00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amafoto yaranze Etape II ya Tour du Rwanda 2023

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 20 February 2023 saa 08:23
Yasuwe :

Umwongereza Ethan Vernon wa Soudal Quick-step yongeye kwerekana ko ari uwo kwitondera uyu mwaka, yegukana Agace ka Kabiri ka Tour du Rwanda 2023 nyuma yo gukoresha amasaha atatu, iminota 21 n’amasegonda 30 ku ntera y’ibilometero 132,9 yahagurukiye muri Kigali Car Free Zone igasorezwa i Gisagara.

Nk’uko byagenze i Rwamagana ku munsi wa mbere, Vernon yongeye gucika abandi ubwo bari kumwe mu gikundi mbere yo kurenga gato ku cyicaro cya REG kiri i Gisagara.

Uyu mukinnyi umaze kwigaragaza nk’umuhanga wo kwitega mu gihe kiri imbere, yatanze abandi ku murongo wari imbere ya ’Gymnase’ ya Gisagara, akomeza kwambara umwenda w’umuhondo.

Yakurikiwe n’abandi barimo Henok Mulueberhan wa Green Project Bardiani ndetse na Meijers Jeroen wa Terengganu Cycling Polygon. Kugeza ku mukinnyi wa 46, bose banganya ibihe kuko basoreje mu gikundi.

Chris Froome yabaye uwa 47 asizwe amasegonda umunani.

Muhoza Eric ukinira Bike Aid yabaye Umunyarwanda wasoreje hafi aba uwa 28 naho Niyonkuru Samuel wa Team Rwanda aba uwa 30. Manizabayo Eric yabaye uwa 34.

Nyuma y’uduce tubiri tumaze gukinwa, Ethan Vernon ayoboye urutonde rusange amaze gukoresha amasaha atandatu, iminota irindwi n’amasegonda 22, anganya ibi bihe n’abandi bakinnyi 44 barimo Niyonkuru Samuel na Manizabayo Eric ba Team Rwanda mu gihe Chris Froome arushwa amasegonda umunani ku mwanya wa 46.

Tour du Rwanda 2023 izakomeza ku wa Kabiri, tariki ya 21 Gashyantare, hakinwa Agace ka Gatatu kazahagurukira i Huye kerekeza i Musanze ku ntera y’ibilometero 199,5.

Rwarutabura ufana Rayon Sports, ntiyatanzwe no mu Magare
Abatwara moto zishinzwe umutekano mu isiganwa
Olivier Grandjean ushinzwe ibijyanye na tekinike muri Tour du Rwanda
Bamwe mu bakomiseri ba Tour du Rwanda 2023 bafata ifoto
Team Rwanda igera muri Kigali Car Free Zone
Ethan Vernon aganira n'itangazamakuru mbere y'isiganwa
Niyonkuru Samuel na Masengesho Vainqueur ba Team Rwanda bagera ahatangiriye isiganwa
Polisi y'Igihugu ikora ibishoboka byose ngo abasiganwa bagereyo amahoro
Ethan Vernon wambaye umwenda w'umuhondo asuhuzanya na Murenzi Abdallah uyobora FERWACY
Perezida wa FERWACY, Murenzi Abdallah, aganira na Nsengimana Bosco mbere y'isiganwa
Abakinnyi bambaye imyambaro yihariye ni bo bahaguruka mbere
Abakinnyi batambuka kuri Rond-point mu Mujyi wa Kigali
Ubwo abasiganwa bamanukaga kuri Yamaha berekeza Nyabugogo
Abakinnyi basesekara i Nyabugogo aho bari bategerejwe n'abatari bake
Nk'uko bisanzwe, IGIHE yaherekeje Tour du Rwanda mu bice byose izageramo mu gihugu
Nyabugogo hari abantu benshi bategereje kureba abasiganwa ku magare
Ubwo abakinnyi b'amagare bari bageze Nyabugogo ariko bagendera hamwe kuko ibihe byatangiye kubarwa bageze ku Gitikinyoni
Khafi Oussama aganira na mugenzi we (bombi bakinira Maroc) mu isiganwa
Ubwo isiganwa ryari rigeze i ku Ruyenzi ryerekeza i Kamonyi
Marc Oliver Fritzen ayoboye isiganwa
Mugisha Moïse ari mu bakinnyi bagerageje kwiyomora ku gikundi nubwo bitamukundiye
Abasiganwa bazamuka mu Ruhango
Ubwo abakinnyi bazamukaga umusozi muri aka gace kasorejwe i Gisagara
Ifoto yafashwe n'umufotozi wa IGIHE ubwo abakinnyi basatiraga i Muhanga
Marc Olivier Pritzen wa EF Education Nippo yinjira mu Mujyi wa Muhanga
Abakinnyi binjira mu Karere ka Ruhango
Isiganwa ryaranzwe no kugendera hamwe mu gikundi uretse abarimo Pritzen bagerageje gutoroka
Bamwe mu bafana bakomera amashyi abakinnyi batambukaga
Umukinnyi w'Ikipe y'u Bwongereza waguye, Charlton Josh, yahise ava mu isiganwa
Umwe mu bafana agerageza gutera imbaraga abakinnyi b'amagare bamanuka
Marc Olivier Pritzen wa EF Education Nippo yayoboye isiganwa igihe kirekire
Ubwo abasiganwa basatiraga i Nyanza
Abasiganwa batambuka mu Mujyi wa Huye
Abakinnyi bagendera ku murongo ubwo isiganwa ryerekezaga i Gisagara kuri uyu wa Mbere
Mu mukino w'amagare habaho gukorana nk'ikipe
Mu isiganwa, hari ababa bashinzwe umutekano w'abakinnyi
Umunyamakuru David Bayingana ni umwe mu bashyushyarugamba baba bari aho isiganwa risorezwa
Ethan Vernon yatanze abandi kugera ku murongo nyuma yo gutambika mu gikundi
Umwongereza Ethan Vernon ukinira Soudal Quick-step yegukanye Etape ya Kabiri ya Tour du Rwanda 2023
Vernon w'imyaka 22 ni we wakomeje kwambara umwenda w'umuhondo
Niyitegeka Gratien uzwi nka 'Papa Sava' ni umwe mu baherekeje Tour du Rwanda ari kumwe na MySol
Vernon Ethan (Soudal Quick-step) akomeje kwerekana ko ari uwo kwitega
Marc Olivier Pritzen (EF Education- Nippo) yahize abandi mu guterera imisozi
James Fouche wa Bolton Equities yongeye guhiga abandi muri 'sprint'
Umunya-Eritrea Muluebrhan Henok akomeje kuba Umunyafurika mwiza muri Tour du Rwanda 2023
Henok Mulubrhan ni we ukomeje kwambara umwambaro w'Umunyafurika mwiza muri Tour du Rwanda 2023
Marc Olivier Pritzen wa EF Education Nippo yahembwe nk'umukinnyi wayoboye isiganwa igihe kirekire
Umukinnyi wahatanye kurusha abandi wahembwe na Horizon Express ni Marc Olivier Pritzen ukinira EF Education- Nippo
Terengganu Polygon yahembwe nk'ikipe yitwaye neza kuri uyu wa Mbere

Amafoto: Igirubuntu Darcy na Yuhi Irakiza Augustin


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages