Tour du Rwanda igiye kuba ku nshuro ya 18 kuva ibaye mpuzamahanga, izatangira ku Cyumweru tariki ya 22 Gashyantare, isozwe ku wa 1 Werurwe 2026.
Imwe mu makipe 18 azakina iri rushanwa ni Team Amani yo mu Rwanda, ariko ikaba ibarizwa cyane muri Kenya aho ikunda kwitoreza.
Abakinnyi izifashisha muri Tour du Rwanda igiye gukina ku nshuro ya kabiri bayobowe na Muhoza Eric uzakina iri rushanwa ku nshuro ya gatandatu, kuva mu 2021.
Undi Munyarwanda uzakinira iyi kipe ni Niyonkuru Samuel uri mu bitezwe cyane, aho yagaragaje urwego rwo hejuru mu mwaka ushize ndetse akaba yari muri Team Rwanda yakinnye Tour of Sharjah ya 2026, akabamo uwa karindwi.
Abandi bakinnyi batatu basigaye ni Umunya-Uganda Shafik Mugalu wakinnye Tour du Rwanda ya 2025 ari muri Java-InovoTec, mugenzi we Paul Miiro n’Umunya-Eritrea Amaniel Twelhmidin.
Muhoza Eric na Niyonkuru Samuel biyongereye ku bandi bakinnyi batanu b’Abanyarwanda bazaba bagize Team Rwanda.
Ni mu gihe abandi bazava muri Benediction Banafrica Team na May Stars na zo zo mu Rwanda, ariko zitaratangaza urutonde rw’abo zizifashisha.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!