00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abakinnyi batatu b’Abanyarwanda batumiwe muri Tour de France

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 4 July 2024 saa 07:08
Yasuwe :

Abakinnyi umunani bakiri bato bakomoka muri Afurika, barimo Abanyarwanda batatu, batumiwe muri Tour de France igeze ku munsi wayo wa gatandatu kuri uyu wa Kane, tariki ya 4 Nyakanga 2024.

Muri iri rushanwa ryo gusiganwa ku magare rifatwa nk’irya mbere ku Isi, tariki ya 4 Nyakanga 2024 yagizwe "Umunsi wa Afurika", yahuriranye n’ibirori byo kwizihiza imyaka 30 ishize kuva u Rwanda rwibohoye, ni mu gihe kandi habura umwaka umwe ngo rube igihugu cya mbere cyo kuri uyu Mugabane cyakiriye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu 2025.

Ni muri urwo rwego, abakinnyi umunani bakiri bato barimo abahungu bane n’abakobwa bane, batumiwe muri Tour de France ndetse barerekanwa kuri uyu wa Kane aho abakinnyi basinyira mu gitondo mbere yo guhaguruka mu Gace ka Gatandatu aho bava i Mâcon berekeza i Dijon ku ntera y’ibilometero 163,5.

Muri abo harimo Abanyarwanda batatu, Umunya-Érythrée, Umunya-Afurika y’Epfo, Umunya-Tunisia, Umunya-Misiri n’Umunya-Namibia aho bahura n’abakinnyi b’Abanyafurika bakinira Intermarché-Wanty ari bo Umunya-Érythrée Biniam Girmay watwaye Agace ka Gatatu ku wa Mbere i Turin ndetse n’Umunya-Afurika y’Epfo Louis Meintjes, mbere yo gukora intera y’ibilometero 30 bya nyuma ku igare.

Nshutiraguma Kevin, Mwamikazi Djazila na Shyaka Janvier ni bo bakinnyi b’Abanyarwanda bitabira iki gikorwa aho bose bamaze iminsi i Burayi mu mwiherero bakorera muri Kigo cya UCI. Hamwe na bagenzi babo bahuriye muri iyi gahunda ya Tour de France, baraherekezwa n’Umunya-Ethiopia Tsgabu Grmay wakinnye iri rushanwa inshuro eshatu hagati ya 2016 na 2018.

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY), Ndayishimiye Samson, ari mu itsinda ryahagarariye u Rwanda muri Tour de France mu gihe habura umwaka ngo rwakire Shampiyona y’Isi izabera i Kigali muri Nzeri 2025.

Indi nkuru wasoma: Tour de France 2024: Mark Cavendish yatwaye ’etape’ ya 5, yandika amateka

Nshutiraguma Kevin ni umwe mu bakinnyi umunani b'Abanyafurika berekanwa mbere y'uko Agace ka Gatandatu ka Tour de France gatangira
Mwamikazi Djazila na we ari muri abo bakinnyi umunani barimo abakobwa bane
Shyaka Janvier ni undi Munyarwanda uri mu Bufaransa
Umunya-Ethiopia Tsgabu Grmay wari muri Tour du Rwanda ya 2024, yakinnye Tour de France inshuro eshatu
Abakinnyi b'Abanyafurika umunani barahura n'abarimo Umunya-Érythrée Biniam Girmay wegukanye Agace ka Gatatu ka Tour de France 2024 ku wa Mbere

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages