00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Henok Mulubrhan yegukanye Tour du Rwanda 2023 yarebwe na Perezida Kagame (Amafoto & Video)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura, Israel Ishimwe
Kuya 26 February 2023 saa 09:42
Yasuwe :

Umunya-Eritrea Henok Mulubrhan ukinira Green Project-Bardiani CSF-Faizanè yo mu Butaliyani, yegukanye Agace ka Munani anatwara Tour du Rwanda 2023 yitabiriwe na Perezida Paul Kagame ku i Rebero.

Kuri iki Cyumweru, tariki ya 26 Gashyantare, ni bwo hakinwe Agace ka Munani gasoza Tour du Rwanda 2023 mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, ku ntera ya kilometero 75,3.

Perezida Paul Kagame ni umwe mu bitabiriye isozwa ry’iri siganwa mpuzamahanga kuri Canal Olympia- Rebero.

Mbere y’uko aka gace ka nyuma gatangira, Henok Mulubrhan wa Green Project-Bardiani yanganyaga ibihe na Walter Calzoni wa Q36.5 Pro Cycling Team, ndetse n’abandi bakinnyi barimo Muhoza Eric ukinira Bike Aid bari bagifite amahirwe yo kwegukana isiganwa.

Aba bakinnyi bari imbere, bakomeje gucungana mu gice kinini cy’isiganwa, kimwe n’abandi barimo Lecerf William Junior wa Soudal Quick-Step wagize ikibazo cy’igare mu bilometero bya nyuma ubwo bazamukaga ku i Rebero.

Henok Mulubrhan w’imyaka 23, wari wakomeje kuba hafi mu itsinda ryari rikurikiye Yemane Dawit wacitse mu bilometero bine bya nyuma, yatanze abandi kugera kuri Canal Olympia akoresheje amasaha abiri, iminota ine n’amasegonda 52.

Uyu Munya-Eritrea yakoresheje ibihe bimwe n’abandi barimo Joseph Peter Backmore w’Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Victor de la Parte wa TotalEnergies, Lecerf Junior William wa Soudal Quick-Step na Walter Calzoni wa Q36.5.

Yemane Dawit wa Bike Aid, yasoreje ku mwanya wa gatandatu arushwa amasegonda atanu mu gihe Main Kent wa Afurika y’Epfo yasizwe amasegonda umunani.

Ku rutonde rusange, Henok Mulubrhan yegukanye Tour du Rwanda 2023 amaze gukoresha amasaha 28, iminota 58 n’isegonda rimwe, ibihe anganya na Walter Calzoni wa Q36.5 Pro Cycling Team.

Kuba abakinnyi ba mbere banganya ibihe, byatumye hitabazwa itegeko ry’Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) rivuga ko hateranywa imyanya bagize mu duce bakinnye kuva isiganwa ritangiye.

Mbere y’aka Gace ka Munani, ku giteranyo, Henok yagize imyanya 48 naho Calzoni agira imyanya 50. Kuba uyu Munya-Eritrea yabaye uwa mbere, byahise bimuhesha kwegukana Tour du Rwanda 2023.

Umubiligi Lecerf William Junior ukinira Soudal Quick-Step, yasoreje ku mwanya wa gatatu arushwa isegonda rimwe naho Umunya-Espagne Victor de la Parte wa TotalEnergies asigwa amasegonda ane.

Henok Mulubrhan waherukaga gutwara Agace ka Gatatu kasorejwe i Musanze kavuye i Huye, akaba ari nabwo yaherukaga umwambaro w’umuhondo yongeye kwambikirwa kuri Mont Kigali ku wa Gatandatu, yabaye Umunya-Eritrea wa gatatu wegukanye Tour du Rwanda kuva igiye ku rwego rwa 2,1 mu 2019.

Abandi batwaye iri rushanwa ryabaga ku nshuro ya 15 kuva ribaye mpuzamahanga ni Merhawi Kudus mu 2019 ndetse na Natnael Tesfazion mu 2020 na 2022.

Mu 2021, ryatwawe n’Umunya-Espagne Cristián Rodríguez Martin wakiniraga TotalEnergies.

Umunyarwanda waje hafi mu Gace ka Munani, ni Nsengimana Jean Bosco wabaye uwa 21 yasizwe iminota umunani n’amasegonda 18, akurikirwa na Chris Froome wa Israel-Premier Tech yasize amasegonda atatu.

Muhoza Eric (Bike Aid) wa 26, Niyonkuru Samuel wa 28, Hakizimana Félicien (May Stars) wa 29 na Masengesho wa 30, ni abandi Banyarwanda babashije gusoreza hafi mu bakinnyi 55 basoje isiganwa muri rusange.

Uyu mukinnyi wa Bike Aid yo mu Budage yasoje Tour du Rwanda 2023 ari we Munyarwanda uhagaze neza kuko yabaye uwa 14 arushwa iminota umunani n’amasegonda 30 mu gihe Niyonkuru Samuel yasoje ari uwa 21, arushwa iminota 26 n’amasegonda 29.

UKO ISIGANWA RYAGENZE:

Etape 8: Henok Mulubrhan yegukanye #TdRwanda23; Yahembwe na Perezida Kagame

KANDA HANO UREBE AMAFOTO MENSHI YARANZE ISOZWA RYA TOUR DU RWANDA 2023

VIDEO: Reba uko Henok yabigenje agatanga abandi kugera ku i Rebero

UKO ABAKINNYI BAHEMBWE:

  • Umukinnyi wasozanyije ‘Maillot Jaune’ itangwa na Visit Rwanda: Henok Muluerberhane (Green Project-Bardiani)
Perezida Kagame yambika Henok Mulubrhan umwambaro uhabwa uwa mbere ku rutonde rusange
Henok Mulubrhan yishimiye guhembwa na Perezida Kagame
Perezida Kagame yashimye Henok Mulubrhan wegukanye Tour du Rwanda 2023
  • Umukinnyi wahize abandi mu guterera imisozi wahembwe na Cogebanque: Marc Oliver Pritzen (EF Education- Nippo)
Umukinnyi wahize abandi mu guterera imisozi wahembwe na Cogebanque ni Marc Oliver Pritzen wa EF Education- Nippo
  • Umukinnyi muto witwaye neza wahembwe na Prime Insurance: Calzoni Walter (Q36.5 Procycling Team)
  • Umukinnyi wahize abandi muri ‘sprint’ wahembwe na SP: James Fouche (Bolton Equities)
  • Umukinnyi wegukanye Agace ka Canal Olympia- Canal Olympia: Henok Muluerberhane (Green Project-Bardiani)
  • Umunyarwanda mwiza: Muhoza Eric (Bike Aid)
  • Umunyafurika mwiza wahembwe na RwandAir: Henok Muluerberhane (Green Project-Bardiani)
  • Umukinnyi wahatanye kurusha abandi wahembwe na Horizon Express: Marc Oliver Pritzen (EF Education- Nippo)
  • Umukinnyi wayoboye isiganwa igihe kirekire wahembwe na Bella Flowers: Mark Stewart (Bolton Equities)
  • Ikipe y’Umunsi yahembwe na Inyange Industries: Euskaltel-Euskadi

AMAFOTO: Perezida Paul Kagame ari mu bahaye amashyi Henok Mulubrhan, wegukanye #TdRwanda23.

Umunya-Eritrea Henok Mulubrhan ukinira Green Project-Bardiani CSF-Faizanè yo mu Butaliyani, yegukanye Agace ka Munani anatwara Tour du Rwanda 2023
Perezida Kagame yakirije amashyi Henok wabaye Umunya-Eritrea wa gatatu wegukanye Tour du Rwanda kuva mu 2019 igizwe mpuzamahanga
Perezida Kagame yahaye amashyi Henok Mulubrhan wegukanye Tour du Rwanda 2023

AMAKURU MASHYA:

12:44: Henok Mulubrhan yegukanye Tour du Rwanda 2023 nyuma yo gutsinda Agace ka Munani kuri Canal Olympia.

Henok Mulubrhan yatanye abandi ku murongo, asoza ari uwa mbere
Henok Mulubrhan yegukanye Agace ka Munani ka Tour du Rwanda 2023
Perezida Kagame, Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa na Perezida wa FERWACY, Murenzi Abdallah, bakurikiraniye Agace ka Munani kuri televiziyo

12:40: Yemane Dawit washyizemo amasegonda atanu gusa, agiye gufatwa n’itsinda rimukurikiye.

12:36: William Lecerf wa gatatu ku rutonde rusange, ayoboye itsinda ririmo Henok wambaye umwambaro w’umuhondo.

HASIGAYE IBILOMETERO BIBIRI

12:34: TotalEnergies ni yo iyoboye itsinda rikurikiye Yemane Dawit.

12:34: ISIGANWA MU BILOMETERO BITATU BYA NYUMA.

12:33: Yemane Dawit ahisemo kugenda, ayobora isiganwa wenyine mu gihe hasigaye ibilometero bine gusa.

12:31: Ubu abakinnyi bari imbere ni batanu, bakurikiwe n’itsinda ririmo Henok ryasizwe amasegonda 10.

Yemane, Gelders na Stewart bafashe Bonnet na Bizkarra.

12:30: HASIGAYE IBILOMETERO BITANU GUSA.

12:39: Bizkarra acitse abandi ayobora isiganwa, ariko akurikirwa na Thomas Bonnet.

12:28: Abasiganwa bageze mu Kanogo berekeza i Gikondo. Isiganwa riyobowe n’abakinnyi barimo Henok wambaye umwambaro w’umuhondo.

Utsinda, ni ukwitwara neza mu musozi wa Rebero no kuri Canal Olympia.

AMANOTA Y’UMUSOZI WA GATANDATU

Yatangiwe kwa Mutwe ku kilometero cya 61,2, yegukanywe na:

1. Mulueberhan
2. Lecerf
3. Calzoni
4. Blackmore

PEREZIDA KAGAME YAGEZE KU I REBERO

Perezida Paul Kagame amaze kugera kuri Canal Olympia Rebero ahari busorezwe Agace ka Munani ari nako ka nyuma ka #TdRwanda23.

Perezida Kagame ubwo yageraga kuri Canal Olympia
Perezida Kagame na Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa ubwo bari bategereje ko umukinnyi wa mbere agera kuri Canal Olympia ku i Rebero

Abakinnyi ba Team Rwanda bari kuba hafi Muhoza Eric ukinira Bike Aid

ABAKINNYI BARI IMBERE BARI GUCUNGANA KU JISHO

Abakinnyi bageze mu Gakinjiro mu Mujyi wa Kigali. Umunya-Eritrea Henok Mulueberhane wa Green Project Bardiani, wa mbere; Walter Calzoni wa Q36.5 Pro Cycling Team na Lecerf William Junior bari imbere ku rutonde rusange bari gucungana cyane.

12:14: Itsinda ririmo Henok ryongereye umuvuduko mu gihe abasiganwa bamaze kugenda ibilometero 57.

12:10: Abakinnyi 13 ni bo bari imbere, aho bari kumwe na Henok uri imbere ku rutonde rusange. Basize Budiak na Berasategi ho amasegonda 45.

AMANOTA Y’UMUSOZI WA GATANU

1. Main
2. Mulueberhan
3. Yemane
4. Lecerf

12:03: Abakinnyi bari imbere ni 14. Bamaze kugenda ibilometero 50. Basize bane babari inyuma ho 1’50’’ mu gihe igikundi kiri ku minota 3’25’’.

11:59: Abakinnyi bageze ku kilometero cya 48 muri 75 bagomba gusiganwa uyu munsi. Abakinnyi bane bakurikiye rya tsinda riri imbere babasizeho 1’10’’. Barimo Muhoza, Eyob, Piccoli na Gabburo. Igikundi cyo cyasigayeho 2’10’’.

Andi mafoto arimo ayo kwa Mutwe bazamutse ku nshuro ya kabiri no mu muhanda

Cogebanque yishimiye guherekeza Tour du Rwanda 2023

Cogebanque nka Banki Nyarwanda y’Ubucuruzi ni umuterankunga w’imena wa Tour du Rwanda. Kuva mu myaka 12 ishize iyi banki yatanze umusanzu wayo mu gushyigikira umukino w’amagare na Tour du Rwanda by’umwihariko.

Muri uyu mwaka, Cogebanque yarushijeho gusobanurira abakiliya bayo n’abaturarwanda muri rusange uko bagera kuri serivisi z’imari mu buryo buboroheye cyane.

Iyi banki ifite serivisi zitandukanye aho abantu bafunguje amakonti biyongerera amahirwe yo gutsindira ibihembo bitandukanye.

Muri Tour du Rwanda, Cogebanque yakomeje Ubukangurambaga “Tugendane” bwatangijwe mu ntangiriro za Gashyantare 2023 mu gufasha abaturarwanda kugera kuri serivisi z’imari nk’inzira igana ku bukungu buhamye.

Ubukangurambaga bwa ‘Tugendane’ buzamara amezi abiri. Bwifashishwa mu gushishikariza abakiliya kubitsa, kuzigama no kurushaho gukoresha serivisi z’ikoranabuhanga.

Ku muntu ushaka gukoresha ikoranabuhanga rya Cogebanque afite telefoni ntoya akoresha *505# akabona serivisi yifuza mu gihe abafite izigezweho bakoresha porogaramu ya banki yitwa ‘Coge mBank’ ishyirwa muri telefoni.

Igishya muri uyu mwaka ni uko ibihembo byongerewe ndetse bizajya bitangwa buri kwezi, aba-agents ba banki na bo bashyirwa mu bazahembwa ibirimo amafaranga, ibikoresho by’ikoranabuhanga n’ibindi.

11:54: Abakinnyi 16 ni bo bari kumwe na Henok wa mbere kuri ubu ku rutonde rusange. Ababakurikiye basizwe umunota umwe mu gihe igikundi kiri inyuma ho 1’30’’.

11:51: Abasiganwa bamaze kugenda ibilometero 45. Ikinyuranyo hagati y’abari imbere n’ababakurikiye ni umunota umwe n’amasegonda 40.

Techno Market yazengurutse igihugu yegera abakiliya bayo

Icapiro ritanga serivisi zo gusohora inyandiko ku mpapuro (printing), kwandika ku byapa n’imyenda, gushushanya ku bikoresho n’ibindi bintu (branding), Techno Market, ryongereye udushya ndetse ryagura n’ibikorwa ku barigana muri Tour du Rwanda 2023.

Techno Market itanga serivisi binyuze no mu ikoranabuhanga kuri www.technomarketrwanda.com. Ikorera muri T2000 Hotel, ahateganye n’inyubako yo kwa Ndamage. Zimwe muri serivisi itanga harimo gusohora inyandiko z’ibitabo, ibinyamakuru, udutabo duto (printing). Yandika kandi ikanashushanya ku myenda, ingofero, impuzankano n’ibikoresho byifashishwa mu nama nk’ibikapu (conference bag), ibyo batwaramo impapuro (conference folders), amabendera, amakaramu ariho ibirangantego, udukaye two kwandikamo (notebooks) n’ibindi.

Andi mafoto y’abakinnyi mu muhanda

Isiganwa ry'amagare riri mu bituma ibice bitandukanye bya Kigali bimenyekana

AMANOTA Y’UMUSOZI WA KANE

1. Yemane
2. Gelders
3. Blackmore
4. Bonnet

11:47: Abari imbere basize abarimo Eyob, Piccolo na Gabburo ho 1’25’’ mu gihe igikundi kiri inyuma ho 1’40’’.

11:45: Abakinnyi 14 ni bo bari kugendera hamwe n’itsinda ririmo Henok wambaye umwambaro w’umuhondo. Basize Budiak na Berasategi ho amasegonda 20.

11:43: Abasiganwa bamaze kugenda ibilometero 38. Abakinnyi bane mu bari imbere basigaye, ni ukuvuga ko bari hagati y’igikundi n’abayoboye bari imbere.

AMANOTA YA SPRINT YA KABIRI

1. Bonnet
2. Lecerf
3. Calzoni

11:34 Abakinnyi bari imbere bamaze gukoresha ibilometero 34. Arefayne na Pritzen basizwe na cya gikundi kiri imbere.

AMANOTA Y’UMUSOZI WA GATATU

1. Pritzen
2. Arefayne
3. Bonnet
4. De la Parte

Abakinnyi bayoboye isiganwa bazamuka kwa Mutwe

Abakinnyi bazamutse kwa Mutwe inshuro eshatu
Henok Mulubrhan yagendaga acungana n'abari bamukurikiye ku rutonde rusange
Abakunzi b'amagare kwa Mutwe baba bizihiwe no kureba uko abakinnyi bahazamuka
Nsengimana Jean Bosco ni umwe mu bakinnyi baba bahanzwe amaso cyane mu kuzamuka imisozi

11:32: Abakinnyi 18 bari imbere bamaze gusiga igikundi ho amasegonda 45.

Mulueberhan na Tolio (Green Project)
Bonnet et De la Parte (TotalEnergies)
Calzoni (Q36.5)
Arefayne (Erythrée)
Bizkarra na Berasategi (Euskaltel)
Lecerf, Vernon na Gelders (Soudal-QuickStep)
Kusztor (Novo Nordisk)
Yemane (Bike Aid)
Pritzen (EF Education)
Blackmore na Stewart (Bolton)
Ormiston na Main (Afurika y’Epfo)

11:27: Igikundi cyacitsemo kabiri. Umunya-Eritrea Henok Mulueberhane wa Green Project Bardiani ari mu cya mbere. Abakinnyi 19 bari imbere basizwe amasegonda 25.

11:26: Abasiganwa bamaze kugenda ibilometero 26. Igikundi cyafashe ba bakinnyi 14 bari imbere, ubu bari kugendera hamwe.

11:23: Abakinnyi benshi bashyikiriye Stewart wa Bolton. Ubu imbere bari kugendana ari 14.

Abakinnyi batambutse kwa Mutwe ku nshuro ya mbere:

Abakinnyi bamaze kurenga kwa Mutwe, mu isiganwa rigomba kwerekana uwegukanye #TdRwanda23. Bagomba kuzenguruka inshuro eshatu mu duce dutandukanye twa Kigali.

11:18: Abakinnyi bari imbere bageze ahahoze Gereza ya Nyarugenge aho bamaze gukoresha ibilometero 18. Nyuma yo kuzamuka kwa Mutwe, Stewart (Bolton) ni we uyoboye.

Yasize igikundi kirimo Henok ho amasegonda 15. Iri tsinda ririmo abakinnyi 13 barimo Bonnet (TotalEnergies), Grellier (TotalEnergies), Calzoni (Q36.5), Mulueberhan (Green Project), Tolio ( Green Project), Lecerf (Soudal-QuickStep), Vernon (Soudal-QuickStep), De la Parte (TotalEnergies), Blackmore (GBR), James Fouche (Bolton), Kusztor (Novo Nordisk), Ormiston (Afurika y’Epfo) na Berasategi (Euskaltel).

11:14: Abakinnyi 15 bari mu gikundi kimwe na Henok wambaye maillot jaune batangiye kwirema mu duce. Kuri ubu ikinyuranyo kiri hagati yabo n’abari imbere ni amasegonda 10.

11:08: Abakinnyi bari mu gikundi bagiye gutangira kuzamuka kwa Mutwe i Nyamirambo. Ikipe ya TotalEnergies ni yo ikiyoboye.

MySol yegereje Abaturarwanda ibikoresho bishya birimo ibyuma bishyushya amazi

Sosiyete itanga Ingufu z’Amashanyarazi akomoka ku mirasire y’Izuba, Engie Energy Access Rwanda, yamuritse ibikoresho bishya birimo amatara y’umutekano n’ibyuma bishyushya amazi, irushaho kubyegereza Abaturarwanda aho bari mu gihugu hose.

Mu 2020, ENGIE Group yaguze Mobisol, Fenix International na ENGIE PowerCorner bituma ibi bigo byose bihurizwa hamwe mu cyitwa ENGIE Energy Access yasimbuye izina rya Mobisol yitwa MySol.

Engie Energy Access ni yo igeza ku Banyarwanda ibicuruzwa bya Mysol, aho imaze gucanira abaturage bagera ku 300.000 bagizwe n’imiryango 60,000. Ni mu gihe amashuri agera kuri 400 amaze guhabwa amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba.

AMANOTA YA SPRINT YA MBERE

1. Bonnet
2. Calzoni
3. De la Parte

11:03: Ikipe ya Green Project ikinamo Henok wambaye maillot jaune ni yo iyoboye igikundi.

10:59: Abakinnyi bane bagerageje kwataka. Abari imbere ni Lecerf William Junior (Soudal-QuickStep), Grellier na Bonnet (Soudal-QuickStep) na Stewart (Bolton).

Tour du Rwanda isigayemo abakinnyi 63

Tour du Rwanda yitabiriwe n’abakinnyi 93 bari mu makipe 19 aturutse mu bice bitandukanye by’igihugu. Kugeza uyu munsi hasigayemo abakinnyi 63 ndetse ni bo batangiye Etape ya Munani.

Abakinnyi batatangiye isiganwa ry’uyu munsi ni Reinderink (Soudal-QuickStep) na Oram (Bolton).

Horizon Express yongeye guherekeza Tour du Rwanda

Ikigo gikora ingendo zihuza uturere twose tw’Intara y’Amajyepfo n’Umujyi wa Kigali, Horizon Express, ni cyo gitwara amakipe n’abakinnyi bitabira Tour du Rwanda.

Horizon Express imaze imyaka 17 mu kazi ko gutwara abantu ni ku nshuro ya kane cyaherekeje Tour du Rwanda.

AMANOTA Y’UMUSOZI WA MBERE:

10:52: Yatangiwe ku i Rebero ku kilometero cya 6,6. Yegukanywe na:

1. Janniere (TotalEnergies)
2. Pritzen
3. Nsengimana Jean Bosco
4. Arefayne

10:46: Mu bagiye batangiye kuzamuka umuhanda w’amabuye, abakinnyi bose bongeye kugendera hamwe mu gikundi.

10:42: Abakinnyi benshi batangiye kugerageza gusohoka mu gikundi.

10:41: Abakinnyi bari imbere mu gikundi bari kugendera ku muvuduko wo hejuru.

10:39: ISIGANWA NYAKURI RIRATANGIYE. Abakinnyi batangiye kubarirwa ibihe bageze kuri Camp Zaïre.

10:30: ISIGANWA RIRATANGIYE.

Agace ka nyuma ka Tour du Rwanda 2023 gatangijwe na Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, kuri Canal Olympia.

Abakinnyi bagiye kubanza gukora intera y’ibilometero 5,2 bitabarwa.

Henok Mulubrhan yari yifitiye icyizere mbere yo guhaguruka
Henok Mulubrhan na bagenzi be bakinana ubwo berekanwaga mbere yo gutangira Agace ka Munani ka Tour du Rwanda
Henok Mulubrhan w'imyaka 23 yatangiye umwaka neza. Yegukanye Tour du Rwanda nyuma yo gutwara Shampiyona Nyafurika yabereye muri Ghana
Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa n'Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Niyonkuru Zephanie, bagera kuri Canal Olympia
Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa, ni we watangije Agace ka Munani ka Tour du Rwanda 2023
Umuyobozi w'Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere, RDB, Clare Akamanzi aganira n'Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Niyonkuru Zephanie
Muhoza Eric aganira na Nsengimana Jean Bosco ndetse na Niyonkuru Samuel mbere yo gukina Etape ya Munani ya Tour du Rwanda 2023
Muhoza Eric w’imyaka 21 na Niyonkuru Samuel w’imyaka 20 bari mu Banyarwanda bitwaye neza muri Tour du Rwanda 2023
Umuyobozi Mukuru wa Cogebanque, Habarugira Ngamije Guillaume n'abandi bayobozi batandukanye muri iyi banki bitabiriye isozwa rya Tour du Rwanda 2023
Umwongereza Chris Froome ni umwe mu bafite izina bitabiriye Tour du Rwanda 2023
Ikipe ya May Stars yo mu Rwanda yasoje isiganwa ifite abakinnyi batatu
Perezida wa FERWACY, Murenzi Abdallah aganira n'Umuyobozi Mukuru wa RwandAir, Yvonne Manzi Makolo
Minisitiri w'Ubutegetsi bw'Igihugu, Musabyimana Jean Claude aganira n'uwa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa
Meya w'Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa aganira n'abarimo Mukabanana Théonestine ushinzwe Ishami ryo kwakira Abakiliya muri Cogebanque
Abakinnyi 65 ni bo batangiye Agace ka nyuma ka Tour du Rwanda 2023
Itorero Inyamibwa ni ryo ryatanze ikaze ku bitabiriye Agace ka nyuma ka Tour du Rwanda 2023

Ikoranabuhanga rikomeje kwimakazwa muri Tour du Rwanda

Ikigo cy’Ikoranabuhanga kizwi nka Centrika ku nshuro ya mbere cyitabiriye Tour du Rwanda. Cyegereje Abanyarwanda serivisi zabafasha kwiteza imbere no gushaka ibisubizo byubakiye ku gukoresha ikoranabuhanga.

Centrika iri kugeza amakarita ya SafariBus ku bantu bose iyatangira ubuntu kuko akoreshwa mu bwikorezi bw’abantu no guhaha ibicuruzwa bitandukanye.

Imiterere y’Agace ka Munani ka Tour du Rwanda 2023

Ni agace kagoye gakinwa kenshi hasozwa Tour du Rwanda nk’uko byagenze no mu nshuro ebyiri ziheruka.

Kiganjemo imisozi igoye kuko hari amanota atangirwa ku i Rebero inshuro eshatu no kuri Mur de Kigali (Kwa Mutwe) inshuro eshatu.

Hejuru y’iyo misozi yombi, hiyongera akazamuko ko ku rwego rwo hejuru ko kuri Canal Olympia ari nako basorezaho bagiye gutsinda.

Amanota ya ’sprint’ aratangwa inshuro ebyiri: Kuri Sitasiyo SP ku kilometero cya 13 no ku kilometero cya 35,5.

Uwavuga ko uyu munsi hatsinda umuzamutsi mwiza, ntiyaba yibeshye.

Mu mwaka ushize, Agace ka Munani katwawe na Mugisha Moïse. Kuri iyi nshuro, uyu mukinnyi wa Team Rwanda ntakiri mu isiganwa kuko yavuyemo ku Gace ka Gatandatu kasorejwe i Gicumbi kavuye i Rubavu.

Inyange Industries yaherekeje Tour du Rwanda 2023

Uruganda rwa Inyange Industries rwaherekeje Tour du Rwanda 2023 mu bice bitandukanye by’igihugu rurushaho gusobanurira no kwegereza Abanyarwanda ibijyanye n’ibicuruzwa byarwo.

Abatuye mu bice bitandukanye by’aho iri rushanwa rizenguruka u Rwanda mu mukino wo gusiganwa ku magare ryanyuze, bishimiye ibinyobwa byarwo. Muri uyu mwaka rwamuritse by’umwihariko umutobe ukoze mu mapera.

Inyange Industries ni yo itanga ibinyobwa abakinnyi n’abandi bitabira Tour du Rwanda banywa kuva isiganwa ritangiye kugeza rirangiye.

Ni nde wegukana Tour du Rwanda 2023?

Kugeza none ntawe uzi umukinnyi ushobora kwegukana Tour du Rwanda 2023.

Abakinnyi bayoboye urutonde rusange baregeranye mu bihe bamaze gukoresha ku buryo ushobora gukora ikinyuranyo kuri iki Cyumweru ari we utwara iri rushanwa.

Umunya-Eritrea Henok Mulueberhane wa Green Project Bardiani, wabaye uwa 17 asizwe umunota n’amasegonda 54 ku wa Gatandatu, ni we wahise yambara umwenda w’umuhondo aho amaze gukoresha amasaha 26, iminota 53 n’amasegonda icyenda, ibihe anganya na Walter Calzoni wa Q36.5 Pro Cycling Team.

Kuba abakinnyi ba mbere banganya ibihe, byatumye hitabazwa itegeko ry’Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) rivuga ko hateranywa imyanya bagize mu duce bakinnye kuva isiganwa ritangiye.

Ku giteranyo, Henok yagize imyanya 48 naho Calzoni agira imyanya 50.

Lecerf William Junior wari wambaye umwenda w’umuhondo, ni uwa gatatu ku rutonde rusange arushwa isengonda rimwe, agakurikirwa na Victor de la Parte (TotalEnergies) urushwa atatu na Anatolii Budiak (Terengganu Polygon) urushwa amasegonda ane.

Umunyarwanda uza hafi ku rutonde rusange ni Muhoza Eric wa gatandatu aho arushwa amasegonda umunani gusa, bimuha amahirwe yo guhatanira gutwara Tour du Rwanda izasozwa kuri iki Cyumweru.

10:00: Hari kwerekanwa abakinnyi bagiye gukina Agace ka nyuma ka Tour du Rwanda 2023.

Kugeza ku wa Gatandatu hari hamaze kuvamo abakinnyi 32 ariko byitezwe ko bashobora kwiyongera.

Inzira z’Agace ka Munani ka Tour du Rwanda 2023

Isiganwa riratangirira kuri CANAL OLYMPIA, bamanuke ku i Rebero, ariko ibihe biratangira kubarwa bamaze kugenda ibilometero 5,2 bitabarwa. Ni ukuvuga, ubwo baraba bageze kuri Camp Zaïre.

Barahita bafata umuhanda wa Kanogo - Rugunga - SEGEM - Gikondo kwa Mironko - Merez 1 - Merez 2 - Umuhanda w’amabuye.

Harakurikiraho kuzenguruka: Rond point Rebero - Miduha - LP - Kuri Tapis - Kwa Gisimba - Nyakabanda - Kwa Mutwe - Mosqué Majengo - ONATRACOM - Gitega - Gereza - Yamaha - Kinamba - Poids Lourds - Kanogo. Aho hose ni inshuro eshatu.

Baranyura kandi mu Rugunga - SEGEM - Gikondo kwa Mironko - Merez 1 - Merez 2 - Umuhanda w’amabuye - Rond point Rebero - Canal Olympia aho basoreza.

Imyiteguro kuri Canal Olympia irarimbanyije:

Abantu bafite imirimo itandukanye muri Tour du Rwanda 2023 babukereye kuri Olympia ahagiye gutangirira aka Gace ka Munani.

Abayobozi bakuru muri Cogebanque barimo Iyamuremye Antoine ushinzwe Iyamamazabikorwa (ibumoso) na Mukabanana Théonestine ushinzwe Ishami ryo kwakira abakiliya muri iyi banki ubwo bageraga kuri Canal Olympia
Abakobwa baherekeje Inyange Industries bari bafite akanyamuneza
Abagize Itorero Inyamibwa ubwo bari bageze kuri Canal Olympia ahasorejwe Tour du Rwanda 2023
Indabo za Bella Flowers ni zo zihabwa buri wese watsinze
MC Natete Brian yabukereye
Iyamuremye Antoine ushinzwe Iyamamazabikorwa muri Cogebanque n'umwe mu bashinzwe umutekano muri Tour du Rwanda
Abayobozi ba FERWACY bari kumwe n'umutekinisiye wa UCI witabiriye isozwa rya Tour du Rwanda 2023
Perezida w'Ishyirahamwe Nyarwanda ry'Umukino w'Amagare, Murenzi Abdallah
Abanyamakuru, Rigoga Ruth na Kayishema Thierry ba Televiziyo Rwanda

Bella Flowers igiye gushyira ku isoko indabo nshya z’amaroza

Ikigo Nyarwanda gihinga indabo z’amaroza, Bella Flowers, cyatangaje ko kigiye gushyira ku isoko ubwoko bushya, buzagera ku bakunzi b’indabo mu gihe kitarenze amezi abiri.

Cyabitangaje mu gihe cyo guherekeza Tour du Rwanda 2023, irushanwa rizenguruka ibice bitandukanye by’u Rwanda ku magare.

Bella Flowers ifite imirima y’indabo zitandukanye mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba.

UKO ABAKINNYI BAHEMBWE NYUMA YA ETAPE YA 7:

  • Umukinnyi wambaye ‘Maillot Jaune’ wahembwe na Visit Rwanda: Henok Muluerberhane (Green Project-Bardiani)
  • Umukinnyi wahize abandi mu guterera imisozi wahembwe na Cogebanque: Marc Oliver Pritzen (EF Education- Nippo)
  • Umukinnyi muto witwaye neza wahembwe na Prime Insurance: Calzoni Walter (Q36.5 Procycling Team)
  • Umukinnyi wahize abandi muri ‘sprint’ wahembwe na SP: James Fouche (Bolton Equities)
  • Umukinnyi wegukanye Agace ka Nyamata- Kigali: Manuele Tarozzi (Green Project-Bardiani)
  • Umunyarwanda mwiza: Muhoza Eric (Bike Aid)
  • Umunyafurika mwiza wahembwe na RwandAir: Henok Muluerberhane (Green Project-Bardiani)
  • Umukinnyi wahatanye kurusha abandi wahembwe na Horizon Express: Aklilu Arefayne (Eritrea)
  • Umukinnyi wayoboye isiganwa igihe kirekire wahembwe na Bella Flowers: Manuele Tarozzi (Green Project-Bardiani)
  • Ikipe y’Umunsi yahembwe na Inyange Industries: Euskaltel-Euskadi

Prime yimakaje ikoranabuhanga mu gutanga serivisi z’ubwishingizi

Prime Insurance iri guherekeza iri siganwa ry’amagare rizenguruka igihugu ku nshuro ya gatandatu.

Iki kigo ni cyo gihemba umukinnyi muto witwaye neza kuri buri gace ka Tour du Rwanda.

Prime Insurance ifite ikoranabuhanga rifasha abakiliya gukoresha murandasi, bakabona amasomo y’ubwishingizi n’ubwoko bw’uko butangwa n’ibindi.

Abakoresha ubwishingizi bwa Prime Insurance bashobora kubureba bakanze *177# bagakurikiza amabwiriza.

IKAZE MURI ETAPE 8 ya Tour du Rwanda 2023

Tubahaye ikaze nanone mu isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda mu mukino wo gusiganwa ku magare "Tour du Rwanda 2023", ryakomeje kuri iki Cyumweru hakinwa umunsi waryo wa munani ari na wo wa nyuma, mu gace gahagurukira kuri Canal Olympia ku i Rebero akaba ari naho gasorezwa nyuma yo kuzenguruka i Kigali ku ntera y’ibilometero 75,3.

  • Etape 8: Canal Olympia- Canal Olympia
  • Intera: Kilometero 75,3
  • Isaha yo guhaguruka: Saa 10:30
  • Isaha yo gusoza: Hagati ya saa 12:35 na 12:42.

Tour du Rwanda ni cyo gikorwa cy’imikino cyonyine kigera mu Ntara zose z’u Rwanda kandi gikurikiranwa n’Abanyarwanda benshi badasabwe ikiguzi na gito, muri make ni ku buntu.

Ni inshuro ya gatanu iri siganwa rigiye kuba riri ku kwego rwa 2.1 nyuma y’ane aheruka, yegukanywe n’Abanya-Erythrée; Merhawi Kudus mu 2019, Natnael Tesfazion mu 2020, Umunya-Espagne Cristian Rodriguez ndetse na Natnael Tesfazion wa Androni mu 2022.

Tour du Rwanda yatangiye gukinwa mu 1988, yabaye mpuzamahanga kuva mu 2009, aho yashyizwe ku cyiciro cya 2.2 kugeza mu 2018.

Itandukaniro ry’ibi byiciro byombi riba ko mu isiganwa riri kuri 2.1, amakipe yemerewe gutumirwamo arimo ayo mu cyiciro cya mbere ‘World Tour’ atarenze 50% y’amakipe yose agize isiganwa, n’amakipe yo mu cyiciro cya kabiri ‘Pro-Continental teams’, naho isiganwa riri ku cyiciro cya 2.2 ryo amakipe yemerewe gutumirwa ni ayo mu cyiciro cya gatatu gusa bita ‘Continental teams’ n’amakipe y’ibihugu yo ku mugabane irushanwa ryabereyeho.

Rwanda Foam yitabiriye Tour du Rwanda inizihiza isabukuru y’imyaka 40

Uruganda rukora rukanacuruza matelas, Rwanda Foam, muri gahunda yo kwizihiza isabukuru y’imyaka 40 rumaze, ruri kugenera abakiliya barwo Poromosiyo mu bihe bya Tour du Rwanda 2023.

Iri gushimira Abanyarwanda muri rusange, ku bw’imyaka 40 rumaze rubakorera matelas ndetse rwatangije urugamba rwo guca nyakatsi ku buriri kandi rubona rumaze kubigeraho muri iyo myaka 40.

VIDEO: Manuele Tarozzi yegukanye Etape ya Karindwi ya #TdRwanda23, Henok yisubiya umwambaro w’umuhondo mu gihe Muhoza Eric akomeje gucungira hafi

KANDA HANO UREBE AMAFOTO MENSHI YARANZE AGACE KA KARINDWI

Reba Manuele Tarozzi wa Green Project-Bardiani agera kuri Mont Kigali

Amafoto: Igirubuntu Darcy na Yuhi Irakiza Augustin

Video: Mugisha Dua


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages