Rwanda Epic iri kuba ku nshuro ya gatanu, yitabiriwe n’abakinnyi 85 baturutse mu bihugu 16 barimo Abanyarwanda 18.
Agace ka Mbere kakiniwe kuri Mont-Kigali [muri Fazenda Sengha], abakinnyi basiganwa n’igihe ku ntera y’ibilometero 8,8.
Mu cyiciro cy’amakipe agizwe n’abagabo gusa, isiganwa ryegukanywe n’Ikipe ya Twin Lakes igizwe n’Umunyarwanda Banzi Buhari ukinana n’Umuholandi Louis van Zeeland bakoresheje iminota 26 n’amasegonda 26.
Bakurikiwe n’Ikipe ya Daniel Gathof ukomoka mu Budage ukina afatanyije n’Umuholandi Bart Classens, bakoresheje iminota 28.
Iyi kipe yatwaye irushanwa rya 2023, yakurikiwe n’iy’Umudage Lukas Baum watwaye Cape Epic mu 2022, kuri ubu uri gukina afatanyije n’Umunya-Kenya Dan Kiptala aho bo bakoresheje iminota 26 n’amasegonda 48.
Mu cyiciro cy’ikipe y’abagore bakina bafatanyije, aka Gace ka Mbere kegukanywe n’Umunyarwandakazi Ntakirutimana Martha ukina afatanyije n’Umuholandikazi Elodie Kuijper nyuma yo gukoresha iminota 36 n’amasegonda atatu.
Mu cyiciro cy’ikipe ivanze (umugabo n’umugore), hatsinze Abanya-Afurika y’Epfo, Bianca Haw na Wade Young, bakoresheje iminota 32 n’amasegonda 42. Bakurikiwe n’Abanya-Espagne Oscar Pujol na Mude Rodriguez, bombi batwaye irushanwa riheruka rya 2024.
Mu cyiciro cy’abakinnyi bakina ku giti cyabo, umukinnyi witwaye neza ni Umubiligi Geert Knoops wakoresheje iminota 30 n’amasegonda 11, akurikirwa n’Umunya-Norvège Thomas Naerland wakoresheje iminota 30 n’amasegonda 47 mu gihe Umunyarwanda Nkurikiyinka Jackson yabaye uwa gatatu yasizwe ibice by’amasegonda.
Rwandan Epic 2025 izakomeza ku wa Kabiri, tariki ya 2 Ukuboza 2025, hakinwa Agace ka Kabiri kazanyura kuri Mont Kabuye nyuma yo guhagurukira kuri Nyirangarama saa Tatu n’Igice za mu gitondo, mu gihe kazasorezwa mu Kigo cy’Iterambere ry’Umukino w’Amagare cya Musanze (Africa Rising Cycling Center- ARCC) ku ntera y’ibilometero 76,1.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!