Ku wa Gatatu, tariki ya 25 Mutarama 2023, ni bwo hamuritswe iyi kipe nshya izatangirana abakinnyi batandatu babigize umwuga n’abandi bakizamuka mu mukino wo gusiganwa ku magare.
Mu bakinnyi b’iyi kipe batangajwe harimo Munyaneza Didier ‘Mbappé’, Nzafashwanayo Jean Claude na Habimana Jean Eric bakiniye ProTouch yo muri Afurika y’Epfo, Niyonkuru Samuel wakiniraga Les Amis Sportifs na Nkurunziza Yves wakiniraga Benediction Club.
Undi uzakinira iyi kipe ariko akaba aterekanywe kuko atari ahari, ni Areruya Joseph wabaye umukinnyi wa mbere muri Afurika mu 2018, kuri ubu uri kumwe na Team Rwanda mu Isiganwa rya La Tropicale Amissa Bongo iri kubera muri Gabon.
Ndizeye Pascal washinze Inovotec Cycling Team ishamikiye ku kigo Pascal Technology, yavuze ko ari ikipe igiye kubaho mu buryo bugezweho ndetse biteguye guhangana n’amakipe asanzwe akomeye mu Rwanda arimo Benediction Club Kitei Pro 2020.
Ati “Turi ikipe isanzwe uyu munsi ariko ntabwo birenga amezi ane tutayandikishije nk’ikipe yitabira amasiganwa yo ku Mugabane wa Afurika. Mwitegure ihangana. Uyu mwaka Abanyarwanda bazishimira amagare. Bendiction yitegure ihangana, n’igihe tuzaba dufite abakinnyi badashobora kuzamura impano byihuse n’abanyamahanga muzababonamo.”
Yongeyeho ko hari umutoza w’umunyamahanga uzaza gutoza iyi kipe mu gihe kiri imbere, ariko muri iyi minsi bagiye kuba bafashwa na Munyaneza Didier utegurwa kuzavamo umutoza wungirije.
Ati “Mbappe uyu munsi ni Kapiteni ariko turamutegura kuzavamo umutoza. Ashobora kuzakina igihe gito gishoboka, ubundi akaba umutoza wungirije. Dufite n’undi mutoza, ari hanze, mu minsi mike azagera mu Rwanda. Ni umunyamahanga.”
Ku ruhande rw’abakinnyi, Kapiteni w’iyi kipe, Munyaneza Didier ‘Mbappé’ wagize uruhare mu gutoranya bagenzi be bazakinana, yavuze ko yashingiye ku bushobozi bwabo n’icyo bashobora kuzafasha ikipe bitewe n’abo bagiye guhangana.
Ati “Ibyo byose bishingiye ku rukundo n’ubwitange tuzagaragaza kuko Inovotec tuzaba turi umuryango, kuruta uko yaba ikipe ishingiye ku muntu.”
Perezida wa FERWACY, Murenzi Abdallah, yashimye ubuyobozi bw’iyi kipe, asaba n’abandi bafatanyabikorwa muri uyu mukino w’amagare kureberaho hagamijwe kuzamura iterambere ryawo.
Inovotec Cycling Team izatangira kwitabira amasiganwa y’imbere mu gihugu ihereye muri “Heroes Cycling Cup” izakinwa ku Cyumweru, tariki ya 29 Mutarama 2023.
Habimana Jean Eric ugiye gukinira iyi kipe, ni we wegukanye isiganwa ryo kwihiza Umunsi w’Intwari ubwo ryakinwaga bwa mbere mu 2020.
Amafoto: Shema Innocent



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!