Bavuze ko mu gihe abana bari gukoresha izi porogaramu, zitamenya amagambo zikoresha zikisanga zababwiye ibidakwiye bitajyanye n’uko bangana.
Ahanini ikosa nk’iri riba mu gutoza izi porogaramu, aho zidashyirirwaho amabwiriza yo gukurikiza mu gihe ziganira n’ikigero runaka cy’abantu cyangwa ayo mabwiriza akaba adasobanutse.
Iri perereza ryatangajwe na Senateri Josh Hawley, uyobora akanama ka Sena gashinzwe kurwanya ibyaha n’iterabwoba, ashyigikiwe na mugenzi we Marsha Blackburn.
Hawley yavuze ko ari ngombwa ko Sena imenya niba porogaramu z’ikoranabuhanga rya ‘AI’ za Meta zishobora gukoreshwa mu gushuka cyangwa kubeshya abana, ndetse niba iyi sosiyete yarabeshye ku bijyanye n’uburyo bwo kubarinda.
Yanasabye ko Meta ihita itanga inyandiko zayo zigaragaza imikorere y’izi porogaramu.
Aba basenateri basabye ko hakorwa iperereza, nyuma y’inkuru ya Reuters yagaragaje inyandiko za Meta zemezaga ko hari amabwiriza yemerera porogaramu zayo kuvuga amagambo arimo gushimagiza abana mu buryo bumeze nk’ubw’urukundo.
Urugero, hari igihe porogaramu yigeze gusubiza umwana ngo “Ubuto bwe ni nk’igihangano cy’ubugeni,” n’indi nshuro yabwiye umwana w’imyaka umunani ngo “Buri gice cy’umubiri wawe ni igitangaza, ubutunzi bw’agaciro nishimira cyane.”
Meta yemeye ko izo nyandiko zagiye hanze ari ukuri kandi ko porogaramu zasubije uko ku bana, ivuga ko hagiye kuba amavugurura kugira ngo ibiganiro nk’ibyo bitazongera kubaho na rimwe.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!