Montréal izakira Shampiyona y’Isi y’Amagare igiye kuba ku nshuro ya 99, ikurikiye iyabereye i Kigali mu 2025, bikaba byari ubwa mbere iri rushanwa ribereye ku Mugabane wa Afurika.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yarimaze hafi ukwezi mu mwiherero yakoreraga muri UCI Regional Satellite Centre i Musanze, irahaguruka i Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa 16 Nzeri 2026.
Mu bakinnyi 19 bari bamaze iminsi umwiherero, 14 ni bo berekeza muri Canada.
Mu bagabo hasigaye Niyonkuru Samuel, Ruhumuriza Aimé na Mugabo Jules naho mu bagore hasigara Uwiringiyimana Liliane na Kanyange Zawadi.
Nsengumva Shemu ni we mukinnyi rukumbi uzahagararira u Rwanda mu bagabo mu gihe mu batarengeje imyaka 23 hazahatana Nshutiraguma Kevin na Ufitimana Shadrack.
Mu ngimbi, abakinnyi bane bazakina Shampiyona y’Isi y’uyu mwaka ni Muhawenimana Jonathan, Byusa Pacifique, Ishimwe Bryan na Nkurikiyinka Jackson.
Ingabire Diane, Nirere Xaverine na Nyirarukundo Claudette bazahagararira u Rwanda mu bagore naho mu batarengeje imyaka 23 hitabire Byukusenge Mariate na Mwamikazi Jazilla.
Abakobwa babiri bazahatana mu bangavu ni Akimana Donata w’imyaka 17 na Masengesho Yvonne w’imyaka 18.
Mu 2025, abakinnyi 23 ni bo bahagarariye u Rwanda ubwo Shampiyona y’Isi y’Amagare yari yabereye i Kigali.
Kuri ubu abagiye kongera kuyitabira ni 11 ari bo Nsengiyumva Shemu, Ufitimana Shadrack, Nshutiraguma Kevin, Ishimwe Brian, Byusa Pacifique, Nkurikiyinka Jackson, Ingabire Diane, Nyirarukundo Claudette, Mwamikazi Jazilla, Nirere Xaveline na Masengesho Yvonne.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!