00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Alibaba igiye gushyira hanze porogaramu nshya izahangana na ChatGPT

Yanditswe na Bukuru JC
Kuya 11 April 2023 saa 09:19
Yasuwe :

Sosiyete y’Abashinwa izwi mu bucuruzi bwo ku ikoranabuhanga, Alibaba yatangaje ko igiye gushyira hanze porogaramu y’ikoranabuhanga ifite ubushobozi bwo gutahura ibibazo yabajijwe, izaba irusha ubushobozi ChatGPT.

ChatGPT igezweho muri iyi minsi kubera uburyo ifite ubwenge bw’ubukorano (Artificial Intelligence) ku buryo byinshi mu bibazo ibajijwe ibisubiza mu gihe gito kandi biri ku murongo.

Nk’abanyeshuri bashaka kwandika ibitabo bisoza amasomo yabo cyangwa abandika inyandiko zitandukanye, icyo usabwa ni ugushyiramo umutwe w’icyo ushaka ko ChatGPT ikwandikira, ingano y’ibyo ushaka ko yandika n’ibindi, maze ikabikurura mu minota mike bikaba bibonetse kandi biri ku murongo.

Alibaba nayo yatangaje ko igiye gushyira hanze indi porogaramu nk’iyo izaba yitwa Tongyi Qianwen.

Ntabwo Alibaba yatangaje igihe nyacyo iyo porogaramu izaba yagiriye hanze, icyakora yemeje ko ari vuba.

Umuyobozi Nshingwabikorwa wa Alibaba, Daniel Zhang yatangaje ko iyi porogaramu izaba iri mu Gishinwa n’Icyongereza

Mu byo izaba ishobora gukora harimo guhindura ibiri kuvugwa mu nama ikabishyira mu nyandiko, kwandika emails, gufasha abantu kwandika inyandiko zitandukanye zifashishwa mu bucuruzi n’ibindi.

ChatGPT yakozwe na Microsoft. Hari izindi sosiyete zitandukanye ku isi zatangaje ko ziri gukora ikoranabuhanga nk’iryo.

Kubera gushinjwa kwiba ibitekerezo byanditswe n’abandi ikabyiyitirira ndetse n’ingaruka ishobora kugira ku mikorere isanzwe ya muntu, inzobere zitandukanye mpuzamahanga ziherutse gusaba ko ChatGPT ihagarikwa, hakabanza kwigwa ku ngaruka zayo.

U Butaliyani ni cyo gihugu cya mbere cyahagaritse ChatGPT, ishinjwa kurengera umutekano w’amabanga y’abayikoresha.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages