Kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Werurwe 2023, ku cyicaro gikuru cya Airtel Rwanda hasinyiwe amasezerano yo ku rwego rwa Afurika hagati ya Airtel Africa na UNICEF ashimangira ishyirwa mu bikorwa ry’iyi gahunda y’imyaka itanu yo gutanga internet y’ubuntu.
Iyi ni gahunda izashyirwa mu bikorwa mu bihugu 13 byo muri Afurika bikoreramo Airtel, uyu mwaka ikaba izahera mu Rwanda mu bigo by’amashuri 20 byatoranyijwe ku bufatanye n’Ikigo cy’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Uburezi bw’Ibanze (Rwanda Basic Education, REB).
Muri iyi gahunda abarimu n’abanyeshuri bazajya bahabwa ibikoresho bibafasha mu masomo yabo hakoreshejwe ikoranabuhanga birimo internet y’ubuntu kuri buri umwe, imbuga zibafasha mu kwiga no kwigisha n’ibindi.
Umuyobozi uhagarariye UNICEF mu Rwanda, Min Yuan, yavuze ko iyi gahunda ari amahirwe ku bana badafite ubushobozi mu guhabwa amasomo ndetse no kuzamura ubushobozi mu burezi hakoreshejwe ikoranabuhanga.
Ati, “Dufite umubare munini w’abanyeshuri badafite amahirwe yo kwiga hakoreshejwe ikoranabuhanga. Ni muri urwo rwego UNICEF ku bufatanye na Airtel hagiye gutangizwa iyi gahunda mu rwego rwo kubafasha kubona ayo mahirwe.”
Yakomeje avuga ko ubu bufatanye buzafasha mu kuzamura iterambere ry’uburezi hakoreshejwe ikoranabuhanga mu Rwanda ndetse no muri Afurika muri rusange, nibura bizasatire urwego rw’iterambere mu burezi umubagane w’u Burayi ugezeho.
Umuyobozi wa Airtel Rwanda, Emmanuel Hamez yavuze ko bishimiye gutanga serivise zifitiye akamaro umunyeshuri zirimo kumufasha kwiga hakoreshjwe ikoranabuhanga kandi bifuza ko nibura mu mezi abiri ari imbere iki gikorwa cyo gutanga internet y’ubuntu kizaba kiri gukorwa.
Yagize ati “Hari amashuri menshi mu Rwanda, kumva ko tugiye gutangirana 20 gusa ni byo birumvikana ni make cyane ariko ni igikorwa twifuza ko kizaguka kigere no mu yandi mashuri, uko tuzagenda dutera intambwe.”
Yakomeje avuga ko ashimira UNICEF, Guverinoma y’u Rwanda, Minisiteri y’Uburezi na Minisiteri y’ikoranabuhanga ku ruhare runini mu gutuma iyi gahunda igerwaho.
Iyi gahunda ya Airtel Africa na UNICEF yo kugeza ibikoresho byo kwifashishwa mu masomo hakoreshejwe ikoranabuhanga yashowemo arenga miliyoni 50$ (Miliyari 50Frw) mu myaka itanu izamara.
Biteganyijwe ko iyi gahunda izafasha ibihumbi 12 by’abarimu n’abanyeshuri bo mu bigo 20 by’amashuri abanza n’ayisumbuye byo mu Rwanda, mu kubafasha kubona ibikoresho byibanze mu kwiga hakoreshejwe ikoranabuhanga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!