Kuba ibikoresho bya Laboratoire bihenda ndetse no kuzubaka akaba atari ibintu byigonderwa na buri Kigo cy’amashuri mu Rwanda, abazi neza iby’ikoranabuhanga bahamya ko icyo kibazo cyabonewe igisubizo, kuko usanga mudasobwa imwe na ‘projector’ byafasha mwarimu kwigisha siyansi hakoreshejwe porogaramu (Software) y’icyo ashaka kwigisha.
Umwarimu ashyira iyo Software muri mudasobwa ye , akigisha abana benshi, kandi bakigira rimwe, igihe Laboratoire zisanzwe usanga zihenze kandi n’ibyifashishwa (produits) bidapfa kuboneka.
Umuyobozi w’Ikigo House of Technology, Mungwarakarama Ildephonse, ari na cyo cyahuguye abo barium, yatangaje ko mu gushakira igisubizo ikibazo cya Laboratoire kiri mu burezi, batekereje igisubizo hakoreshejwe ibyo u Rwanda rumaze kugeraho nk’umuriro na za mudasobwa usanga hirya no hino ku mashuri.
Ati “Abarimu twaberetse ko byibura niba ikigo gifite umuriro, kikaba cyabasha kubona mudasobwa imwe ndetse na projector, umwarimu yakwigisha neza siyansi abanyeshuri bose bagakurikira, bagakora imyitozo kandi ugasanga byumvikanye vuba kurenza kwigisha mu magambo gusa (theory).”
Abarimu bahuguwe bagaragaje ko gukoresha ikoranabuhanga ari byo byoroshye kuko n’iyo ikigo cyaba gifite ‘laboratoire’ yubatse hinjira abanyeshuri bake bake ugasanga mwarimu aravunika asubiriramo abandi uko binjiye mu matsinda.
Murekatete Marie Jeanne wigisha ubugenge n’ubutabire mu rwunge rw’amashuri rwa Gatenga ya mbere, ati “Gukoresha porogaramu ya mudasobwa mu kwigisha ni byo bitagoye kuko usanga bakurikira kuko ibyo ubereka babibona kandi usanga benshi bakoresha Smart phone z’ababyeyi babo n’iyo batashye bakomeza kubisubiramo bakabifata. Kubwira umwana ‘atome’ atayireba biragoye, ariko iyo abibona abyumva vuba.”
Umuyobozi mukuru ushinzwe ikoranabuhanga n’ubushakashatsi muri Minisiteri y’uburezi Dr Marie Christine Gasinzigwa yasabye abarimu kuba umusemburo muri bagenzi babo ntibategereze igihe za Laboratoire zisanzwe zizabonekera ahubwo izihari bakazifatanya n’ikoranabuhanga kuko byose ikiba kigambiriwe ari ukugera ku bumenyi kandi ikoranabuhanga ributanga.
Ati “Gukoresha ikoranabuhanga biguha ubumenyi, birahendutse kandi ibyo risaba, ibigo byinshi bifite amashanyarazi byabibona. Abarimu mwabihuguwemo mubyigishije abandi byakwira hose mu gihe gito kandi bikazamura ireme ry’uburezi.”
Laboratoire z’ikoranabuhanga nta internet zikenera kuko aba ari porogaramu (software) ushyira muri mudasobwa ukigisha bisanzwe kugeza ugeze ku cyo washakaga kugeraho (produit fini).



















TANGA IGITEKEREZO