanyabikorwa kugira ngo hongerwe umubare ndetse ubutaha hazaboneke moto zirenga 20 kuko gahunda yabo ari ugufasha igihugu kwimakaza iterambere ribungabunga ibidukikije.
Kuri ubu mu rwego rwo gutwara ibintu n’abantu, abagore bagize 2.7%, ibigaragaza icyuho gikomeye.
Umuyobozi Mukuru muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo ushinzwe iterambere ry’uburinganire no kongerera abagore ubushobozi Ngayaboshya Silas, yavuze ko bakomeje ubukangurambaga kuko igituma icyo cyuho cyiyongera ari imyumvire.
Ati “Uyu ni umusanzu wo kugira ngo umubare uzamuke kuko kubona aba batwara moto bizatuma n’abandi bagenzi babo bumva ko bishoboka. Impano barazifite icyangombwa ni ukuzorosora izo mpano hanyuma tukabubakira n’ubushobozi.”
Aba bakobwa n’abagore bahawe moto ni abanyamuryango b’ishyirahamwe ‘Zamuka Mugore’ iterwa inkunga na SUL.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!