Ikigo gishinzwe Amashyamba mu Rwanda (RFA) cyasohoye amabwiriza mashya agamije guteza imbere imijyi ibungabunga ibidukikije, urusobe rw’ibinyabuzima no kongera ubushobozi bwo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe.
Muri ayo mabwiriza, biteganyijwe ko ibiti gakondo cyangwa bifitanye isano n’umuco nyarwanda bikwiye gushyirwamo imbaraga kuko bigira umusaruro ukomeye.
Inzobere zivuga ko ibyo bishobora kuzagira ingaruka nziza ku musaruro w’ubuhinzi, kuko ibiti gakondo bigira uruhare runini ku mibereho y’udusimba tubangurira imyaka nubwo ibyinshi bikomeje kugenda bicika.
Mu biti byagabanutse harimo umuzibaziba, umufu, umwungo, umuko, umuvumvu, umuyove, umuhumuro n’umusave, bitewe n’uko abaturage babitemye bakabisimbuza inturusu, kaliandara (Calliandra), gereveliya n’ibindi bitanga umusaruro mu gihe gito.
Umukozi Ushinzwe Amashyamba mu mijyi, Hagenimana Elysee, yagaragarije itangazamakuru ko ibyo biti bifite inkomoko ku bakurambere kandi ko bikwiye gukomeza kubungabungwa.
Ati “Ibyo biti bifite ibigwi by’abakura mbere bacu. Byari ingenzi cyane kuri bo kandi bizakomeza kuba ingirakamaro kuri twe uyu munsi.”
Yavuze ko hari ibigo bitubirirwamo imbuto z’ibiti bihingwa bya Huye na Gatsibo bizafasha mu kugera ku ntego yo gutera nibura 50% by’ibiti biterwa mu mijyi.
Ibiti bigiye gushyirwamo imbaraga cyane ni umwumba ukunze gukoreswa mu buvuzi gakondo, Umusave uzwiho kugira imbaho, Umuko, Umurinzi n’ibindi bitandukanye.
Mu bihanzwe amaso cyane harimo umwumba, umunege, Umusave n’umufu kuko binafasha mu kurimbisha ahantu.
Hagenimana yagaragaje ko ibyo biti bizwiho gutanga umusaruro haba mu kugira imbaho, gufasha utundi dusimba, gukoreshwa mu buvuzi gakondo no kuba bigira ubushobozi bwo kudahungabanywa n’umuyaga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!