Zimperium yavuze ko smartphone zigera kuri miliyoni 950 zikoresha android zishobora kwibasirwa nab a rushimusi (hackers) bakoresheje ubutumwa bw’amashusho (MMS) bakajya bakoresha telefoni yawe kandi wowe nturabukwe.
Aba hackers ngo bashobora kukoherereza MMS ikoze mu buryo iyo ikugezeho ihita ijya muri telefoni yawe bitabaye ngombwa ko ubyemeza, na bo bagahita baboneraho guhisha mu mashusho ari muri telefoni yawe porogaramu zizajya zibafasha kumenya ibiyikorerwaho byose.
Iki kibazo kikaba gishobora kuba kuri smartphone ikoresha Android 2.2 kugeza ku ikoresha Android 5.1 Lollipop.
Iyo telefoni yawe yamaze kwakira iyi MMS aba hackers bashobora gukora ibintu bitandukanye birimo kwiba ibyo ibitse (data), kumenya ibiri kuyikorerwaho byose, gufungura webcam, micro, ndetse no gusoma ubutumwa buri kuri e-mail. Ibi byose bigakorwa nyirayo ntacyo arabutswe.
Joshua Drake, umwe mu bashakashatsi bakora muri Zimperium yabwiye Forbes ko iki kibazo bakibonye muri Mata 2015 bakakigeza kuri Google, ari na yo ikora Android ndetse bakanabereka uburyo gishobora gukemuka abantu bajyanisha n’igihe android zayo (Updates).
Kugira ngo iki kibazo gikemuke ariko ntibyoroshye kuko Google Atari yo icunga uburyo updates zikorwa, ahubwo bikorwa n’ibigo bikora amatelefoni, kuri telefoni zimaze umwaka n’amezi 6 ho bikaba bitoroshye ko iki kibazo gikemuka.
Uko wakwirinda kugerwaho n’iki kibazo
Mu gihe ugitegereje gushyira update muri smartphone yawe, ushobora kwirinda kwakira ubu butumwa ujya ahandikirwa ubutumwa bugufi ugahitamo “settings”,”SMS/MMS”, “MMS”, “Auto-retrieve” ugahitamo ko ubutumwa bwose bw’amashusho bugomba kujya muri telefoni yawe ari uko ubanje kubyemeza.
Iki kibazo kandi kirareba n’abakoresha uburyo bwo kohererezanya ubutumwa bugufi bukoreshwa na Android buzwi nka Hangout.



















TANGA IGITEKEREZO