Ni ibiganiro byahuje perezida wa Ferwacy Bayingana Aimable na perezida wa UCI, Brian Cookson kuri uyu wa mbere ku cyicaro cyayo kiri ahitwa Aigle mu Busuwisi.
Mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Bayingana Aimable yavuze ko baganiriye ku ngingo nyinshi zigamije guteza imbere umukino w’amagare mu Rwanda ariko bakaba bibanze ku gushakira abakanishi b’Abanyarwanda amahugurwa, kongera umubare w’abakinnyi b’Abanyarwanda bajya gukorera imyitozo mu kigo cya UCI ndetse no kubafasha kubona ibikoresho nk’amagare n’ibindi.
Yagize ati “Twaganiriye ku kuntu twateza imbere umukino w’amagare mu Rwanda twifashishije ikigo cyacu cya Musanze ARCC (Africa Rising Cycling Center). Twavuganye ku kuba badufasha kubona ibikoresho nk’amagare abahitoreza bajya bakoresha mu gihe cy’imyitozo.”
Yakomeje agira ati “Ikindi twaganiriye ku buryo batwemerera gukora amahugurwa y’abakanishi, abayarangije bakajya bahabwa impamyabumenyi zemewe na UCI. Ingingo ya gatatu yari ukurebera hamwe uburyo badutera inkunga kugira ngo tujye dukora ikigo cy’imyitozo y’abakobwa bo mu Karere ka Afurika y’u Burasirazuba.”
UCI isanzwe itera inkunga umukino w’amagare mu Rwanda ibinyujije mu mahugurwa agenerwa abatoza, abashinzwe kubara amanota mu gihe cy’amarushanwa(abakomiseri), abakanishi n’abakinnyi.
Ishyirahamwe ry’umukino wo gusiganwa ku magare ku Isi risanzwe rigenera Ferwacy amagare akoreshwa mu gushaka impano nshya muri uyu mukino ariko ubu akaba agiye kwiyongera.



















TANGA IGITEKEREZO