00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abatekinisiye ba UCI bazitabira isozwa rya Tour du Rwanda 2023

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 25 February 2023 saa 09:40
Yasuwe :

Itsinda ry’abashinzwe tekinike mu Mpuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) rizitabira isozwa rya Tour du Rwanda 2023 kugira ngo rirebe imihanda izakoreshwa muri Shampiyona y’Isi y’Amagare izakirwa n’u Rwanda mu 2025.

Tour du Rwanda 2023 iri kugana ku musozo aho kuri ubu igeze ku Gace ka Karindwi, kabanziriza aka nyuma kazakinwa ku Cyumweru, tariki ya 26 Gashyantare.

Amakuru IGIHE yamenye ni uko hari itsinda ry’abashinzwe tekinike mu Mpuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare ku Isi (UCI) rizareba Agace ka Munani kazakinirwa mu Mujyi wa Kigali mu rwego rwo kureba imihanda izakoreshwa muri Shampiyona y’Isi izabera mu Rwanda mu myaka ibiri iri imbere.

Perezida w’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino w’Amagare, Murenzi Abdallah, yemereye IGIHE ko aba bashyitsi bategerejwe ndetse biteganyijwe ko bagera i Kigali kuri uyu wa Gatandatu.

Ati “Ni ko biteganyijwe. Bazaza. Barahagera ejo nijoro [kuri uyu wa Gatandatu].”

Muri Nzeri 2021, ni bwo u Rwanda rwahawe kwakira Shampiyona y’Isi y’Amagare izabera bwa mbere muri Afurika mu 2025.

Uruzinduko rw’izi ntumwa za UCI rurakurikira urwa Jacques Landry ushinzwe Iterambere ry’Umukino w’Amagare muri urwo rwego, uheruka kwitabira itahwa ry’ikibuga “The field of Dreams” cyubatswe n’Ikipe ya Israel-Premier Tech mu Karere ka Bugesera.

Ku nshuro zitandukanye, abayobozi ba UCI barimo Perezida wayo, David Lappartient n’Umuyobozi Mukuru, Amina Lanaya, basuye u Rwanda banareba tumwe mu duce rwa Tour du Rwanda.

Tour du Rwanda 2023 izasozwa ku Cyumweru, tariki ya 26 Gashyantare
Perezida wa FERWACY, Murenzi Abdallah, ari kumwe na Guverineri w'Intara y'Iburengerazuba, Habitegeko François, ubwo hatangizwaga Agace ka Rubavu-Gicumbi ku wa 24 Gashyantare

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages