00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amagare: Team Rwanda, Biniam na Le Court mu bahataniye ibihembo by’umwaka muri Afurika

Yanditswe na Eric Tony Ukurikiyimfura
Kuya 27 November 2025 saa 01:48
Yasuwe :

Abanya-Eritrea Henok Mulubrhan, Biniam Girmay na Milkias Maekele ni bo batatu ba nyuma bahataniye igihembo cy’umukinnyi mwiza w’umwaka mu bagabo bakina umukino w’amagare mu bihembo bya “Africa Cycling Excellence Awards (ACEA)” bizatangirwa i Kigali mu mpera z’iki cyumweru.

Ibirori byo gutanga ibi bihembo bigiye kuba ku nshuro ya mbere biteguwe n’Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare muri Afurika (CAC), bizabera muri Zaria Court Kigali ku wa 29 Ugushyingo 2025, guhera Saa Kumi n’Ebyiri z’umugoroba.

Kuri uyu wa Kane, tariki ya 27 Ugushyingo 2025, iminsi ibiri mbere y’uko haba iki gikorwa, ni bwo hatangajwe abakinnyi batatu ba nyuma basigaye bahataniye igihembo muri buri cyiciro.

Mu bagabo babigize umwuga, igihembo cy’umukinnyi w’umwaka kizajya muri Eritrea ariko uzacyegukana azamenyekana ku wa Gatandatu hagati ya Henok Mulublhan, Biniam Girmay na Milkias Maekele.

Mu bagore, Abanya-Ethiopia Kahsay Tsige Kiros na Selam Amha Gerefiel ndetse na Kimberley Le Court wo mu Birwa bya Maurice, ni bo batatu ba nyuma bahataniye igihembo gikuru.

Aba bakinnyi batatu bavuye muri 18 barimo Abanyarwandakazi babiri ari bo Ingabire Diane na Nirere Xaveline.

Umunya-Mali Tiémoko Diamouténé, Umunya-Afurika y’Epfo Blaine Kieck na Paul Daumont wo muri Burkina Faso ni bo bazavamo umukinnyi w’umwaka utarabigize umwuga.

Ni mu gihe Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’umukino w’Amagare (Team Rwanda) iri muri atatu azavamo ikipe y’umwaka aho ihanganye n’Ibirwa bya Maurice na Eritrea.

Abategura ibi bihembo baheruka gutangaza ko ibizagenderwaho mu kubitanga ari umusaruro abahatanye babonye kugeza muri Shampiyona y’Isi y’Amagare yabereye i Kigali muri Nzeri 2025.

Muri ibi bihembo kandi hazahembwa n’abakinnyi b’Abanyarwanda bitwaye neza mu bagabo n’abagore.

Mu bagabo, iki gihembo gihataniwe na Byukusenge Patrick, Manizabayo Eric, Masengesho Vainqueur, Mugisha Moïse, Nsengiyumva Shemu, Ntirenganya Moïse, Nshutiraguma Kevin, Niyonkuru Samuel na Nkundabera Eric.

Mu bagore ni Ingabire Diane, Irakoze Neza Violette, Liliane Uwiringiyimana, Mwamikazi Jazilla, Nirere Xaveline, Ntakirutimana Martha, Nyirarukundo Claudette na Yvonne Masengesho.

Team Rwanda iri mu makipe atatu azavamo iy'umwaka muri Afurika aho ihanganye n'Ibirwa bya Maurice na Eritrea
Biniam Girmay umaze iminsi ahagaze neza, ari mu bakinnyi bahataniye igihembo cy'uyu mwaka muri Afurika
Henok Mulubrhan ari mu bakinnyi batatu bazavamo uwahize abandi mu bagabo
Kim Le Court ni umwe mu bakinnyi bakomeye muri Afurika mu mukino w'amagare
Tsige Kiros ari mu bakinnyi b'abagore bagize umwaka mwiza muri Afurika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages