00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Henok Mulueberhane yegukanye Etape ya 3 ya #TdRwanda23 (Amafoto &Video)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura, Israel Ishimwe
Kuya 21 February 2023 saa 07:25
Yasuwe :

Umunya-Eritrea Henok Mulueberhane ukinira Green Project–Bardiani–CSF–Faizanè yambaye umwenda w’umuhondo nyuma yo kwegukana Agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2023 kahagurukiye i Huye kerekeza i Musanze ku ntera y’ibilometero 199,5.

Henok wakomeje kugenda hafi mu gikundi kugeza ubwo yafataga umwanzuro wo gusatira mu kilometero cya nyuma, yageze i Musanze amaze gukoresha amasaha atanu, iminota 13 n’amasegonda 37, ibihe yanganyije na Lecerf William Junior wa Soudal Quick-step.

Umunya-Ukraine Budiak Anatolii wa Terengganu Polygon yahasesekaye nyuma y’amasegonda abiri, akurikirwa n’Umunya-Espagne Victor de la Parte wa TotalEnergies.

Muhoza Eric ukinira Bike Aid yo mu Budage ni we Munyarwanda wasoreje hafi, aba uwa 14 asizwe amasegonda 11 naho Niyonkuru Samuel wa Team Rwanda asigwa umunota n’amasegonda 15 ku mwanya wa 28.

Nsengimana Jean Bosco wegukanye amanota menshi mu kuzamuka imisozi kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 21 Gashyantare, yasoreje ku mwanya wa 34 yasizwe iminota itatu n’amasegonda 51.

Ethan Vernon wari wambaye umwambaro w’umuhondo yabaye uwa 61 yasizwe iminota 17 n’amasegonda 31 mu gihe Chris Froome yabaye uwa 22 yasizwe amasegonda 34.

Abakinnyi 82 ni bo basoje isiganwa, bane ntibasoza mu gihe umwe, Mol Wesley wa Bike Aid, atigeze akina uyu munsi.

Urutond rusange nyuma y’uduce dutatu ruyobowe na Henok Mulueberhane umaze gukoresha amasaha 11, iminota 22 n’amasegonda 59, anganya na Lecerf William Junior mu gihe bombi barusha Budiak Anatolii amasegonda abiri.

Umunyarwanda uri hafi ni Muhoza Eric wa 10, arushwa amasegonda 11.

Tour du Rwanda 2023 izakomeza ku wa Gatatu, tariki ya 22 Gashyantare, hakinwa Agace ka Kane kazahagurukira i Musanze kerekeza i Karongi ku ntera y’ibilometero 138,3.

UKO ISIGANWA RYAGENZE

Mu mafoto: Reba ibyaranze Etape ya Gatatu ya Huye-Musanze muri Tour du Rwanda 2023

  UKO ABAKINNYI BAHEMBWE

  • Umukinnyi wambaye ‘Maillot Jaune’ wahembwe na Visit Rwanda: Mulueberhan Henok (Green Project Bardiani)
  • Umukinnyi wahize abandi mu guterera imisozi wahembwe na Cogebanque: Marc Olivier Pritzen (EF Education- Nippo)
  • Umukinnyi muto witwaye neza wahembwe na Prime Insurance: Lecerf William Junior (Soudal Quick-step)
  • Umukinnyi wahize abandi muri ‘sprint’ wahembwe na SP: James Fouche (Bolton Equities)
  • Umukinnyi wegukanye Agace ka Huye- Musanze: Mulueberhan Henok (Green Project Bardiani)
  • Umunyarwanda mwiza: Muhoza Eric (Bike Aid)
  • Umunyafurika mwiza wahembwe na RwandAir: Mulueberhan Henok (Green Project Bardiani)
  • Umukinnyi wahatanye kurusha abandi wahembwe na Horizon Express: Marc Olivier Pritzen (EF Education- Nippo)
  • Umukinnyi wayoboye isiganwa igihe kirekire wahembwe na Bella Flowers: Nsengimana Jean Bosco (Team Rwanda)
  • Ikipe y’Umunsi yahembwe na Inyange Industries: Soudal Quick-step.

 AMAKURU MASHYA

14:00: Umunya-Eritrea Henok Mulueberhane ukinira Green Project Bardiani yegukanye Etape ya Huye-Musanze.

13:58: Ikilometero cya nyuma.

13:58: De la Parte (TotalEnergies) afashe Fouche anamucaho, agenda wenyine.

13:58: De la Parte (TotalEnergies) asohotse mu gikundi.

13:56: Igikundi cyongereye umuvuduko.

13:55: Mu bilometero bibiri bya nyuma, Pritzen yasizwe amasegonda 15 naho igikundi cyasizwe 35.

13:54: James Fouche ari wenyine imbere. Igikundi yagisize amasegonda 45.

13:53: Mu bilometero bitatu bya nyuma, hongeye kubaho kugendera hamwe hagati y’igikundi n’abakinnyi icyenda bari bakurikiye Fouche na Pritzer.

13:51: Ibilometero bitanu bya nyuma: Abakinnyi bayoboye batangiye kuzamuka kuri Mukungwa.

13:49: Abakinnyi icyenda ni bo bakurikiye James Fouche Marc Pritzer bayoboye, ariko babasize amasegonda 45. Abo barimo Lecerf, Tarozzi, Grellier, Mulueberhane, Iturria, Calzoni, Reinderink, Yemane na Oram.

Igikundi cyasizwe umunota n’amasegonda 10.

Isiganwa mu bilometero 10 bya nyuma: Abakinnyi bayoboye bageze bageze Muryabazira ndetse bari gusatira Mukinga.

13:45: Chris Froome wari wasigaye yongeye gufata igikundi.

13:44: Abakinnyi batatu basohotse mu gikundi baragenda. Ubu Nsengimana ari kumwe na Muhoza Eric, Bonnet, Ormiston, Henok M na Vercher.

13:36: Nsengimana Jean Bosco bamusize amasegonda 30. Igikundi cyasizwe ho umunota n’amasegonda 30.

  Isiganwa mu bilometero 20 bya nyuma

13:35: Pritzen yegukanye amanota y’Umusozi wa Gatanu atangiwe Kivuruga ku kilometero cya 176,4. Yakurikiwe na Fouche mu gihe Nsengimana Bosco na Bonnet bari hafi aho.

13:28: Nsengimana yatakaye mu gihe bageze ku kilometero cya 171 muri Buranga. Ubu Fouche na Pritzen bamusize amasegonda 25.

13:25: Igikundi kiri imbere kigizwe n’abakinnyi bari muri 20 ndetse kiyobowe n’umukinnyi wa Afurika y’Epfo. Ubu ikinyuranyo ni umunota n’amasegonda 40.

13:23: Abakinnyi bamwe batangiye gushaka uko bacika mu gikundi. Ikinyuranyo kigeze ku minota ibiri n’amasegonda 45.

IBILOMETERO 30 BYA NYUMA

13:19: Abasiganwa binjiye mu bilometero 30 bya nyuma. Kuri ubu abakinnyi benshi batangiye kugerageza kureba uko bacomoka mu gikundi, bajya gushaka uko bahinguka mu Karere ka Musanze bayoboye.

12:59: Igikundi gikomeje kugendera ku muvuduko wo hejuru ndetse kiri kugabanya ibihe hagati yacyo n’abari imbere. Ubu ya minota igeze kuri ine n’amasegonda 10.

12:55: Abasiganwa bageze kuri Base mu Karere ka Gakenke aho bamaze kugenda ibilometero 166. Abari imbere bamaze gusiga ab’inyuma bari kugendera hamwe ho iminota itanu n’amasegonda 15.

12:46: Ikinyuranyo hagati ya ba bakinnyi batatu bari imbere n’abari mu gikundi gikomeje kugabanuka, ubu iminota igeze ku minota itanu n’amasegonda 50.

  Imbuga nkoranyambaga ziri maso ku makuru agezweho ya Tour du Rwanda

Tour du Rwanda ni rimwe mu masiganwa avugwa cyane ku mbuga nkoranyambaga mu akinirwa imbere mu gihugu.

Kuva ku bigo byitabiriye iri rushanwa rizenguruka igihugu ku magare kugera ku bantu ku giti cyabo, bakoresha imbuga nkoranyambaga mu gutanga no gusangiza ababakurikira amakuru agezweho muri Tour du Rwanda.

  Cogebanque iri hejuru cyane

  Horizon Express yishimiye guhagurukira ku gicumbi cyayo

Horizon Express, Ikigo gikora ingendo zihuza uturere twose two mu Ntara y’Amajyepfo n’Umujyi wa Kigali cyishimiye guhagurukira mu Karere ka Huye aho gifite icyicaro.
Iki kigo kimaze imyaka 17 mu kazi ko gutwara abantu. Iyi ni inshuro ya kane yaherekeje Tour du Rwanda.

Horizon Express ni yo ihemba umukinnyi wahatanye kurusha abandi muri buri gace ka Tour du Rwanda.

Iki kigo kandi gikoresha imodoka zacyo mu gutwara amakipe na bamwe mu bayagize bitabira Tour du Rwanda.

  Prime Insurance irahari

Akavura kageze hasi mu nzira igana i Musanze!

Biteganyijwe ko umukinnyi wa mbere akandagiza igare mu Karere ka Musanze ahagana saa Saba n’iminota 51.

Kuva i Rulindo ugana mu Karere ka Musanze, imvura yatangiye kujojoba. Nyuma y’iminota nk’icumi yahise igenza make.

I Musanze aho isiganwa risorezwa ni agace gafatwa nk’igicumbi cy’ubukerarugendo. Ni iwabo w’Ingagi zo mu Birunga, zikurura ba mukerarugendo baturuka imihanda yose.

12:36: Hari abakinnyi baguye mu gikundi kuko umuhanda uranyerera. Abo barimo aba Team Rwanda, Eritrea na Maroc.

12:25: Nsengimana abanje kuruhukamo ategereje babiri bamukirikiye. Birumvikana ko afite umubare wo gushaka imbaraga zo kuzamuka umusozi wa Buranga.

 NSENGIMANA YEGUKANYE UMUSOZI WA KANE

12:24: Nsengimana atanze abandi ku Murenge. Yakurikiwe na Pritzen ndetse na Fouche.

12:17: Igikundi kigabanyije ikinyuranyo kuko ubu hasigayemo iminota 10 ku kilometero cya 129.

12:14: Akavura gatangiye kujojoba mu Majyaruguru. Abakinnyi bayoboye batangiye kuzamuka umusozi wa kane.

12:11: James Fouche na Pritzen bamaze gufata Nsengimana mu gihe bari gutambika i Shyorongi. Ubu isiganwa riyobowe n’abakinnyi batatu.

12:08: I Shyorongi, abakurikiye Nsengimana Jean Bosco batangiye kugabanya ibihe. Hasigayemo amasegonda 15.

 NSENGIMANA YEGUKANYE UMUSOZI WA GATATU

12:02: Nsengimana Jean Bosco yegukanye amanota y’Umusozi wa gatatu atangiwe i Kinyinya ku kilometero cya 118.

Yakurikiwe na Pritzen, Fouche na Raisberg.

Igikundi cyasigaye iminota 10 n’amasegonda 20.

 Ethan Vernon atangiye gusogongera kuri Tour du Rwanda

11:51: Ethan Vernon wambaye umwenda w’umuhondo asizwe n’igikundi batangiye kuzamuka i Shyorongi.

Ubusanzwe ntashoboye kuzamuka ndetse benshi babona ko uyu munsi ashobora gutakaza umwanya wa mbere.

11:49: Israel- Premier Tech ni yo ikiyoboye igikundi.

11:46: Nsengimana Jean Bosco ageze ku Gitikinyoni yasize abamukurikiye umunota wose.

11:35: Nsengimana akomeje kongera ikinyuranyo. Abamukurikiye yabasize amasegonda 40. Igikundi cyo cyasigaye ho iminota 12.

 NSENGIMANA YEGUKANYE UMUSOZI WA KABIRI

11:25: Nsengimana Jean Bosco yegukanye amanota atangiwe ku Ruyenzi ku kilometero cya 106,5. Yakurikiwe na Pritzen yasize amasegonda 45.

11:19: Ikinyuranyo kiragabanutse. Ubu Nsengimana arusha abamukurikiye amasegonda 20 gusa. Igikundi cyasizwe ho iminota 10 n’amasegonda 50.

11:13: Nsengimana yashyizemo amasegonda 30 hagati ye na babiri bamukurikiye.

 NSENGIMANA YEGUKANYE UMUSOZI WA MBERE

11:08: Nsengimana Jean Bosco yegukanye amanota atangiwe ku Kamonyi ku kilometero cya 93,5. Yakurikiwe na Pritzen ndetse na James Fouche.

11:06: Nsengimana yashyizemo amasegonda 20 hagati ye na Pritzen ndetse n’amasegonda 30 hagati ye na Fouche.

11:05: Fouche na Pritzen bagowe no kuzamuka. Nsengimana Jean Bosco ayoboye isiganwa wenyine aho yashyizemo ikinyuranyo.

  Cogebanque yaherekeje Tour du Rwanda 2023

Banki Nyarwanda y’Ubucuruzi iri mu baterankunga b’imena ba Tour du Rwanda 2023. Ni yo ihemba umukinnyi mwiza urusha abandi kuzamuka mu misozi.

Cogebanque nk’imwe muri banki zigendana n’ibigezweho na yo imaze igihe kitari gito yorohereje abayigana kubona serivisi zitandukanye z’imari bakoresheje internet.

Ni uburyo bwiswe Internet Banking bwatangijwe mu 2017 hagamijwe gufasha abakiliya kugera kuri serivisi za banki aho baba bari hose kandi batavunitse.

Hari hanagamijwe kugendana na gahunda u Rwanda rwihaye yo kubaka ubukungu bushingiye ku ikoranabuhanga, aho ryifashishwa mu ihererekanywa ry’amafaranga nk’uburyo bwizewe, bwihuta kandi bunogeye ababukoresha.

Iyi banki ifasha abayigana kubona inguzanyo zibafasha kwiteza imbere cyangwa gukemura ikibazo bashobora guhuza nacyo.

Cogebanque yizeza abayigana ko mu gihe bagendanye “ibagoboka aho rukomeye n’inguzanyo zo kwiteza imbere.’’

Muri iyi Tour du Rwanda 2023, Cogebanque yakomeje ubukangurambaga bwiswe “Tugendane” bugamije kwegereza abakiliya serivisi z’imari.

Cogebanque igiye guherekeza Tour du Rwanda ku nshuro ya 12. Ni nyuma y’uko mu Ugushyingo yo n’Ishyirahamwe ry’Umukino wo gusiganwa ku magare mu Rwanda, FERWACY, byashyize umukono ku masezerano y’imyaka itatu azatuma ikomeza gutera inkunga iri rushanwa.

Kuva yatangira gukorera mu Rwanda, Cogebanque imaze kuhagira amashami 28 ayifasha kugeza serivisi ku bayigana. Ifite ATM 36, aba-agents barenga 650 bafasha abayigana gufunguza konti, kubitsa no kubikuza.

Inatanga izindi serivisi zirimo izifashisha ikoranabuhanga binyuze muri Internet Banking, Mobile Banking, SchoolGEAR Ikarita ya Smart cash ndetse n’amakarita ya MasterCard (Debit, Credit na Prepaid) yifashishwa mu kwishyura no kubikuza ahantu harenga miliyoni 36 ku Isi yose.

  VIDEO: Abanyarwanda bahanze amaso Etape 3

Umutoza wa Team Rwanda, Sempoma Félix, yavuze ko biteguye neza aka gace cyane ko kanyura, kakanasorezwa mu misozi basanzwe bamenyereye.

Yashimangiye ko bafite amahirwe yo kwitwara neza muri aka gace kuko “abakinnyi bafite morale’’.

 10:49: Umuvuduko mu isaha ya kabiri wari 29,8km. Impuzandengo y’umuvuduko w’isiganwa iracyari 39,4 km/h.

  Mwakire intashyo z’ab’i Muhanga

Akarere ka Muhanga ni kamwe mu munani tugize Intara y’Amajyepfo, kagizwe n’imirenge 12, utugari 63 n’imidugudu 331. Gafite ubuso bwa kilometero kare 647.7, gatuwe n’abaturage barenga ibihumbi 318.

Ukigera muri aka karere kashyizwe mu mijyi itandatu yunganira uwa Kigali, usanganirwa n’inyubako ndende nshya zuzuye, izirimo kubakwa n’ibikorwa remezo nka gare, amabanki, amashuri, stade n’ibindi byerekana ko wageze mu mujyi.

Muri aka karere ni ho hari icyicaro cy’umushinga ukomeye w’ikoranabuhanga wo gutwara amaraso mu bitaro hifashishijwe indege nto zizwi nka drones. Hari kandi Basilika nto ya Kabgayi, ari nayo rukumbi u Rwanda rufite.

Akarere ka Muhanga gafite imirenge 12 ariyo Muhanga, Cyeza, Kibangu, Kiyumba, Mushishiro, Kabacuzi, Nyabinoni, Nyamabuye, Nyarusange, Rongi, Rugendabari na Shyogwe.

Mu Mujyi wa Muhanga, abafana benshi bategereje kwakira abakinnyi no kurushaho kuryoherwa n’iri siganwa riri kunyura muri aka gace ku nshuro ya kabiri nyuma y’iya mbere yahanyuze muri Etape 2 ya Kigali-Gisagara.

 Fouche yatsinze ’sprint ya mbere

10:35 Amanota ya Sprint ya mbere atangiwe kuri Sitasiyo ya SP y’i Muhanga, yegukanywe na James Fouche wa Bolton Equities, akurikiwe na Pritzen ndetse na Nsengimana Jean Bosco.

10:20: ABASIGANWA BAGEZE I MUHANGA: Ikinyuranyo kiracyari iminota 11 hagati y’abakinnyi batatu bayoboye n’igikundi.

  Hakizimana Félicien wa May Stars yahagurukanye icyizere

Kapiteni wa May Stars, Hakizimana Félicien, mbere yo guhaguruka yabwiye IGIHE ko yiteguye neza agace k’uyu munsi kanyura mu misozi irimo uwa Shyorongi na Buranga.

Uyu mukinnyi asigaranye na bagenzi be babiri b’Abanyarwanda kuko Abanya-Erythrea babiri bakinana bavuye mu isiganwa.

Uyu munsi yavuze ko bafasha gahunda yo kugendera mu gikundi hanyuma bakabika imbaraga zishobora kubafasha mu bilometero bya nyuma.

10:05: Ku kilometero cya 50, Pritzen, Nsengimana na Fouche bashyizemo ikinyuranyo cy’iminota 11.

09:53: Israel-Premier Tech na Euskaltel-Euskadi ni zo ziyoboye igikundi cyasizwe iminota 10 n’amasegonda 15 aho bageze mu Mujyi wa Ruhango ku kilometero cya 45.

09:50: Umuvuduko w’isiganwa mu isaha yaryo ya mbere wari 39 km/h.

09:48: ISIGANWA RIGEZE MU RUHANGO: Pritzen, Nsengimana na Fouche bashyizemo ikinyuranyo cy’iminota 10 n’amasegonda 45.

09:39: Igikundi kiyobowe n’amakipe atatu arimo Soudal-QuickStep ikinamo Ethan Vernon wambaye umwenda w’umuhondo.

  Tour du Rwanda si amagare gusa!

Kimwe mu byo Tour du Rwanda isigira igihugu ni ukumenyekanisha ibyiza nyaburanga bigitatse cyangwa ibyerekana amateka y’igihugu.

Nko mu Gace ka Gatatu ka Tour du Rwanda, abasiganwa bahagurukiye mu Karere ka Huye, bakomeza mu ka Nyanza ahafatwa nko ku gicumbi cy’umuco; ni mbere yo kugera Ruhango-Muhanga-Kamonyi-Nyarugenge aho bava bakomeza Shyorongi mbere yo gufata umuhanda ugana Musanze.

Reka twitse i Nyanza. Kuva mu 1899 habaye Umurwa Mukuru w’ubwami ku Ngoma y’Umwami Yuhi V Musinga ubwo yatoranyaga umusozi wa Gakenyeri nk’ahagomba kuba ingoro ye, avuye ku Kamonyi. Byabaye nk’ihame ku bami bamukurikiye bituma nabo bubaka ingoro zabo i Nyanza.

Ako gace ni ko kubatsemo ingoro ya Mutara III Rudahigwa mu Rukari n’ingoro ya Kigeli V Ndahindurwa ku Bigega, aho yabaye kugeza mu 1960. Ni agace kuri ubu katejwe imbere, karavugururwa ndetse Guverinoma yiyemeje kugaha umwihariko mu bukerarugendo bushingiye ku muco.

Aha muri Nyanza ni ho hari Ingoro y’Amateka y’Abami n’iyo Kwigira kw’Abanyarwanda, aho abazisuye basobanurirwa amateka yimbitse y’Abanyarwanda.

09:26 ABASIGANWA BINJIYE I NYANZA. Ikinyuranyo gikomeje gutumbagira. Ubu ni iminota irindwi n’amasegonda 50.

09:14: Pritzen, Nsengimana na Fouche bashyizemo ikinyuranyo cy’iminota irindwi n’amasegonda 20 ku kilometero cya 19 gusa.

 Abanyarwanda bari mu bo kwitega uyu munsi

Nubwo mu nshuro ebyiri ziheruka, isiganwa ryasorejwe i Musanze ryegukanywe n’Abafaransa, Umunyamakuru Kayishema Thierry Tity wa RBA avuga ko abakinnyi b’Abanyarwanda atari abo kurenza ingohe mu gace ka Huye-Musanze kuko uyu muhanda bawumenyereye.

Ati “Mu by’ukuri, nka étape y’i Musanze birashoboka. Buriya, kumenya umuhanda birafasha, ariko kuwukoreramo cyane bikaba akarusho. Ni ukuvuga ngo ni umuhanda abakinnyi bakunze gukoresha cyane bari mu myitozo, nubwo tuzaba twakoze urugendo rwa kilometero 199,5 tuva i Huye, ariko mu rugendo ruva i Huye, uretse kuzamuka, ariko navuga ko nta kintu gikomeye kizaba kirimo uretse intambara y’abazaba bagiye gusha imisozi uhereye ku wa Shyorongi n’uwa Buranga.”

Yakomeje agira ati “Impamvu navuga ko ari étape ishoboka ku Banyarwanda ni uko unasubiye inyuma ku mitere ya Tour du Rwanda, kuva kwa Valens [Ndayisenga] 2013, 2014 na Bosco [Nsengimana] bayitsinze, navuga ko ari étape iba ishoboka.”

08:58: Abakinnyi barenze muri RAB- Rubona. Ubu ikinyuranyo ni iminota ine n’amasegonda 20.

08:58: Abakinnyi bayoboye bagaragaje ko batoroshye. Ku wa Mbere, Marc Pritzen yayoboye isiganwa ibilometero 100 km. James Fouche na Nsengimana Jean Bosco bigaragaje ku munsi wa mbere n’uwa kabiri.

08:56: Ku kilometero cya gatanu, ikinyuranyo kimaze kuba umunota n’amasegonda 50 hagati y’abakinnyi batatu bayoboye n’igikundi.

 Amwe mu mafoto ya mbere yo guhaguruka i Huye

08:49: Ku kilometero cya mbere, abakinnyi batatu bahise bacika abandi bagenda bonyine. Abo ni Pritzen wa EF Education, James Fouche wa Bolton Equities na Nsengimana Jean Bosco wa Team Rwanda.

Igikundi cyabaretse ndetse cyasigaye ho amasegonda 45.

08:45: Abakinnyi batangiye kubarirwa ibihe. Bagiye gukora intera y’ibilometero 199,5.

08:30: ISIGANWA RIRATANGIYE: Abakinnyi 89 bagiye kubanza gukora intera y’ibilometero 7,7. Ibihe biratangira kubarwa binjira i Karama.

  Agace ka Gatatu kahagurukiye i Huye, umujyi ubumbatiye umuco n’uburezi by’u Rwanda

Iyo uvuze Akarere ka Huye, benshi bumva vuba i Butare ku gicumbi cy’uburezi n’umuco. Ni kamwe mu turere umunani tugize Intara y’Amajyepfo, kakaba kagizwe n’imirenge 14 iri ku buso bwa kilometero kare 581.5, umujyi wako ni umwe mu yunganira Umurwa Mukuru Kigali.

Ubuhinzi, ubworozi, ubukerarugendo, ubucuruzi n’inganda, ni wo musingi w’ubukungu bwa Huye. Ikawa ya Maraba, yabaye ikimenyabose ku ruhando mpuzamahanga ikomoka muri karere. Ku bakunda ibyiza by’u Rwanda bizihirwa cyane iyo batashye ingoro ndangamurage y’Imibereho y’Abanyarwanda, Ibisi bya Huye, Ishyamba ry’Arboretum n’ibindi.

Kuvuga ko mu Karere ka Huye hari igicumbi cy’uburezi si amakabyankuru kuko ari ho hatangiriye Kaminuza ya mbere yageze mu Rwanda, yahoze yitwa UNR, ubu ni Kaminuza y’u Rwanda. Aka karere kabarizwamo amashuri yisumbuye 50 n’amashuri abanza 100.

Akarere ka Huye ntigasigara inyuma mu muvuduko w’iterambere igihugu kirimo yaba mu mibereho myiza y’abaturage, ubuhinzi, ubucuruzi, inganda n’ibindi.

Umujyi wa Huye ni umwe muri itandatu yatoranyijwe ngo yunganire Umujyi wa Kigali. Ufite ibikorwa bitandukanye by’ubucuruzi, ibyo abikorera barimo kubaka, gare igezweho, amasoko agezweho yubatswe n’abikorera, ibikorwa remezo cyane cyane imihanda ya kaburimbo igenda ikorwa muri uyu mujyi.

Akarere ka Huye kazwiho guhinga Kawa ndetse buri mwaka hongerwa ubuso ihinzeho no gusarura izishaje.

Ingoro ndangamurage y’Imibereho y’Abanyarwanda [yaboneye izuba izigera ku munani u Rwanda rufite] iherereye mu Karere ka Huye

07:40: Abatuye i Huye beretswe amakipe agiye gukina uyu munsi:

Nk’uko bikorwa kuri buri gace k’isiganwa, mbere y’uko ritangira, abakinnyi babanza gusinya ndetse bakerekanwa mbere yo guhaguruka.

Kuri ubu amakipe yose yamaze kugera ahagiye gutangirira isiganwa mu Mujyi wa Huye ku Mberabyombi.

Imyiteguro y’aho Etape 3 ihagurukira irarimbanyije

Mu gitondo cya kare ni bwo aba mbere bageze mu Mujyi wa Huye rwagati batangira imyiteguro ya nyuma yo gutegura aho Etape ya gatatu iri buhagurukire.

Iyi myiteguro igizwe ahanini no gushyiraho ibyapa binini byerekana aho isiganwa ritangirira, iby’abaterankunga b’imena nka Cogebanque baritera inkunga n’ubundi butumwa butandukanye nk’ubwa Gerayo Amahoro bwa Polisi y’Igihugu.

Amateka y’Umujyi wa Huye n’uwa Musanze muri Tour du Rwanda

Umujyi wa Huye umaze kugeramo Tour du Rwanda inshuro 21. Muri izo harimo inshuro 11 iri siganwa ryahasorejwe n’izindi 10 ryahatangiriye, ubariyemo iyo kuri uyu wa Kabiri.

Umujyi wa Musanze twerekejemo, ugiye gusorezwamo agace ka Tour du Rwanda ku nshuro ya 12. Mu nshuro ebyiri ziheruka, hatsinze Abafaransa: Alexandre Geniez (2022) na Ferron Valentin (2021).

Muri rusange, ni ku nshuro ya 25 kuva mu 2012, Umujyi wa Musanze ugezemo Tour du Rwanda ubariyemo igihe yatangiriyemo isiganwa cyangwa igihe ryahasorejwe.

 Abakinnyi berekeza i Musanze bambaye imyenda yihariye:

  • Umukinnyi wambaye ‘Maillot Jaune’ wahembwe na Visit Rwanda: Vernon Ethan (Soudal Quick-step)
  • Umukinnyi wahize abandi mu guterera imisozi wahembwe na Cogebanque: Marc Olivier Pritzen (EF Education- Nippo)
  • Umukinnyi muto witwaye neza wahembwe na Prime Insurance: Vernon Ethan (Soudal Quick-step)
  • Umukinnyi wahize abandi muri ‘sprint’ wahembwe na SP: James Fouche (Bolton Equities)
  • Umunyarwanda mwiza: Muhoza Eric (Team Rwanda)
  • Umunyafurika mwiza wahembwe na RwandAir: Mulueberhan Henok (Green Project Bardiani)

Ethan Vernon uyoboye isiganwa, ntahabwa amahirwe i Musanze

Umunyamakuru wa Royal FM, Bigirimana Augustin "Guss" akaba umwe mu bakurikirana cyane Tour du Rwanda n’umukino w’Amagare, nyuma y’Agace ka Kigali-Gisagara, yabwiye IGIHE ko Ethan Vernon yamaze gukina ibye, ahasigaye agiye gukorera abandi.

Ati "Nkurikije uko asanzwe akina amasiganwa yandi, ukareba n’umubiri we, ntabwo ejo [kuri uyu wa Kabiri] byagutungura bamusize iminota 10, umunsi ukurikiyeho bakamusiga iminota 15. Ni ibintu bishoboka cyane."

Yakomeje agira ati "Ntabwo ari umuntu ushaka ’maillot jaune’, akazi ke yakarangije. Niba Quick-step ifitemo undi mukinnyi w’umuzamutsi, ni we ashobora kuzakorera. Mu gihe twabonaga ’maillot jaune’ [Ethan Vernon] bari kumukorera uyu munsi, tuzabona ari gukorera abandi. Icyo nakwemeza ni uko umwambaro w’umuhondo azawutakaza bitarenze ejo [kuri uyu wa Kabiri]."

Ku rutonde rusange, nubwo Vernon yambaye umwenda w’umuhondo ariko anganya ibihe n’abandi bakinnyi batari bake barimo Umunyarwanda Niyonkuru Samuel na Manizabayo Eric.

Imitere y’Agace ka Gatatu ka Tour du Rwanda 2023

Uretse kuba ari ko gace karekare mu isiganwa ry’uyu mwaka, Huye-Musanze ni agace kagoranye kuko karazamuka ugereranyije n’utundi tubiri twakabanjirije.

Abakinnyi barabanza gukora inzira ya Huye-Gitikinyoni mu cyerekezo gitandukanye n’icyo banyuzemo ku wa Mbere ubwo berekezaga i Gisagara. Aho barazamuka imisozi ibiri irimo uwa Kamonyi na Ruyenzi.

Gusa, ibintu birahindura isura nibatangira kuzamuka i Kanyinya no ku Murenge mu gihe kandi baza kwiyongeza Kivuruga na Musanze mbere yo gusoza.

Amanota ya sprint aratangirwa kuri Sitasiyo SP i Muhanga ndetse no kuri Sitasiyo SP yo kuri Nyirangarama.

IKAZE MURI ETAPE 3 ya Tour du Rwanda 2023

Tubahaye ikaze nanone mu isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda mu mukino wo gusiganwa ku magare "Tour du Rwanda 2023", ryakomeje kuri uyu wa Kabiri hakinwa umunsi waryo wa gatatu, mu gace gahagurukira i Huye kerekeza i Musanze ku ntera y’ibilometero 199,5.

  • Etape 2: Kigali (Car Free Zone)- Gisagara
  • Intera: Kilometero 132,9
  • Isaha yo guhaguruka: Saa 09:00
  • Isaha yo gusoza: Hagati ya saa 13:51 na 14:17.

Tour du Rwanda ni cyo gikorwa cy’imikino cyonyine kigera mu Ntara zose z’u Rwanda kandi gikurikiranwa n’Abanyarwanda benshi badasabwe ikiguzi na gito, muri make ni ku buntu.

Ni inshuro ya gatanu iri siganwa rigiye kuba riri ku kwego rwa 2.1 nyuma y’ane aheruka, yegukanywe n’Abanya-Erythrée; Merhawi Kudus mu 2019, Natnael Tesfazion mu 2020, Umunya-Espagne Cristian Rodriguez ndetse na Natnael Tesfazion wa Androni mu 2022.

Tour du Rwanda yatangiye gukinwa mu 1988, yabaye mpuzamahanga kuva mu 2009, aho yashyizwe ku cyiciro cya 2.2 kugeza mu 2018.

Itandukaniro ry’ibi byiciro byombi riba ko mu isiganwa riri kuri 2.1, amakipe yemerewe gutumirwamo arimo ayo mu cyiciro cya mbere ‘World Tour’ atarenze 50% y’amakipe yose agize isiganwa, n’amakipe yo mu cyiciro cya kabiri ‘Pro-Continental teams’, naho isiganwa riri ku cyiciro cya 2.2 ryo amakipe yemerewe gutumirwa ni ayo mu cyiciro cya gatatu gusa bita ‘Continental teams’ n’amakipe y’ibihugu yo ku mugabane irushanwa ryabereyeho.

Reba amashusho y’uko byari byifashe mu gace ka kabiri

Amafoto yaranze Etape ya Kabiri ya Kigali-Gisagara

Amafoto: Igirubuntu Darcy na Yuhi Irakiza Augustin

Video: Mugisha Dua


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages