00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyarwanda ntibahiriwe n’umunsi wa mbere muri ‘La Tropicale Amissa Bongo 2016’

Yanditswe na

Manzi Lema Jules

Kuya 19 January 2016 saa 01:36
Yasuwe :

Ikipe y’igihugu y’umukino wo gusiganwa ku magare yitabiriye isiganwa rya La Tropicale Amissa Bongo ribanziriza ayandi mu mwaka, ntiyahiriwe n’umunsi wa mbere kuko mu bakinnyi 10 ba mbere nta Munyarwanda wabashije kuzamo.

Kuri uyu wa mbere, basiganwe ku ntera y’ibirometero 146, bahagurutse ahitwa Kango basoreza ahitwa Lambarene. Uwabaye uwa mbere ni Umutaliyani w’imyaka 26, Palini Andrea ukinira Skydive Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, akoresheje amasaha 3:28:18.

Yakurikiwe n’Umunya-Belarus Yauheni Hutarovich w’imyaka 32 ukinira ikipe ya Fortuneo-Vital Concept yo mu Bufaransa.

Abasiganwaga bageze ku murongo ari ikivunge ku buryo kuva kuwa mbere kugera kuwa 38 bose bahagereye rimwe bakanahabwa ibihe bingana. Muri bo harimo Abanyarwanda bane.

Umunyarwanda waje hafi ni Camera Hakuzimana w’imyaka 23 wabaye uwa 14, Bintunimana Emile, aba uwa 32, Byukusenge Patrick aza ku mwanya wa 34, kapiteni Hadi Janvier yabaye uwa 40, Uwizeye Jean Claude aba uwa 42 naho Aleluya Joseph aza ku mwanya wa 58.

Aleluya Joseph niwe wahembwe nk’umukinnyi mwiza ahazamuka nubwo ku rutonde rusange atabashije kuza mu b’imbere.

Nsengimana Jean Bosco wegukanye Tour du Rwanda 2015 agahita agurwa n’ikipe ya Bike Aid, yabaye uwa 20 muri rusange aba n’uwa kabiri muri iyi kipe inyuma y’umunya Eritrea Meron Teshome nawe baherutse kugura, bombi bakaba bakinaga umukino wa mbere muri iyi kipe.

Kuri uyu wa Kabiri barahaguruka ahitwa Fougamou basoreze Mouila ku ntera y’ibiromeyero 105.

Bagiye ari ikivunge barinda ku murongo
Nsengimana (wa kane ivuye iburyo) yagaragaye bwa mbere yambaye umwambaro wa Bike Aid yamuguze mu gihe cy'umwaka
Ikipe y'abakinnyi batandatu yagiye guhagararira u Rwanda muri Gabon

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages