00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Pariki y’Akagera ibamo amoko y’inzoka 30, ubuyobozi bwayo busanga hari byinshi zibeshyerwa

Yanditswe na IGIHE
Kuya 16 July 2026 saa 04:40
Yasuwe :

Mu gihe Isi yizihiza Umunsi mpuzamahanga w’inzoka wizihizwa ku wa 16 Nyakanga buri mwaka, Pariki y’Igihugu y’Akagera yagaragaje ko inzoka ari zimwe mu nyamaswa zigira uruhare rukomeye mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima, nubwo akenshi zikunze gutinywa no guhabwa isura itari yo.

Pariki y’Akagera ibarizwamo amoko y’inzoka asaga 30, harimo n’ubwoko bwihariye buboneka muri aka gace gusa buzwi nka Akagera gracile blind snake Cyangwa Letheobia akagerae. Iyi pariki ifite ahantu hatandukanye harimo ibishanga, amashyamba yo ku nkengero z’imigezi n’ibice by’ibyatsi, bituma ibamo inzoka zifite imiterere n’imibereho bitandukanye.

Mu bwoko bw’inzoka buboneka muri Akagera harimo python iba mu bitare no hafi y’ibishanga, ndetse n’izindi zibera mu biti byo mu mashyamba yo ku nkombe z’imigezi.

Hari izigenda ku manywa n’izindi zigenda nijoro, ariko zose zigira uruhare mu mibereho y’ibinyabuzima muri pariki.

Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera buvuga ko inzoka zikunze gutinywa n’abantu, ndetse hakaba hari imyumvire myinshi abantu bazifiteho itari yo. Bugaragaza ko izi nyamaswa ari ingenzi kuko zifasha kugenzura umubare w’imbeba n’izindi nyamaswa nto, bikagira uruhare mu kugabanya ibibazo bishobora guterwa n’ikwirakwira ry’indwara ndetse no kurinda ibidukikije.

Byongeye kandi, inzoka zifatwa nk’indorerwamo y’ubuzima bw’urusobe rw’ibinyabuzima, kuko kuba ziboneka ahantu runaka bigaragaza ko ako gace gafite ibidukikije bitangajwe cyane. Kurinda inzoka rero ni kimwe mu bigize ibikorwa byo kurinda urusobe rw’ibinyabuzima muri rusange.

Mu rwego rwo guhindura imyumvire y’abantu ku nzoka, Pariki y’Akagera ikomeje ibikorwa byo gukangurira abaturage kuzisobanukirwa, kubigisha uburyo bwo kubana na zo ndetse no gutanga ubufasha mu gihe habayeho guhura n’inzoka mu buryo butunguranye.

Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera bwibutsa ko buri bwoko bw’inzoka, yaba ifite ubumara cyangwa ubutabufite, bufite uruhare rwabwo mu kubungabunga ibidukikije. Bugaragaza ko kurinda inzoka ari ugufasha kubungabunga ubuzima bw’inyamaswa n’ibimera byose bigize urusobe rw’ibinyabuzima rw’iyi pariki.

Pariki y’Akagera, icungwa ku bufatanye bw’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) n’Umuryango African Parks, ni imwe mu hantu hakomeye mu Rwanda harangwamo urusobe rw’ibinyabuzima bitandukanye.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages