Iri tegeko rizwi nka HB 1126 ritegeka ko buri muntu wese agomba kugaragaza imyaka ye mbere yo gukoresha urubuga nkoranyambaga runaka, ku bakiri munsi y’imyaka 18 bikajyana no kubanza kubona uburenganzira bw’ababyeyi babo.
Mu gihe iri tegeko ritubahirijwe, urubuga rushobora gucibwa amande y’ibihumbi 10$ kuri buri muntu.
Mu itangazo ryashyizwe hanze na Bluesky, rivuga ko nk’ikigo gito kidafite ubushobozi bwo gukora amavugurura mu bijyanye n’imikorere y’urubuga, ngo hubahirizwe ibyo iri tegeko rishya risaba.
Iri tegeko ryo muri Mississippi risaba ko abantu bose bagaragaza amakuru yabo, bikajyana n’uko imbuga ubwazo zigomba gukusanya no kubika ayo amakuru. Ibi Bluesky yavuze ko itabifitiye ubushobozi.
Bluesky yanatangaje ko iri tegeko rishyiraho inzitizi zikomeye ku bwisanzure bwo kuvuga ku mbuga nkoranyambaga, rigashyira umutwaro uremereye ku mbuga nto zikizamuka, mu gihe ibigo binini by’ikoranabuhanga bifite ubushobozi, bibibona nk’ibisanzwe kuko byoroherwa na byo.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!