00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umushinjacyaha Brammertz wakurikiranye Kabuga na Kayishema yongeye kugirirwa icyizere

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 28 June 2024 saa 04:50
Yasuwe :

Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano kongeye kugirira icyizere Umushinjacyaha Mukuru w’urwego rushinzwe imirimo y’insigarire y’inkiko mpuzamahanga mpanabyaha (IRMCT), Serge Brammertz.

Ni umusaruro wavuye mu itora ry’ibihugu bigize aka kanama kuri uyu wa 27 Kamena 2024. Abantu 14 bahagarariye ibi bihugu bemeye ko Brammertz akomeza iyi nshingano, gusa u Burusiya bwo ntibwatoye.

Brammertz ukomoka mu Bubiligi yatorewe bwa mbere kuba Umushinjacyaha Mukuru wa IRMCT muri Gashyantare 2016, asimbura Hassan Bubacar Jallow wo muri Gambia.

Mu Banyarwanda umunani bari barashyiriweho impapuro mpuzamahanga zo kubata muri yombi, Brammertz yagize uruhare mu guta muri yombi Kabuga Félicien muri Gicurasi 2020 na Kayishema Fulgence muri Gicurasi 2024. Aba bombi bakurikiranweho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ibiro bya Brammertz kandi byashoboye gutahura ko abandi bashakishwaga: Sikubwabo Charles, Ryandikayo, Protais Mpiranya, Augustin Bizimana, Aloys Ndimbati na Pheneas Munyarugarama bapfuye mu bihe bitandukanye.

Akanama ka Loni gashinzwe umutekano kasabye ibihugu byose gufatanya n’ubushinjacyaha bwa IRMCT mu gushyira mu bikorwa ibyemezo byafashwe n’urukiko mpuzamahanga rwari rwarashyiriweho u Rwanda, ICTR, ndetse n’urw’icyitwaga Yugoslavia, ICTY.

Kagaragaje ko uru rwego rukomeje guhura n’ikibazo cyo kwimura abagizwe abere ndetse n’abarangije igifungo bari barakatiwe, bityo ko hakwiye gushakwa ibisubizo birambye.

Manda Brammertz yatorewe izatangira tariki ya 1 Nyakanga 2024, irangira ku ya 30 Kamena 2026.

Serge Brammertz yatorewe indi manda y'imyaka ibiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages