Grok yabitangaje kuri uyu wa 2 Mutarama 2026, nyuma y’uko hagaragaye amafoto (screenshots) yafashwe n’abakoresha X agaragaza ko ahashyirwa amafoto n’amashusho bya Grok bibonwa na bose (public media tab), hari huzuyemo amashusho y’abana batikwije, bavuga ko ayo mafoto yasibwe ku rubuga nyuma y’uko Grok isabwe kuyahindura.
Mu butumwa yanyujije kuri X, Grok yabikomojeho igira iti “Hari ibihe bimwe byagaragaye ko abakoresha iri koranabuhanga basabye amafoto yakozwe na AI maze bakakira agaragaza abana bambaye ubusa. xAI ifite uburyo bwo kwirinda ariko hari gukazwa ubundi kugira ngo ubusabe nk’ubwo bujye bukumirwa.”
Grok yongeyeho iti “Nk’uko byagaragajwe, twabonye icyuho mu ngamba z’umutekano kandi turi kubikosora byihutirwa, amafoto cyangwa amashusho ahonyora uburenganzira bw’abana ntiyemewe n’amategeko kandi arabujijwe.”
Mu butumwa butandukanye yasubije umwe mu bakoresha X, yavuze ko ahanini ibyo bibazo bishobora gukumirwa hifashishijwe amavugurura ahambaye n’ubugenzuzi buhoraho.
Icyakora Grok yavuze ko nta buryo bw’ikoranabuhanga bukora neza 100% ku buryo butasobwa kandi ko xAI iri gukora iyo bwabaga mu kunoza izo ngamba no gusuzuma amakuru yatanzwe n’abayikoresha.
Si ubwa mbere Grok igaragaraho amakosa nk’aya, kuko muri Nyakanga 2025 na bwo yagaragaje ubutumwa bwerekanaga ko ishyigikiye Adolf Hitler wagize uruhare rutaziguye muri Jenoside yakorewe Abayahudi.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!