00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Amagare: Umwamikazi Joy yongeye kwiharira ‘Youth Racing Cup 2024’ (Amafoto)

Yanditswe na Iradukunda Olivier
Kuya 13 May 2024 saa 07:58
Yasuwe :

Abana bari mu byiciro bitandukanye bitabiriye Umunsi wa Gatanu wa Shampiyona y’Abato yo gusiganwa ku Magare "Rwanda Youth Racing Cup 2024" aho Umwamikazi Joy Cynthia yongeye kwanikira bagenzi be ku nshuro ya gatanu yikurikiranya.

Ni umunsi wakiniwe mu Karere ka Rwamagana kuri iki Cyumweru, tariki ya 12 Gicurasi 2024, aho ryitabiriwe n’ibyiciro bitanu birimo kuva ku bari munsi y’imyaka 11 kugeza ku bari munsi ya 19.

Ryabaye irya Gatanu uyu mwaka, mu marushanwa asanzwe ahuza ibyiciro by’aba bakinnyi bato aho iminsi itatu ibanza yakiniwe i Musanze muri Mutarama, Field of Dreams mu Bugesera muri Gashyantare na Mata no muri muri Parikingi ya Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo muri Werurwe.

Dupuy Samuel wa CMC World Cycling Centre Africa yongeye yerekanye urwego rwo hejuru, aryegukana mu bahungu batarengeje imyaka 19 akoresheje imonota 48 n’amasegonda 24 azengurutse Kilometero 1,1 inshuro 30.

Uyu mukinnyi w’imyaka 17 yahigitse abarimo Twagirayezu Didier wa Kayonza Cycling Club na Manizabayo Jean de Dieu wa Sina Cycling Club.

Mu bakobwa, hatsinze Iragena Charlotte wa Ndabaga women cycling Team, aho yakoresheje iminota 49 n’amasegonda 36, asize abarimo Angelique Uwimpuhwe wa Bike For Future CT na Emelance Ishimwe bakinana.

Mu batarengeje imyaka 17, Masengesho Yvonne wa Ndabaga WCT wegukanye Umunsi wa Kane yongeye kwigaragaza ayobora abandi akurikiwe na Nishimwe Gisele wa Cine Elmay Cycling Club na Tuyizere Violette wa Les Amis Sportifs.

Mu batarengeje imyaka 13 hatsinze Sano Francis na Umwamikazi Joy Cynthia wa Benediction Cycling Team wegukanye Umunsi wa Gatanu ndetse kandi yaranegukanye indi yose yawubanjirije.

Iyi Shampiyona y’Abakiri Bato yatangijwe n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY) mu gutegura Shampiyona y’Isi izabera i Kigali mu 2025 no kuzamura impano z’abakinnyi bakiri mu myaka yo hasi ku buryo bazagenda bakurikiranwa.

FERWACY yavuze ko iyi shampiyona yatangiye muri Nyakanga 2023, izajya ikinwa buri kwezi, abakinnyi bagahabwa amanota kugira ngo abagaragaza impano babashe gukurikiranwa.

Abana bato bahawe amahirwe yo kwerekana impano yabo yo gukina umukino w'igare
David Zanetti yitwaye neza ku munsi wa Gatanu wa Youth Racing Cup 2024
Igiraneza Ogilla wa Muhazi Cycling Team yarushije abandi bana batarengeje imyaka 11 mu bakobwa
Abana batarengeje imyaka 11 bagiye gutangira gusiganwa
Liza Johovaire ni umwe mu bana bahatanye mu gace kabereye i Rwamagana
Habumuremyi Cyusa yishimira gusoza ari uwa mbere mu batarengeje imyaka 15
Shampiyona y'Abakiri bato mu Magare igeze ku munsi wa Gatanu
Sano Francis ni umwe mu bana bakomeje kwerekana ko bafite impano idasanzwe yo gusiganwa ku magare
Umwamikazi Joy Cynthia amaze kwegukana amasiganwa yose yabaye ya Youth Racing Cup 2024
Mu batarengeje imyaka 17, Masengesho Yvonne wa Ndabaga WCT yayoboye abandi
Youth Racing Cup iri kuba mu rwego rwo gutegura Shampiyona y'Isi izakirwa n'u Rwanda mu 2025
Abatarengeje imyaka 17 bazengurutse kilometero 1,1 inshuro 21
Umuyobozi wa Siporo muri Minisiteri ya Siporo, Rwego Ngarambe, yitabiriye isiganwa ryakiniwe i Rwamagana
Abasiganwa bazengurukaga intera ya kilometero 1,1
Dupuy Samuel wa CMC World Cycling Centre Africa yakoresheje imonota 48 n’amasegonda 24 kugira ngo ahige bagenzi be
Iragena Charlotte wa Ndabaga women cycling Team yitwaye neza mu batarengeje imyaka 19

Amafoto: Sendegeya Jules


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages