00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Koala: Inyamaswa isinzira imyaka 12 muri 15 imara ku Isi

Yanditswe na

Marie Chantal Nyirabera

Kuya 17 September 2013 saa 07:00
Yasuwe :

Mu gihe zimwe mu nyamaswa zigira umwanya wo gusinzira wenda kungana n’uw’abantu, izindi zigasinzira amasaha aringaniye, inyamaswa yitwa Koala yo isinzira hafi ubuzima bwayo bwose kuko 90% by’ubuzima bwayo ibimara isinziriye; ni ukuvuga ko amasaha 22 iyasinzira ku munsi naho abiri ikaba iri maso.
Iyi nyamaswa isa nka maguge ntoya, wakongera kuyitegereza ukabona iri mu bwoko bw’ibigendesha amaguru n’amaboko, urubuga wikipedia.org ruvuga ko iryama amasaha 20 ikaba yanayarenza.
Koala ifite (…)

Mu gihe zimwe mu nyamaswa zigira umwanya wo gusinzira wenda kungana n’uw’abantu, izindi zigasinzira amasaha aringaniye, inyamaswa yitwa Koala yo isinzira hafi ubuzima bwayo bwose kuko 90% by’ubuzima bwayo ibimara isinziriye; ni ukuvuga ko amasaha 22 iyasinzira ku munsi naho abiri ikaba iri maso.

Iyi nyamaswa isa nka maguge ntoya, wakongera kuyitegereza ukabona iri mu bwoko bw’ibigendesha amaguru n’amaboko, urubuga wikipedia.org ruvuga ko iryama amasaha 20 ikaba yanayarenza.

Koala ifite ubuzima bwiza, iba ipima uburebure buri hagati ya cm 60 na 85, igapima ibilo biri hagati ya 4 na 15.

Ifite icyizere cyo kubaho kingana n’imyaka 15, ugereranyije n’igihe isinzira, mu myaka 15 imara, itatu niyo iba iri maso.

Iyi nyamaswa irya ibibabi by’inturusu biba byuzuyemo intungamubiri ziyitunga. Igaragara mu bice bya Victoria, Australia y’Amajyepho, Queensland na New South Wales. Ikaba ikunzwe mu rusobe rw’ibinyabuzima byaho.

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages