00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Thomas Bonnet yegukanye Etape ya 4 ya Tour du Rwanda 2023 (Amafoto &Video)

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura, Israel Ishimwe
Kuya 22 February 2023 saa 07:54
Yasuwe :

Umufaransa Thomas Bonnet ukinira TotalEnergies yegukanye Agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2023 kahagurukiye i Musanze kerekeza i Karongi ku ntera y’ibilometero 138,3 nyuma yo gukoresha amasaha atatu, iminota 19 n’amasegonda 23.

Uyu mukinnyi w’Umufaransa wavuye mu gikundi mu bilometero 20 bya nyuma agasatira abandi bari imbere, yatanze abandi kugera i Karongi yashyizemo ikinyuranyo cy’amasegonda atanu hagati ye na Stewart Mark wa Bolton Equities wabaye uwa kabiri.

Ethan Vernon wabaye uwa mbere mu duce tubiri tubanza, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 22 Gashyantare, yabaye uwa kane asizwe amasegonda arindwi, aza inyuma ya Vercher Matteo wa TotalEnergies, we wasizwe amasegonda atanu.

Bonnet w’imyaka 24, ni we wahise yambara umwenda w’umuhondo kuko amaze gukoresha amasaha 14, iminota 40 n’amasegonda 33, arusha amasegonda 20 Henok Mulueberhane wabaye uwa gatanu kuri iyi nshuro aho yasizwe amasegonda 31.

Muhoza Eric ukinira Bike Aid yo mu Budage, yongeye kuba Umunyarwanda witwaye neza uyu munsi, aba uwa 12 yasizwe amasegonda 31 kuko yaje mu gikundi cyarimo n’abandi barenga 20.

Umwongereza Chris Froome ukinira Israel-Premier Tech yabaye uwa 33 yasizwe amasegonda 37.

Ku rutonde rusange, Muhoza aracyari ku mwanya wa 11 aho arushwa amasegonda 31 mu gihe Froome arushwa umunota umwe n’amasegonda umunani.

Abakinnyi 81 ni bo basoje isiganwa kuri uyu wa Gatatu. Ni nyuma y’uko havuyemo Aiman Cahyadi wa Terengganu Polygon yo muri Malaysie.

Tour du Rwanda 2023 izakomeza ku wa Kane, tariki ya 23 Gashyantare, hakinwa Agace ka Gatanu kazahagurukira i Rusizi kerekeza i Rubavu ku ntera y’ibilometero 195,5.

UKO ISIGANWA RYAGENZE:

Amashusho: Dore uburyo Thomas Bonnet yatanze abandi i Karongi abasigiye mu kilometero cya nyuma:

UKO ABAKINNYI BAHEMBWE:

  • Umukinnyi wambaye ‘Maillot Jaune’ wahembwe na Visit Rwanda: Thomas Bonnet (TotalEnergies)
  • Umukinnyi wahize abandi mu guterera imisozi wahembwe na Cogebanque: Marc Olivier Pritzen (EF Education- Nippo)
Marc Olivier Pritzen wa EF Education- Nippo yahembwe na Cogebanque nk'umukinnyi wahize abandi mu guterera imisozi muri etape ya Musanze-Karongi
  • Umukinnyi muto witwaye neza wahembwe na Prime Insurance: Lecerf William Junior (Soudal Quick-step)
  • Umukinnyi wahize abandi muri ‘sprint’ wahembwe na SP: James Fouche (Bolton Equities)
  • Umukinnyi wegukanye Agace ka Musanze- Karongi : Thomas Bonnet (TotalEnergies)
  • Umunyarwanda mwiza: Muhoza Eric (Bike Aid)
  • Umunyafurika mwiza wahembwe na RwandAir: Mulueberhan Henok (Green Project Bardiani)
  • Umukinnyi wahatanye kurusha abandi wahembwe na Horizon Express: Arefayne Aklilu (Eritrea)
  • Umukinnyi wayoboye isiganwa igihe kirekire wahembwe na Bella Flowers: Stewart Mark (Bolton Equities)
  • Ikipe y’Umunsi yahembwe na Inyange Industries: TotalEnergies.

AMAKURU MASHYA

12:01: Thomas Bonnet wa TotalEnergies ni we utsinze Agace ka Kane ka Tour du Rwanda.

11:58: Ikilometero cya nyuma.

11:56: Isiganwa mu bilometero bitatu bya nyuma.

Igikundi cyasizwe amasegonda 35.

11:53: Kugeza ubu Bonnet ni we uyoboye isiganwa (wakwambara umwenda w’umuhondo) kuko yarushwaga amasegonda 11 na Henok wa mbere.

11:50: Abakinnyi bayoboye isiganwa bashyizemo amasegonda 40 imbere y’igikundi.

11:47: Isiganwa ryinjiye mu bilometero 10 bya nyuma.

Igihe ni iki ngo umenye ibyiza Cogebanque yakugeneye!

Banki Nyarwanda y’Ubucuruzi iri mu baterankunga b’imena ba Tour du Rwanda 2023. Ni yo ihemba umukinnyi mwiza urusha abandi kuzamuka mu misozi.

Mu buryo budasanzwe Cogebanque iri gushimira abakoresha konti zabo ndetse n’imiyoboro y’ikoranabuhanga yayo ibaha impano zishimishije zirimo amafaranga, moto, amagare ya siporo, Frigo, Televisiyo n’ibindi byinshi.

Waba wifuza nawe kuba umunyamahirwe? Nta kindi bisaba, tangira uyu munsi ubitsa kuri konti isanzwe cyangwa iyo kuzigama, wishyure ukoresheje Cogebanque Debit Mastercard cyangwa SmartCash ndetse ukoreshe *505# na application ya coge mBank utsinde bishimishije.

Muri Tour du Rwanda 2023 ntibisanzwe!

Cogebanque iri gushimira by’umwihariko aba-agents bari gushishikariza abakiriya bayo n’abifuza kuyigana gukoresha serivisi za Cogebanque.

Nawe watangira uyu munsi ukaba umwe mu banyamahirwe batsindira ibihembo bihebuje birimo amafaranga, mudasobwa, smartphones n’ibindi.

Niba wifuza kuba umunyamahirwe tangira uyu munsi ushishikariza kandi unatanga serivisi zo gufunguza konti, kubitsa n’iz’ikoranabuhanga bihoraho maze utsinde bishimishije.

11:45: Abasiganwa bageze i Rubengera. Ikinyuranyo cyasigaye ari amasegonda 35 gusa nyuma yo gusatira cyane kw’Ikipe ya Soudal Quick-Step.

11:39: Ku kilometero cya 113, ubu abakinnyi batanu ni bayoboye isiganwa: Bonnet na Vercher (TotalEnergies), Arefayne (Érythrée) na Stewart (Bolton). Chris Froome yari yasohotse mu gikundi ariko barongeye baramufata mbere yo kumanuka. Ikinyuranyo ni amasegonda 40.

11:33: Isiganwa rigeze mu bilometero 20 bya nyuma.

Batatu bayoboye isiganwa bashyizemo amasegonda 30 hagati yabo n’abandi batatu babakurikiye mu gihe igikundi cyasigaye ho amasegonda 40.

 Amafoto y’abasiganwa mu muhanda:

11:19: Igikundi gifashe Manizabayo Eric ‘Karadiyo’ mu gihe bageze ku kilometero cya 100, basizwe iminota ibiri na batatu bayoboye isiganwa.

11:17: Igikundi kiyobowe n’abakinnyi ba TotalEnergies.

11:09: Mu gihe abakinnyi b’imbere batangiye kuzamuka, bongereye ikinyuranyo hagati yabo na Manizabayo kiba amasegonda 45. Igikundi kiri inyuma ho iminota ibiri n’amasegonda 15.

Abanyarwanda bahagurukanye icyizere nubwo bagowe mu duce dutatu tubanza

11:02: Abasiganwa bageze i Gisiza ku kilometero cya 94. Manizabayo yasigaye amasegonda 35 naho igikundi gisigara iminota ibiri n’amasegonda 20.

11:00: Manizabayo Eric yasizwe amasegonda 20 mu gihe igikundi cyasizwe iminota ibiri n’amasegonda 20.

10:56: Nyuma yo kurenga mu Nkomero, Manizabayo Eric asizwe na bagenzi be bari kumanuka.

10:43: Impuzandengo y’umuvuduko mu isaha ya kabiri y’isiganwa ni 36,2 km/h. Impuzandengo rusange ni 41,1 km/h.

10:40: Abakinnyi bane bayoboye isiganwa bakomeje gutuma ikinyuranyo kiguma ku minota ibiri n’amasegonda 40.

10:32: Stewart na Iribar bafashe Arefayne na Manizabayo Eric mu gihe batangiye kumanuka berekeza i Gacaca.

10:28: AMANOTA Y’UMUSOZI WA KABIRI ATANGIWE KURI GISHWATI YEGUKANYWE na:

1. Arefayne
2. Manizabayo
3. Stewart
4. Iribar

10:24: Abasiganwa bageze Kivugiza nyuma yo kugenda ibilometero 66. Igikundo kiri kugerageza kugabanya ikinyuranyo, ubu hasigayemo iminota ibiri n’amasegonda 45.

10:13: Abasiganwa bageze i Kabuye. Abayoboye isiganwa basize igikundi iminota ibiri n’amasegonda 50.

10:01: Igikundi kigeze Gatyazo kiyobowe na Green Project-Bardiani ya Henok Mulueberhan wambaye umwenda w’umuhondo. Ikinyuranyo ni iminota itatu n’amasegonda atanu.

09:53: Abakinnyi bageze Pfunda. Ikinyuranyo hagati y’abayoboye isiganwa n’igikundi ni iminota itatu n’amasegonda 15.

09:42: Ibilometero 44 ni byo byakozwe mu isaha ya mbere y’isiganwa.

09:30: Abakinnyi bayoboye isiganwa bageze Shaba ku kilometero cya 30. Bashyizemo iminota itatu n’amasegonda 10.

09:28: AMANOTA Y’UMUSOZI WA MBERE YEGUKANYWE na:

1. Arefayne
2. Manizabayo
3. Stewart
4. Iribar

09:27: Batangiye kuzamuka mu Bigogwe. Abakinnyi bayoboye isiganwa basize igikundi iminota ibiri n’amasegonda 45.

09:20: Eric Manizabayo ‘Karadiyo’ ageze mu gace k’iwabo ari mu bakinnyi bayoboye. Abafana bishimiye kumubona ndetse bamuhaye amashyi menshi.

09:17: Maatougui wa Maroc yamaze gufatwa n’igikundi

09:16: AMANOTA YA SPRINT YA MBERE atangiwe ku Mukamira yegukanywe na: 1. Stewart, 2. Iribar, 3. Arefayne.

09:11: Maatougui yasizwe amasegonda 15 naho igikundi kimaze gusigwa amasegonda 50.

09:09: Abakinnyi bari imbere ni Iribar (Euskaltel), Stewart (Bolton), Arefayne (Erythrée) na Manizabayo (Rwanda).

Maatougui (Maroc) yasizwe amasegonda 10 naho igikundi cyasizwe amasegonda 30.

09:07: Ubu ikinyuranyo ni amasegonda 10 hagati y’abakinnyi bane bayoboye n’igikundi ubona ko gituje.

09:04: Mu Byangabo, abakinnyi bane bacomotse mu gikundi bahita bayobora isiganwa.

Amateka y’Umujyi wa Musanze n’uwa Karongi muri Tour du Rwanda

Muri rusange, ni ku nshuro ya 25 kuva mu 2012, Umujyi wa Musanze ugezemo Tour du Rwanda ubariyemo igihe yatangiriyemo isiganwa cyangwa igihe ryahasorejwe.

Ni ku nshuro ya 12 utangiriyemo iri siganwa kuva ribaye mpuzamahanga.

Karongi, ni ubwa munani igezemo Tour du Rwanda harimo inshuro enye yasorejwemo isiganwa.

Ubwo Tour du Rwanda iheruka kugana muri aka Karere ko mu Burengerazuba, hatsinze Umunya-Colombia Ávila Edwin mu 2019 mu gihe mu 2018 hatsinze Umunyamerika Rugg Timothy (ari na ko gace rukumbi kahagurukiye i Musanze mbere y’agakinwa kuri uyu wa Gatatu).

Umunyarwanda aheruka gutsindira i Karongi ni Ndayisenga Valens mu 2016 mu gihe Umunya-Canada Langlois Bruno yahatsindiye mu 2012.

08:58: Mugisha Moïse (Rwanda) agerageje gucika abandi ku kilometero cya munani ariko ntibirambye kuko bahise bamugarura.

Uyu munsi umeze nk’ikiruhuko ku bakinnyi bayoboye isiganwa

Umunyamakuru wa RBA, Kayishema Thierry Tity, yabwiye IGIHE ko isiganwa ry’uyu munsi ritareba cyane abakinnyi bakomeye ndetse bayoboye isiganwa, ahubwo bararyifashisha baruhuka kugira ngo bitegure agace ka Rusizi-Rubavu kazakurikiraho.

Ati “Ni ukuvuga ngo iyo ugeze i Musanze, uretse kuzamuka ku Musanze, ufata Byangabo, wamara gukata hariya, ibisigaye byose ni ukumanuka. Bivuze ko iyo ugiye kuyikina, ikintu cyose ugiye gukora ugitekereza mbere y’uko ugera muri Rubengera kuko kuva aho kugera i Karongi haramanuka keretse ugiye kugera ku Kivu.”

Yakomeje agira ati “Abakinnyi bakomeye ntabwo bazayikina cyane kubera ko bazaba bashaka kugira ngo bategure étape ikomeye ishobora no kugira byinshi ihindura kuko izaba izamuka cyane kuva itangira kugera isoje, iyo ni étape izava i Rusizi igera mu Karere ka Rubavu.”

08:53: Ormiston (Afurika y’Epfo) afashwe n’igikundi bageze ku kilometero cya karindwi.

08:51: Abakinnyi benshi bari kugerageza gukurikira Ormiston (Afurika y’Epfo) washyizemo amasegonda 10.

08:50: Mu gihe bari kuzamuka hafi ya Prime Ciment, Ormiston (Afurika y’Epfo) yasohotse mu gikundi.

08:44: Abakinnyi benshi batangiye kugerageza gusohoka mu gikundi ngo bagende bonyine.

08:40: ISIGANWA NYAKURI RIRATANGIYE. Abakinnyi batangiye kubarirwa ibihe nyuma yo kwinjira mu muhanda w’amabuye mu Kagari ka Ruhengeli.

08:32: Abakinnyi bahagurutse ni 82. Birumvikana ko abamaze kuvamo kuva isiganwa ritangiye ni 11.

08:30: ISIGANWA RIRATANGIYE: Abakinnyi bahagurutse ku isoko rya Musanze. Bagiye gukora intera ya kilometero 1,8 hatabarwa ibihe.

Henok Mulueberhane ashobora kwegukana Tour du Rwanda 2023

Uyu Munya-Eritrea uheruka kwegukana Shampiyona Nyafurika yabereye muri Ghana, iminsi mike mbere y’uko Tour du Rwanda 2023 itangira, ni uwo guhanga amaso cyane.

Mu mwaka ushize, yasoje Tour du Rwanda 2022 ari ku mwanya wa gatanu.

Kuri ubu, mu duce tubiri tubanza, yakomeje kuba hafi ya Ethan Vernon wari wambaye umwenda w’umuhondo none byarangiye awambariye i Musanze ku gace ka gatatu gusa.

Uburyo yatsinzemo abarimo Victor de la Parte muri metero 100 za nyuma ngo bagere ku murongo i Musanze ndetse n’uburyo yari amaze gufata icyemezo cyo gusiga igikundi bazamuka bwa nyuma bigaragaza ko uyu mukinnyi w’imyaka 24 ashaka gukora amateka, agatera ikirenge mu cya ba Merhawi Kudus na Natnael Tesfazion.

Imiterere y’Agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2023

Muri make, ni agace kihariye ndetse gatandukanye n’utundi twose tugize Tour du Rwanda 2023 kuko karamanuka.

Abakinnyi barahagurukira i Musanze ku isoko berekeza i Karongi, babanze gukora intera ya kilometero 1,8 hatabarwa ibihe.

Akazamuko basa n’abari bukore ni ako mu Gataraga bagana mu Byangabo, ubundi bafate umuhanda wa Mukamira, Mahoko, Kageyo, Murunda, Rutsiro na Rubengera kugera ku Kibuye (i Karongi) imbere y’ibiro bya WASAC.

Gusa, hari utundi dusozi turi muri iyi nzira ndetse two tuza gutangirwaho amanota. Harimo aka Bigogwe ku kilometero cya 29,4, ako muri Gishwati ku kilometero cya 72,7 ndetse na Rutsiro ku kilometero cya 105,6.

Amanota ya ‘sprint’ aratangirwa kuri Sitasiyo SP ya Mukamira ku kilometero cya 22,5 ndetse no ku ya Rubengera ku kilometero cya 121,7.

07:50: Kuri ubu hari kwerekanwa abakinnyi bagiye gukina isiganwa ry’uyu munsi. Ku wa Kabiri, hasoje abakinnyi 82.

Kubera imvura yaguye, hari benshi baguye ku buryo hari abandi bashobora kuvamo ntibakine kuri uyu wa Gatatu.

07:30: Abagendera mu modoka zamamaza muri Tour du Rwanda bamaze guhaguruka.

Abari muri iki gice, bagenda isaha mbere y’uko isiganwa rihaguruka.

Twibukiranye uko abakinnyi bitwaye neza ku munsi wa gatatu

  • Umukinnyi wambaye ‘Maillot Jaune’ wahembwe na Visit Rwanda: Mulueberhan Henok (Green Project Bardiani)
  • Umukinnyi wahize abandi mu guterera imisozi wahembwe na Cogebanque: Marc Olivier Pritzen (EF Education- Nippo)
  • Umukinnyi muto witwaye neza wahembwe na Prime Insurance: Lecerf William Junior (Soudal Quick-step)
  • Umukinnyi wahize abandi muri ‘sprint’ wahembwe na SP: James Fouche (Bolton Equities)
  • Umukinnyi wegukanye Agace ka Huye- Musanze: Mulueberhan Henok (Green Project Bardiani)
  • Umunyarwanda mwiza: Muhoza Eric (Bike Aid)
  • Umunyafurika mwiza wahembwe na RwandAir: Mulueberhan Henok (Green Project Bardiani)
  • Umukinnyi wahatanye kurusha abandi wahembwe na Horizon Express: Marc Olivier Pritzen (EF Education- Nippo)
  • Umukinnyi wayoboye isiganwa igihe kirekire wahembwe na Bella Flowers: Nsengimana Jean Bosco (Team Rwanda)
  • Ikipe y’Umunsi yahembwe na Inyange Industries: Soudal Quick-step.

IKAZE MURI ETAPE 4 ya Tour du Rwanda 2023

Tubahaye ikaze nanone mu isiganwa mpuzamahanga rizenguruka u Rwanda mu mukino wo gusiganwa ku magare "Tour du Rwanda 2023", ryakomeje kuri uyu wa Gatatu hakinwa umunsi waryo wa kane, mu gace gahagurukira i Musanze kerekeza i Karongi ku ntera y’ibilometero 138,3.

  • Etape 4: Musanze- Karongi
  • Intera: Kilometero 138,3
  • Isaha yo guhaguruka: Saa 08:30
  • Isaha yo gusoza: Hagati ya saa 11:57 na 12:13.

Tour du Rwanda ni cyo gikorwa cy’imikino cyonyine kigera mu Ntara zose z’u Rwanda kandi gikurikiranwa n’Abanyarwanda benshi badasabwe ikiguzi na gito, muri make ni ku buntu.

Ni inshuro ya gatanu iri siganwa rigiye kuba riri ku kwego rwa 2.1 nyuma y’ane aheruka, yegukanywe n’Abanya-Erythrée; Merhawi Kudus mu 2019, Natnael Tesfazion mu 2020, Umunya-Espagne Cristian Rodriguez ndetse na Natnael Tesfazion wa Androni mu 2022.

Tour du Rwanda yatangiye gukinwa mu 1988, yabaye mpuzamahanga kuva mu 2009, aho yashyizwe ku cyiciro cya 2.2 kugeza mu 2018.

Itandukaniro ry’ibi byiciro byombi riba ko mu isiganwa riri kuri 2.1, amakipe yemerewe gutumirwamo arimo ayo mu cyiciro cya mbere ‘World Tour’ atarenze 50% y’amakipe yose agize isiganwa, n’amakipe yo mu cyiciro cya kabiri ‘Pro-Continental teams’, naho isiganwa riri ku cyiciro cya 2.2 ryo amakipe yemerewe gutumirwa ni ayo mu cyiciro cya gatatu gusa bita ‘Continental teams’ n’amakipe y’ibihugu yo ku mugabane irushanwa ryabereyeho.

Reba amashusho y’uko byari byifashe mu gace ka gatatu

Mu mafoto: Reba ibyaranze Etape ya Gatatu ya Huye-Musanze muri Tour du Rwanda 2023

Amafoto: Igirubuntu Darcy na Yuhi Irakiza Augustin

Video: Mugisha Dua


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages