00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Musk yemeye kwishyura miliyoni 1,5$ mu rubanza yari ahanganyemo na Amerika

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 5 May 2026 saa 11:58
Yasuwe :

Elon Musk yemeye kumvikana na leta, mu rubanza yaregwagamo n’ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe kugenzura isoko ry’imari n’imigabane, ku bijyanye n’igurwa ry’imigabane ye muri X yahoze yitwa Twitter mu 2022.

Leta yamushinjaga ko yatinzeho iminsi 11 mbere yo gutangaza ko yaguze imigabane ingana na 5% muri Twitter.

Kubera kubigira ibanga, byatumye abasha kugura indi migabane ifite agaciro k’arenga miliyoni 500$ ku giciro cyo hasi cyane mbere y’uko atangaza ko yari amaze kwegukana imigabane ingana na 9,2% muri Twitter.

Leta yavuze ko uku gutinda kwatumye yizigamira miliyoni 150$ mu buryo buhombya abandi bashoramari.

Kugira ngo iki kibazo gikemuke, ikigega gicungwa mu izina rya Musk kizishyura amande angana na miliyoni 1,5$.

Gusa ariko, imwe mu ngingo z’aya masezerano, ivuga ko adasabwa kwemera ko yarenze ku mategeko, kandi ko azemererwa kugumana za miliyoni 150$ bivugwa ko yizigamiye.

Uku kumvikana kugomba kubanza kwemezwa n’umucamanza , kuzashyira iherezo ku rubanza rumaze imyaka isaga irindwi hagati ya Musk n’ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe kugenzura isoko ry’imari n’imigabane, kuko rwatangiye muri Nzeri 2018.

Musk yemeye kwishyura miliyoni 1,5$ mu rubanza yari ahanganyemo na Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages