00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibuye rinini ryaturutse kuri Mars ryagurishijwe miliyoni 5,3$ mu cyamunara

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 17 July 2025 saa 09:07
Yasuwe :

Ibuye rinini cyane ryo mu cyiciro cya ‘Meteorites’ ryaturutse kuri Mars, ari na ryo rinini kurusha andi yose amaze kuboneka ku Isi, ryagurishijwe miliyoni 5,3 z’Amadolari ya Amerika muri cyamunara yateguwe na Sotheby’s i New York ku wa Gatatu w’iki cyumweru.

Meteorites ni ibice by’amabuye agwa avuye mu isanzure, akanyura mu kirere cy’Isi atahangirikiye, akagwa ku butaka.

Iri buye ryitwa NWA 16788, rifite ibiro 24,5, ni rinini ku kigero cya 70% ugereranyije n’andi mabuye yose yaturutse kuri Mars amaze kuboneka ku Isi.

Amenshi mu mabuye aturuka kuri Mars aba ari mato cyane, ari na yo mpamvu iri rya NWA 16788 rifatwa nk’iridasanzwe kandi rifite agaciro kanini.

Iri buye rya NWA 16788 ryabonetse mu Ugushyingo 2023 mu gace ka Agadez muri Niger.

Sotheby’s yavuze ko riboneka gake mu buzima kubera ubunini bwaryo n’ibara rifite ritukura risa n’iry’Umubumbe wa Mars.

Abahanga mu bya siyansi batekereza ko hari ibuye rinini ‘asteroïde’ ryagonze umubumbe wa Mars rifite imbaraga nyinshi ku buryo hari ibice by’uwo mubumbe byatangiye gukwira mu isazure, nyuma bimwe muri ibyo bice biza mu kirere cy’Isi.

Bavuga ko ibuye rya buye rya NWA 16788 na ryo ryari riri muri ibyo bice.

Iri buye ryitwa NWA 16788, rifite ibiro 24,5, rikaba ari rinini ku kigero cya 70% ugereranyije n’andi mabuye yose yaturutse kuri Mars

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages