00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Afurika y’Epfo: Amagi 50 y’inyoni za ‘parrot’, yafatiwe ku kibuga cy’indege, yatangiye kuvamo imishwi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 August 2026 saa 04:39
Yasuwe :

Amagi 50 bikekwa ko ari inyoni zizwi nka ‘parrots’ ziri mu bwoko bw’inyori ziri mu byago byo gucika ku Isi, yafatiwe ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Johannesburg muri Afurika y’Epfo ndetse amwe muri yo yatangiye kuvamo imishwi.

Aya magi yafashwe mu Cyumweru gishize. Umuntu w’imyaka 50 ukomoka muri Thaïlande yatawe muri yombi akekwaho kugerageza kwinjiza mu gihugu ayo magi mu buryo bwa magendu.

Yari ayatwaye mu gikapu yakoze mu buryo bwihariye cyari kigenewe kuyararira, yari yitwaje nk’umuzigo wo mu ndege, nk’uko byatangajwe n’Ikigo gishinzwe Amashyamba, Uburobyi n’Ibidukikije muri Afurika y’Epfo.

Iki kigo cyavuze ko menshi muri ayo magi yafashwe yageze ku rwego rwo kuvamo imishwi, aho iyatangiye kuvuka irimo guhabwa ubufasha bwihariye kugira ngo harebwe ko yabaho.

Uyu Munya-Thaïlande naramuka ahamwe n’icyaha, ashobora gucibwa ihazabu igera kuri miliyoni 10 z’Ama-Rand ya Afurika y’Epfo (hafi ibihumbi 626$) cyangwa agafungwa imyaka igera kuri 10, cyangwa agahanishwa byombi.

Muri Nyakanga undi Munya-Thaïlande w’imyaka 23 yafatiwe ku Kibuga cy’Indege Mpuzamahanga cya OR Tambo muri Johannesburg, ubwo yageragezaga kwinjiza amagi 418 y’ibi biguruka mu buryo bwa magendu.

Ibi bigaragaza uburyo gucuruza amagi y’izi nyoni mu buryo butemewe ari ikibazo gikomeye kibangamira ubuzima bw’inyoni zo mu gasozi ndetse n’imibereho myiza y’inyamaswa.

Ubucuruzi butemewe bw’inyamaswa zo mu gasozi bukomeje kuba ikibazo gikomeye muri Afurika y’Epfo, kimwe mu bihugu bifatwa nk’intaho y’ibinyabuzima byinshi ku Isi.

Amagi 50 y’inyoni za ‘parrot’ yafatiwe ku kibuga cy'indege yatangiye kuvamo imishwi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages