00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Google yamamaje Pixel 10; yishongora kuri Apple

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 5 August 2025 saa 01:06
Yasuwe :

Sosiyete ya Google yashyize hanze amashusho yamamaza telefoni nshya ya Pixel 10, ariko muri ayo mashusho humvikanamo uburyo yishongoye kuri sosiyete ya Apple, iyishinja gutinda gushyira mu bikorwa ibyo yasezeranyije.

Guhera umwaka ushize Apple yatangaje ko igiye kuzana ‘Apple Intelligence’, ikoranabuhanga rishingiye ku bwenge buhangano ‘AI’, ryagombaga gutuma Siri ikora neza kurushaho.

Byafashwe nk’ikinyoma kuko kugeza na magingo aya, ayo mavugurura ataraba.

Mu mashusho yashyizwe hanze ku rubuga rwa Youtube na X na Google, humvikanamo ijwi rigira inama abantu guhindura telefoni bakoresha, mu gihe bayiguze biteze impinduka nshya kuri yo, bakaba barabwiwe ko zizaza vuba none amaso akaba yaraheze mu kirere.

Ni mu gihe Craig Federighi ushinzwe porogaramu muri Apple, yavuze ko impamvu Siri nshya itarajya hanze, ari ibibazo bishingiye ku ikoranabuhanga bakiri gukemura.

Yavuze ko mu gihe iri koranabuhanga rizaba ryagiye hanze, rizaba rimeze neza kuruta uko byari byitezwe. Kuri ubu Siri ikoresha ikoranabuhanga rya ChatGPT rya Sosiyete ya OpenAI.

Telefoni zo mu cyiciro cya Pixel 10 zizasohoka ku wa 20 Kanama 2025.

Indi nkuru wasoma: Ibyo wamenya ku biciro bya ’Google Pixel 10’

Telefoni zo mu cyiciro cya Pixel 10 zizasohoka ku wa 20 Kanama 2025
Google igiye gushyira ku isoko za Pixel 10, zizaba zifite umwihariko wa Camera zifata amafoto meza kurusha nyinshi muri telefoni ziri ku isoko magingo aya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages